• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»S.Africa: Zuma yashimye Politiki ya Kabila anemera icyatumye amatora ataba

S.Africa: Zuma yashimye Politiki ya Kabila anemera icyatumye amatora ataba

Ubwanditsi 27 Jun 2017 Mu Rwanda

Mu mpera z’icyumweru gishize, Perezida Joseph Kabila wa Repubulika Iharanira Demakarasi ya Congo na Jacob Zuma wa Afurika y’Epfo bagiranye ibiganiro. Jacob Zuma yashimye mugenzi we wa DRC ngo kubera politiki ye nziza anashima ikemezo cyafashwe n’igihugu ke cyo kudakoresha amatora mu Ukuboza umwaka ushize.

Perezida Zuma waganiriye na Kabila ku bibazo bivugwa muri DRC, yemeye ibisobanuro bye ku cyatumye amatora ataba igihe yari yateganyijwe.

Zuma kandi yashimye mugenzi we Kabila ko yagerageje gucururutsa umwuka mubi wazamuwe n’iki kemezo cyo kudakoresha amatora abinyujije mu masezerano yiswe “Saint Sylvestre” yahuje Leta ye n’abatavuga rumwe na yo.

Zuma ati “Ku bijyanye na Politiki, ubu DRC iratekanye n’umutekano umaze kumera neza.” Perezida Zuma kandi yijeje mugenzi we ko igihugu ke kizakomeza gutera inkunga DRC.

Umujyanama mukuru wa Kabila, Barnabé Kikaya-bin-Karubi yavuze ko mu nama Zuma yagiriye Kabila mu kiganiro bagiranye mu muhezo zari zigamije gukoresha amatora mu gihe cya vuba kugira ngo amahoro arusheho kuboneka.

Zuma wanyuzwe n’ibisobanuro yahawe na Kabila ku bibazo by’amikoro yatumye amatora ataba, yavuze ko yizeye ko amatora yaba mu minsi ya vuba igiye kuza.

Zuma na Kabila kandi bumvikanye ko Komisiyo yigenga y’amatora muri Afurika y’Epfo izafasha komisiyo y’amatora ya DRC mu bikorwa by’amatora nko mu bikorwa byo gukosora Lisiti y’itora.

Mu itangazo bahuriyeho, Kabila na Zuma bavuze ko banyuzwe n’ibyo baganiriye birimo umwanzuro wo kugirana ibiganiro hagati ya Guverinoma ya DRC n’uwahoze ari Minisitiri w’intebe.

Bin-Karubi avuga ko Komisiyo y’Amatora imaze kwandika abantu bangana na miliyoni 29 bazitabira amatora mu gihe abagejeje igihe cyo gutora babarirwa muri miliyoni 45.

Ati “Muri Nyakanga nituzaba twakemuye ibibera muri Kasais, tuzaba tunakemuye ikibazo cyo kwiyandikisha kuri lisitiri y’itora.”

Gusa avuga ko n’ubwo muri Nyakanga baba barangije gukemura ibibazo byo kwandika abazitabira amatora, n’ubundi amatora adashobora kuba muri uyu mwaka.

Ati “Hari intambwe bigomba gucamo, intambwe ya mbere ni ugukosora lisiti y’itora, hari abantu bashobora kwiyandikisha inshuro ebyiri, hari abantu bashobora kwiyandikisha mu majyaruguru y’igihugu ariko bakaza kujya kuba I Kinshasa.”

-7117.jpg

Perezida Kabila na Perezida Zuma

2017-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi 125 basoje myitozo yo gukumira no kurwanya iterabwoba

Abapolisi 125 basoje myitozo yo gukumira no kurwanya iterabwoba

Ubwanditsi 26 Feb 2018
U Rwanda rutegereje kwitaba i Arusha mu rubanza rwa Ingabire

U Rwanda rutegereje kwitaba i Arusha mu rubanza rwa Ingabire

Ubwanditsi 14 Jun 2016
Hifujwe ko Anne na Diane baburana ukwabo na nyina ukwe

Hifujwe ko Anne na Diane baburana ukwabo na nyina ukwe

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Abategetsi muri Leta ya Congo Kinshasa bongeye gukomeretsa u Rwanda bavuga ko rugomba gushyikirana na FDLR

Abategetsi muri Leta ya Congo Kinshasa bongeye gukomeretsa u Rwanda bavuga ko rugomba gushyikirana na FDLR

Ubwanditsi 16 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

Ubwanditsi 24 Mar 2020
Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball  yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda
Amakuru

Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2021
Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi
Amakuru

Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Ubwanditsi 18 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru