• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze mu gihugu cya Djibouti mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze mu gihugu cya Djibouti mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Editorial 18 Apr 2017 Mu Rwanda

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 18 Mata 2017, Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze mu gihugu cya Djibouti, aho agiye kugirira uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.

Mu kiganiro aherutse kugirana n’Abanyamakuru, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Louise Mushikiwabo yari yatangaje iby’uru rugendo.

Yavuze ko biri mu rwego rwo gukomeza gutsura umubano uri hagati y’ibihugu byombi.

Muri Werurwe 2016, Perezida wa Djibouti Ismail Omar Guelleh yagirije uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda, aho yanasuye igice cyahariwe inganda cya Special industrial zone.

Muri Gicurasi umwaka ushize, Perezida Kagame yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida wa Djibouti Ismail Omar Guelleh, aho yatsindiye kongera kuyobora iki gihugu n’amajwi 87% mu matora yabaye mu kwezi gushize kwa Kane 2016.

Bimwe wamenya ku gihugu cya Djibouti

Igihugu cya Djibouti giherereye mu ihembe rya Afurika hafi y’inyanja itukura. Gihana imbibi n’icya Somaliya, Ethiopiya, Eritereya ndetse na Yemen yo muri Aziya.

Djibouti yabonye ubwigenge tariki ya 27 Kamena 1966, aho cyari cyarakolonijwe n’u Bufaransa.

Kuva iki gihugu cyabona ubwingenge cyayobowe n’abaperezida babiri gusa, aho kikigenga cyayobowe na Hassan Gouled Aptidon guhera 27 Kamena 1977 kugeza 9 Mata 1999.

Perezida uriho ubu, Ismail Omar Guelleh, amaze imyaka 18 ayobora, aho yatangiye tariki ya 9 Mata 1999.

Gifite ubuso bungana na kilometer kare 23 200. Ibarura ryo muri 2012 ryerekanye ko iki gihugu gituwe n’abaturage bagera 858 767.

Umurwa mukuru wa Djibouti witwa Djibouti ndetse n’indirimbo yubahiriza igihugu ikitwa Djibouti.

Igifaransa n’icyarabu ni zo ndimi z’ubutegetsi zikoreshwa muri iki gihugu.

Icyizere cyo kubaho cy’abagabo ni imyaka 57 na ho abagore ni imyaka 62.

-6336.jpg

Perezida wa Djibouti, Ismaïl Omar Guelleh yakirwa ku kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Kanombe igihe yasuraga u Rwanda (Ifoto/GovRw)

2017-04-18
Editorial

IZINDI NKURU

Kigali :Abanyeshuri  basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB

Kigali :Abanyeshuri basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB

Editorial 10 Mar 2017
Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Editorial 22 Aug 2023
“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

“Tshisekedi niwe ufite urufunguzo rwo guhagarika ubwicanyi bukorwa na FDLR bubera mu burasirazuba bwa Congo” Perezida Kagame

Editorial 06 Mar 2024
Nyuma y’amezi 3, Kapiteni wa APR FC Tuyisenge Jacques avunitse yatangaje ko  ameze neza ndetse yiteguye gufasha ikipe ye ubwo amarushanwa izaba isubukuwe 

Nyuma y’amezi 3, Kapiteni wa APR FC Tuyisenge Jacques avunitse yatangaje ko  ameze neza ndetse yiteguye gufasha ikipe ye ubwo amarushanwa izaba isubukuwe 

Editorial 08 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itangazo rigenewe abanyamakuru
Mu Rwanda

Itangazo rigenewe abanyamakuru

Editorial 07 Apr 2017
Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi
POLITIKI

Icyo Gen. Tumukunde azakorera Museveni igihe yaba amusimbuye ku butegetsi

Editorial 07 Mar 2020
Umunyarwanda Camille Nkurunziza wishwe arashwe mu bushyamirane na Polisi ya Afurika y’Epfo,  yashyinguwe
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda Camille Nkurunziza wishwe arashwe mu bushyamirane na Polisi ya Afurika y’Epfo, yashyinguwe

Editorial 08 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru