• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Ubwanditsi 10 May 2017 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame yasabye abagize komisiyo ishinzwe ivugurura ry’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe, guca imvugo y’uko Abanyafurika ari bo bitera ibyago.

Perezida Kagame yabitangarije mu nama nyunguranabitekerezo yagiranye n’Abaminisitiri n’abahagarariye ibihugu byabo, bari muri komisiyo ishinzwe iby’ivugurura ry’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe, yabahuje kuri iki cyumweru tariki 07 Gicurasi 2017.

Yagize ati “Igihe kirageze ko twicara tukabwizanya ukuri, tukibaza tuti kare kose twari dutegereje nde? Turaza gusanga nta wundi ari twe twaburaga. Birababaje gukomeza kuvuga uko Afurika imeze ubu, mu gihe tutayobewe aho twakabaye tugeze.”

Ibyo yabitangaje nyuma y’aho abitabiriye inama bahagarariye ibihugu byabo uko ari 54 bifuje ko buri gihugu cyajya kigena umusanzu bitewe n’ibicuruzwa gitumiza mu mahanga.

Ni ukuvuga ko buri gihugu kitatanga angana n’ay’ikindi kuko cyajya gitanga umusanzu muri Afurika yunze Ubumwe ungana na 0.2%.

-6491.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

Uyu mwanzuro kandi wafashwe mu gihe ibihugu byinshi bihuriye muri uyu muryango byari byarananiwe kuzuza inshingano zo gutanga umusanzu wabyo, kandi ayo mafaranga ari yo afasha mu gukora ibikorwa biteza Afurika imbere.

Musa Faki Mahamat,Umuyobozi mukuru w’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe, yavuze ko amezi asigaye y’uyu mwaka akwiye kuba nk’inzibacyuho, kugira ngo umwaka wa 2018 uzatangire ibyemeranijweho muri iyi nama bihita bishyirwa mu bikorwa.

Yaboneyeho no kwibutsa ko bamwe mu baterankunga bari baratangiye kwibaza iby’imikorere y’uyu muryango, bavuga ko bidafututse.

Ati “Hari abaterankunga baduha agera kuri 80% by’ingengo y’imari bari baratangiye kwibaza ibibazo ku bijyanye n’imikorere yacu.”

-6492.jpg

Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat

Yavuze ko ivugurura rishya (reforms) rizaba rifite imishinga 900 izashyirwa mu bikorwa n’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe.

Yaboneyeho no gusaba Perezida Kagame gutekereza ku bantu b’inararibonye bazashyira mu bikorwa iyo mishinga.

Ku bijyanye no gushaka amafaranga, hatekerejwe komite y’Abaminisitiri 10 bazaba bashinzwe ibijyanye n’amafaranga no gukora ku buryo ikigega cy’Afurika yunze Ubumwe gicungwa neza.

Donald Kaberuka wahoze ayobora Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD), yavuze ko amahanga yatangiye gushyigikira icyemezo cy’uko komisiyo y’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe yakwishakamo ubushobozi binyuze mu misoro baka.

Ati “Uretse Amerika ibindi bihugu nk’ibigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi byagaragaje ko bidushyigikiye, binemera ubufasha bwose bukenewe kugira ngo imishinga dufite ishyirwe mu bikorwa.”

-6493.jpg

Donald Kaberuka wahoze ayobora Banki Nyafurika itsura Amajyambere (BAD)

Kaberuka yavuze ko atari ubwa mbere komisiyo y’Afurika yunze Ubumwe yaba igiye gushaka amafaranga atuma ikora,iyakuye mu misoro y’ibyinjizwa kuko no mu myaka yashize byigeze kubaho.

Gusa yavuze ko zimwe mu mbogamizi iyi komisiyo izahura na zo ari uko ibihugu by’Afurika byose bitisanzura mu bucuruzi (Free Trade Zone), aho byasaba ko hari bimwe mu bihugu byajya bisoreshwa ibindi ntibisoreshwe.

Ati “Ubu tuvugana ariko icyo kibazo cyakemutse. Ibihugu byose byasabwe gushaka uburenganzira bubyemerera kujya mu gice gikorerwamo ubucuruzi bwisanzuye kandi n’igihe ntarengwa cyashyizweho buri gihugu kikaba cyabyubahirije. Ikibazo gisigaye ni ukwibaza uko twaba tubigenza hagati aho.”

U Rwanda ni rwo rwatanzweho urugero rwa kimwe mu bihugu by’Afurika byavuye mu icuraburindi, rukaba ruri gusatira ubukungu bufatika.

Kuri iyo ngingo, Perezida yibukije abitabiriye iyi nama ati “Ntawaduha amahoro, ubukungu n’ubwigenge n’agaciro (byose nitwe tugomba kubyishakamo).”
Imwe mu myanzuro yafashwe hashingiwe ku miterere ya Afurika, ni uko hatezwa imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu by’Afurika.

-6495.jpg

-6494.jpg

Strive Masiyiwa, Umushoramari mu by’ikoranabuhanga ukomoka muri Zimbabwe akaba no muri iyi komisiyo ishinzwe iby’ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe yavuze ko Afurika ibarirwa ku musaruro mbumbe (DGP) wa tiriyoni 30 z’Amadolari y’Amerika, bikiyongeraho ko, 60% by’Abanyafurika ari urubyiruko ruri munsi y’imyaka 30.

Source: KT

2017-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

PS muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier yashyikirije ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri shampiyona Nyafurika yo gusiganwa ku magare

PS muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier yashyikirije ibendera abakinnyi bagiye guhagararira u Rwanda muri shampiyona Nyafurika yo gusiganwa ku magare

Ubwanditsi 20 Mar 2022
Maj.Dr Rugomwa yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 n’indishyi za miliyoni 11 Frw

Maj.Dr Rugomwa yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 n’indishyi za miliyoni 11 Frw

Ubwanditsi 21 Aug 2017
APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

APR FC yitegura gukina na Étoile Sportive du Sahel muri CAF Champions League yanganyije na Etincelles mu mukino wa gicuti, iritegura kandi gukina na Kiyovu SC

Ubwanditsi 06 Oct 2021
Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwanditsi 19 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Urwego rw’ubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Urwego rw’ubutasi mu gisirikare rwaburiye perezida Museveni ko yashoboraga kwicwa

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Interahamwe ruharwa  Kabuga Felicien yatawe muri Yombi mu gihugu cy’u Bufaransa
INKURU NYAMUKURU

Interahamwe ruharwa  Kabuga Felicien yatawe muri Yombi mu gihugu cy’u Bufaransa

Ubwanditsi 16 May 2020
Perezida Kagame yasoje umwiherero w’abayobozi, dore impanuro yabageneye
Mu Rwanda

Perezida Kagame yasoje umwiherero w’abayobozi, dore impanuro yabageneye

Ubwanditsi 02 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru