• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Ubwanditsi 10 May 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yasabye abagize komisiyo ishinzwe ivugurura ry’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe, guca imvugo y’uko Abanyafurika ari bo bitera ibyago.

Perezida Kagame yabitangarije mu nama nyunguranabitekerezo yagiranye n’Abaminisitiri n’abahagarariye ibihugu byabo, bari muri komisiyo ishinzwe iby’ivugurura ry’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe, yabahuje kuri iki cyumweru tariki 07 Gicurasi 2017.

Yagize ati “Igihe kirageze ko twicara tukabwizanya ukuri, tukibaza tuti kare kose twari dutegereje nde? Turaza gusanga nta wundi ari twe twaburaga. Birababaje gukomeza kuvuga uko Afurika imeze ubu, mu gihe tutayobewe aho twakabaye tugeze.”

Ibyo yabitangaje nyuma y’aho abitabiriye inama bahagarariye ibihugu byabo uko ari 54 bifuje ko buri gihugu cyajya kigena umusanzu bitewe n’ibicuruzwa gitumiza mu mahanga.

Ni ukuvuga ko buri gihugu kitatanga angana n’ay’ikindi kuko cyajya gitanga umusanzu muri Afurika yunze Ubumwe ungana na 0.2%.

-6491.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Uyu mwanzuro kandi wafashwe mu gihe ibihugu byinshi bihuriye muri uyu muryango byari byarananiwe kuzuza inshingano zo gutanga umusanzu wabyo, kandi ayo mafaranga ari yo afasha mu gukora ibikorwa biteza Afurika imbere.

Musa Faki Mahamat,Umuyobozi mukuru w’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe, yavuze ko amezi asigaye y’uyu mwaka akwiye kuba nk’inzibacyuho, kugira ngo umwaka wa 2018 uzatangire ibyemeranijweho muri iyi nama bihita bishyirwa mu bikorwa.

Yaboneyeho no kwibutsa ko bamwe mu baterankunga bari baratangiye kwibaza iby’imikorere y’uyu muryango, bavuga ko bidafututse.

Ati “Hari abaterankunga baduha agera kuri 80% by’ingengo y’imari bari baratangiye kwibaza ibibazo ku bijyanye n’imikorere yacu.”

-6492.jpg

Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat

Yavuze ko ivugurura rishya (reforms) rizaba rifite imishinga 900 izashyirwa mu bikorwa n’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe.

Yaboneyeho no gusaba Perezida Kagame gutekereza ku bantu b’inararibonye bazashyira mu bikorwa iyo mishinga.

Ku bijyanye no gushaka amafaranga, hatekerejwe komite y’Abaminisitiri 10 bazaba bashinzwe ibijyanye n’amafaranga no gukora ku buryo ikigega cy’Afurika yunze Ubumwe gicungwa neza.

Donald Kaberuka wahoze ayobora Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD), yavuze ko amahanga yatangiye gushyigikira icyemezo cy’uko komisiyo y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe yakwishakamo ubushobozi binyuze mu misoro baka.

Ati “Uretse Amerika ibindi bihugu nk’ibigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi byagaragaje ko bidushyigikiye, binemera ubufasha bwose bukenewe kugira ngo imishinga dufite ishyirwe mu bikorwa.”

-6493.jpg

Donald Kaberuka wahoze ayobora Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD)

Kaberuka yavuze ko atari ubwa mbere komisiyo y’Afurika yunze Ubumwe yaba igiye gushaka amafaranga atuma ikora,iyakuye mu misoro y’ibyinjizwa kuko no mu myaka yashize byigeze kubaho.

Gusa yavuze ko zimwe mu mbogamizi iyi komisiyo izahura na zo ari uko ibihugu by’Afurika byose bitisanzura mu bucuruzi (Free Trade Zone), aho byasaba ko hari bimwe mu bihugu byajya bisoreshwa ibindi ntibisoreshwe.

Ati “Ubu tuvugana ariko icyo kibazo cyakemutse. Ibihugu byose byasabwe gushaka uburenganzira bubyemerera kujya mu gice gikorerwamo ubucuruzi bwisanzuye kandi n’igihe ntarengwa cyashyizweho buri gihugu kikaba cyabyubahirije. Ikibazo gisigaye ni ukwibaza uko twaba tubigenza hagati aho.”

U Rwanda ni rwo rwatanzweho urugero rwa kimwe mu bihugu by’Afurika byavuye mu icuraburindi, rukaba ruri gusatira ubukungu bufatika.

Kuri iyo ngingo, Perezida yibukije abitabiriye iyi nama ati “Ntawaduha amahoro, ubukungu n’ubwigenge n’agaciro (byose nitwe tugomba kubyishakamo).”
Imwe mu myanzuro yafashwe hashingiwe ku miterere ya Afurika, ni uko hatezwa imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu by’Afurika.

-6495.jpg

-6494.jpg

Strive Masiyiwa, Umushoramari mu by’ikoranabuhanga ukomoka muri Zimbabwe akaba no muri iyi komisiyo ishinzwe iby’ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe yavuze ko Afurika ibarirwa ku musaruro mbumbe (DGP) wa tiriyoni 30 z’Amadolari y’Amerika, bikiyongeraho ko, 60% by’Abanyafurika ari urubyiruko ruri munsi y’imyaka 30.

Source: KT

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Umugambi wa Nkurunziza wo gutsemba abatutsi ushobora kuba ugiye gushyirwa mu bikorwa

Ubwanditsi 04 Jun 2016
Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi

Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi

Ubwanditsi 22 Jun 2017
Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Ubwanditsi 09 May 2017
Mukura VS yasinyishije Zapata Rodolfo Antonio nk’umutoza mukuru akazungirizwa na Mateso Jean De Dieu watwaye igikombe cy’Amahoro ari kumwe na AS Kigali

Mukura VS yasinyishije Zapata Rodolfo Antonio nk’umutoza mukuru akazungirizwa na Mateso Jean De Dieu watwaye igikombe cy’Amahoro ari kumwe na AS Kigali

Ubwanditsi 26 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko
Amakuru

Kayumba Nyamwasa yihimuye kuri Prossy Bonabana na Sula Nuwamanya ahagarikisha SWI Umuryango bashakiragamo amaramuko

Ubwanditsi 21 Aug 2021
Burundi: Abaturage 250 barasaba ingurane y’ubutaka bwabo bwatwawe na Leta
HIRYA NO HINO

Burundi: Abaturage 250 barasaba ingurane y’ubutaka bwabo bwatwawe na Leta

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Burundi : Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane
Amakuru

Burundi : Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Ubwanditsi 03 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru