• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Hari abaturage bategereje Mpayimana baramubura (yasobanuye icyabimuteye)

Hari abaturage bategereje Mpayimana baramubura (yasobanuye icyabimuteye)

Ubwanditsi 16 Jul 2017 Mu Rwanda

Umukandida wigenga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu Philippe Mpayimana, yavuze ko atasuzuguye abo yagombaga kujya kubwira imigabo n’imigambi ye.

Mpayimana avuga ko gukererwa ngo byatewe n’uko umunsi we wa mbere, yahuye n’ikibazo cy’imihanda mibi.

Ibi yabivugiye mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana, nyuma y’aho yahageze ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, mu gihe byari biteganyijwe ko yagombaga gutangira kwiyamamaza mu Murenge wa Ntongwe saa mbili za mugitondo, mu mujyi wa Ruhango saa tanu, mu mujyi wa Nyanza saa munani na Rusatira, byarangiye iyi gahunda itubahirijwe.

Yageze gusa mu mu mujyi wa Nyanza nabwo saa kumi n’imwe z’umugoroba, avuga ko atari we wabiteye.

Imbere y’abaturage barenga 100 bari bamutegereje, yagize ati ‘Aho ntagiye uyu munsi nzahashakira indi minsi, imbogamizi ikomeye yabaye umuhanda wa rwa Busoro ujya mu majyepfo umeze nabi, ibi byatumye duhitamo gusubira inyuma, gusa ubu twabonye abadufasha, uyu munsi icyabaye ni uko twagombaga gusubiramo gahunda aho gutegura ingendo. ‘

Yakomeje agira ati’ntabwo twasuzuguye abari badutegereje, ahubwo icyo twizeza ni uko abari imbere bazatubona ku gihe. ‘

Ibyo yizeza abaturage

Phillippe Mpayimana yabwiye abaturage barenga 100 bari bamukurikiye ko nibamutora, ngo yiteguye kubafasha gukemura ikibazo cyibura ry’ akazi.

Yagize ati “niteguye kuzashyiraho ikigo gifasha urubyiruko kubona akazi, ubu ikibazo kiri mu Rwanda umwana arangiza kaminuza ariko nta cyizere ko azabona akazi, njye nzakora ibishoboka ku buryo nzajya mpanga imirimo miliyoni imwe buri mwaka”.

Mpayimana kandi avuga ko ngo azaharanira ko buri muturage agerwaho n’ amafaranga ku buryo ngo ifaranga ritajya mu bantu bamwe.

Avuga ko ibi bizatuma ikibazo cy’abana bo mu muhanda gikemuka cyane ko ngo abana bari mu mihanda babiterwa n’uko mu miryango yabo nta mafaranga aba ahari.

Icyo abaturage bavuga kuri Mpayimana

Bamwe mu baturage baganiriye n’iki kinyamakuru, bavuze ko ngo biteguye kumutora niba koko ibyo avuga azabikora.

Mukeshimana Marceline wo mu Karere ka Nyanza, w’imyaka 50, we yagize ati “twamwishimiye kuko twumva ashaka kutugezaho ibyo tutarageraho, nk’ubu ndi umukene abana banjye babura uko bajya ku ishuri, numvise ko abana azabafasha kwiga nta mwana wirukanwe kuko yabuze amafaranga yo kurya. ‘

Sindayigaya Elizafani ukora ubucuruzi buciritse mu mujyi wa Nyanza we yagize ati’ kuba twarabuze imyenda ya caguwa biratubangamira, numvise we azadufasha ko iyi myenda idacika.’

-7259.jpg

Byari biteganyijwe ko kuri iki Cyumweru, Mpayimana Phillippe akomereza mu Karere ka Huye.

2017-07-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida  JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu

Perezida JOSEPH KABILA n’umuryango we bigwijeho umutungo utubutse aho gukorera igihugu

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire agiye gukura urujijo ku rubanza rwe

Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire agiye gukura urujijo ku rubanza rwe

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa

Abarwanya ubutegetsi mu Burundi bakwiye kwihanganira Mkapa

Ubwanditsi 17 Jan 2017
Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Brady Gilmore ukinira ikipe ua Israel Premier Tech yegukanye agace ka Gatatu ka Tour Du Rwanda 2025 

Ubwanditsi 26 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Baratengamaye! Ubuzima bw’Abanya-Uganda bishimira uko babayeho mu Rwanda
POLITIKI

Baratengamaye! Ubuzima bw’Abanya-Uganda bishimira uko babayeho mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Jan 2020
FPR Inkotanyi mu mujyi wa Kigali yatoye Paul Kagame nk’uzayihagararira mu matora ya Perezida
Mu Rwanda

FPR Inkotanyi mu mujyi wa Kigali yatoye Paul Kagame nk’uzayihagararira mu matora ya Perezida

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Abayisilamu basabwe kwishimira ko basigaye bafite uburenganzira mu Rwanda
Mu Rwanda

Abayisilamu basabwe kwishimira ko basigaye bafite uburenganzira mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru