• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umumotari yashimiwe kuba yasubije arenga Miliyoni 5 umugenzi yari atwaye

Umumotari yashimiwe kuba yasubije arenga Miliyoni 5 umugenzi yari atwaye

Editorial 25 Jul 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda by’umwihariko n’abaturage bose muri rusange, barashimira umumotari kubera imyitwarire ye n’ubunyangamugayo yerekanye, ubwo yari atwaye umugenzi ufite amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyoni eshanu n’ibihumbi Magana abiri (5,200,000Frw), bagakora impanuka umugenzi akayikomerekeramo agata ubwenge, hanyuma uyu mumotari agacungira aya mafaranga umutekano akanayashyikiriza abapolisi bo mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda nta na rimwe rivuyemo.

Bivugwa ko imodoka yo mu bwoko bwa Coaster yagonganye na Moto yari itwawe n’umumotari witwa Ndayiramiye Donat, ahetse umugenzi witwa Kayinamura Augustin wari unafite aya mafaranga muri ambalaji ya Kaki, iyi mpanuka ikaba yarabereye ku Muhima, aho uyu Kayinamura yakomeretse bikabije, ubu akaba arwariye mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK).

Ndayiramiye akimara kubona ko umugenzi yari atwaye akomeretse, yahise abona ko ambalaji yari afite yari yuzuyemo amafaranga, ayabungabungira umutekano.

Umuvugizi w’ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda Chief Inspector of Police (CIP) Emmanuel Kabanda, yemeje iyi mpanuka, anashimira uyu mumotari avuga ati:”Uyu mumotari yerekanye imyitwarire myiza n’ubunyangamugayo kandi akwiye gushimirwa. Amaze kubona ko umugenzi yari atwaye akomerekeye muri iyi mpanuka, yabungabungiye umutekano amafaranga yari afite kugeza igihe Polisi ihagereye.”

-7346.jpg

(CIP) Emmanuel Kabanda

Yakomeje avuga ati:”Iki gikorwa cy’uyu mumotari kirerekana ko abamotari, abatwara ibinyabiziga n’abanyarwanda bamaze kugira imyumvire yo hejuru kandi ibi Polisi y’u Rwanda ikaba ibibashimira.”

CIP Kabanda yanavuze ko Polisi imaze gusubiza aya mafaranga abo mu muryango wa Kayinamura, nabo bashimiye ibyakozwe n’uyu mumotari, bavuga ko ari intangarugero kandi ko ari uwo gushimwa.

Abajijwe icyamuteye gukora ibintu byiza nk’ibi, Ndayiramiye yavuze ati:”Mu buzima bwanjye mpora nshaka gukora icyiza aho gukora ikibi.”

Yakomeje avuga ko impanuka ikimara kuba yahise arwana no kurengera umutwaro w’umugenzi “kuko aho yari ibereye hahise huzura abantu benshi bashungereye mbere y’uko imodoka itwara abarwayi ihagera”.

Yavuze kandi ati:”Nkimara kubona ko yari atwaye amafaranga angana atya, nanjye nabuze icyo nakora, kuko numvaga ntazi n’icyo ndi bubwire nyiri moto kuko nayo yari yangiritse.”

Ndayiramiye yagiriye inama abamotari bagenzi be n’abandi bashoferi, ko igihe bahuye n’impanuka cyangwa umugenzi akibagirirwa umuzigo mu kinyabiziga cyabo, bajya bawubasubiza, yaba ari amafaranga bakayabasubiza yose n’ubwo yaba ari macye kuko baba babishyuye.

Iyi myitwarire n’ubu bunyangamugayo bw’uyu mumotari bukimenyekana, bwahise busakara ku mbuga nkoranyambaga, maze ababibonye bagashimira Ndayiramiye, aho bamwitaga Inyangamugayo n’Imfura.

-7345.jpg

Ndayiramiye

Uwitwa Ufitekirezi Daniel wo mu murenge wa Kacyiru yanditse ku rubuga rwa whatsapp ati:”Twari tumenyereye kumva abapolisi aribo bakora ibintu nk’ibi, ariko mbuze icyo navuga kubera ubunyangamugayo bw’uyu mumotari. Imana izamwihembere.”

Undi witwa Kayigamba Ronald wo mu kagari ka Nonko Umurenge wa Kanombe yanditse ati:”Uyu mumotari bashake icyo kumuhemba kimukwiriye, kuko yabaye Umusamaritani mwiza.”

Hagati aho Polisi y’u Rwanda yongeye kugira inama abantu kutagendana amafaranga menshi mu ntoki, kuko umuntu aba atizeye umutekano wayo.

CIP Kabanda yavuze ati:”Uyu mumotari wahisemo gufata aya mafaranga angana atya akayashyikiriza Polisi ni inyangamugayo, ariko iyo ataza kubayo, aba yabuze. Ni byiza rero ko abantu bakwirinda kugendana amafaranga menshi mu ntoki, kuko umutekano wayo uba utizewe.”

Source : RNP

2017-07-25
Editorial

IZINDI NKURU

1990: Uko Leta ya Habyarimana Juvenal yikanze Inkotanyi, ikagabanya abaturage muri Kigali- Ubuhamya

1990: Uko Leta ya Habyarimana Juvenal yikanze Inkotanyi, ikagabanya abaturage muri Kigali- Ubuhamya

Editorial 22 Sep 2017
Bwana Sam Dusengiyumva Niwe Uramutswa Umujyi wa Kigali nyuma yo gusimbura Bwana Rubingisa

Bwana Sam Dusengiyumva Niwe Uramutswa Umujyi wa Kigali nyuma yo gusimbura Bwana Rubingisa

Editorial 15 Dec 2023
Umubyeyi wa nyakwigendera Christine Nyatanyi yitabye Imana

Umubyeyi wa nyakwigendera Christine Nyatanyi yitabye Imana

Editorial 17 Jul 2017
FERWABA yatangaje ko imikino y’ikiciro cya kabiri izatangira mu ntangiriro za Mata inaboneraho kumurika ikirango gishya cya shampiyona

FERWABA yatangaje ko imikino y’ikiciro cya kabiri izatangira mu ntangiriro za Mata inaboneraho kumurika ikirango gishya cya shampiyona

Editorial 24 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe  mu mujyi wa Kigali
IMIKINO

Areruya Joseph na bagenzi be bakiriwe gitwali i Kanombe mu mujyi wa Kigali

Editorial 23 Jan 2018
Inkuru yabaye impamo, umunyacyaha Cassien Ntamuhanga watorotse gereza mu Rwanda yafatiwe i Maputo
Amakuru

Inkuru yabaye impamo, umunyacyaha Cassien Ntamuhanga watorotse gereza mu Rwanda yafatiwe i Maputo

Editorial 28 May 2021
Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel
Amakuru

Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel

Editorial 11 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru