• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hari abaturage bategereje Mpayimana baramubura (yasobanuye icyabimuteye)

Hari abaturage bategereje Mpayimana baramubura (yasobanuye icyabimuteye)

Ubwanditsi 16 Jul 2017 Mu Rwanda

Umukandida wigenga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu Philippe Mpayimana, yavuze ko atasuzuguye abo yagombaga kujya kubwira imigabo n’imigambi ye.

Mpayimana avuga ko gukererwa ngo byatewe n’uko umunsi we wa mbere, yahuye n’ikibazo cy’imihanda mibi.

Ibi yabivugiye mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana, nyuma y’aho yahageze ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, mu gihe byari biteganyijwe ko yagombaga gutangira kwiyamamaza mu Murenge wa Ntongwe saa mbili za mugitondo, mu mujyi wa Ruhango saa tanu, mu mujyi wa Nyanza saa munani na Rusatira, byarangiye iyi gahunda itubahirijwe.

Yageze gusa mu mu mujyi wa Nyanza nabwo saa kumi n’imwe z’umugoroba, avuga ko atari we wabiteye.

Imbere y’abaturage barenga 100 bari bamutegereje, yagize ati ‘Aho ntagiye uyu munsi nzahashakira indi minsi, imbogamizi ikomeye yabaye umuhanda wa rwa Busoro ujya mu majyepfo umeze nabi, ibi byatumye duhitamo gusubira inyuma, gusa ubu twabonye abadufasha, uyu munsi icyabaye ni uko twagombaga gusubiramo gahunda aho gutegura ingendo. ‘

Yakomeje agira ati’ntabwo twasuzuguye abari badutegereje, ahubwo icyo twizeza ni uko abari imbere bazatubona ku gihe. ‘

Ibyo yizeza abaturage

Phillippe Mpayimana yabwiye abaturage barenga 100 bari bamukurikiye ko nibamutora, ngo yiteguye kubafasha gukemura ikibazo cyibura ry’ akazi.

Yagize ati “niteguye kuzashyiraho ikigo gifasha urubyiruko kubona akazi, ubu ikibazo kiri mu Rwanda umwana arangiza kaminuza ariko nta cyizere ko azabona akazi, njye nzakora ibishoboka ku buryo nzajya mpanga imirimo miliyoni imwe buri mwaka”.

Mpayimana kandi avuga ko ngo azaharanira ko buri muturage agerwaho n’ amafaranga ku buryo ngo ifaranga ritajya mu bantu bamwe.

Avuga ko ibi bizatuma ikibazo cy’abana bo mu muhanda gikemuka cyane ko ngo abana bari mu mihanda babiterwa n’uko mu miryango yabo nta mafaranga aba ahari.

Icyo abaturage bavuga kuri Mpayimana

Bamwe mu baturage baganiriye n’iki kinyamakuru, bavuze ko ngo biteguye kumutora niba koko ibyo avuga azabikora.

Mukeshimana Marceline wo mu Karere ka Nyanza, w’imyaka 50, we yagize ati “twamwishimiye kuko twumva ashaka kutugezaho ibyo tutarageraho, nk’ubu ndi umukene abana banjye babura uko bajya ku ishuri, numvise ko abana azabafasha kwiga nta mwana wirukanwe kuko yabuze amafaranga yo kurya. ‘

Sindayigaya Elizafani ukora ubucuruzi buciritse mu mujyi wa Nyanza we yagize ati’ kuba twarabuze imyenda ya caguwa biratubangamira, numvise we azadufasha ko iyi myenda idacika.’

-7259.jpg

Byari biteganyijwe ko kuri iki Cyumweru, Mpayimana Phillippe akomereza mu Karere ka Huye.

2017-07-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kirehe: Abana b’incuke bahinduye imitekerereze y’abakuru ku gukumira ibyaha

Kirehe: Abana b’incuke bahinduye imitekerereze y’abakuru ku gukumira ibyaha

Ubwanditsi 28 Apr 2017
APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah

APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah

RUSHYASHYA 03 Jun 2026
Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Niyonsenga Dieudonné wa ISHEMA TV, akomeje gukwiza impuha no guharabika inzego z’umutekano.

Ubwanditsi 18 Jun 2021
Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Ubwanditsi 10 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro
Mu Rwanda

Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Ubwanditsi 09 Mar 2016
Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we
ITOHOZA

Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Ubwanditsi 06 Jun 2017
Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame
Mu Rwanda

Komisiyo y’amatora yatangaje intsinzi ntakuka ya Perezida Kagame

Ubwanditsi 09 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru