• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho

Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho

Ubwanditsi 09 Nov 2017 Mu Rwanda

Raporo ya 2016 ya World Internal Security and Police Index igaragaza uko Polisi z’ibihugu zihagaze hagendewe ku ngingo enye zirimo ubushobozi, imikorere, gukurikiza amategeko n’umusaruro zitanga; yagaragaje ko iy’u Rwanda ari imwe mu zihagaze neza aho iri ku mwanya wa 50 mu bihugu 127 byagenzuwe.

Iyi raporo ikorwa hagamijwe kureba ubushobozi bw’inzego zishinzwe umutekano mu bushobozi, imikorere, gukurikiza amategeko n’umusaruro.

Ikorwa n’Umuryango Mpuzamahanga uhuriwemo n’abashinzwe iby’umutekano ku isi,abashakashatsi n’abandi, International Police Science Association, IPSA. Uyu muryango washinzwe mu 2013 ufite icyicaro muri Leta ya Florida muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Muri iyi raporo, iterabwoba ryagaragajwe nka kimwe mu bibangamiye umutekano w’imbere mu bihugu ku Isi, aho ubwiyongere bwaryo bwazamutse rikikuba gatatu byatumye abantu 62,000 bicirwa mu bikorwa byaryo hagati ya 2012 na 2014. Ubwiyongere bukomeye umwaka ushize bwagaragaye muri Nigeria, ari nacyo gihugu cyagize amanota make muri iri suzuma.

Singapore nicyo gihugu cyagenzuwe kiza ku isonga muri 127, igakurikirwa na Finland hamwe na Denmark. Ibihugu bine byonyine bitari ibyo mu Burayi nibyo biza muri 20 bya mbere.

Mu bihugu byo mu Burasizuba bwo hagati no mu Majyaruguru ya Afurika, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu nizo ziza ku isonga aho iri ku mwanya wa 29 muri rusange.

Kuri uru rutonde, Nigeria niyo iza ku mwanya wa nyuma ikurikiwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kenya, Uganda na Pakistan. Gusa muri iyi raporo, ibihugu byiganjemo amakimbirane ntabwo byigeze bigenzurwa.

Iyi raporo igaragaza ko ibihugu bifite umubare muto w’abaturage byagize amanota meza kurusha ibifite benshi. Igihugu kimwe mu icumi nicyo cyonyine gifite abaturage barenze miliyoni 25 kandi mu bihugu biza mu myanya ya icumi ya nyuma, kimwe nicyo gifite abaturage bari munsi ya miliyoni 25.

U Rwanda rwaje ku mwanya wa 50 ku isi n’uwa kabiri muri Afurika aho rukurira Bostwana ifite amanota 0.685. Ni mu gihe Singapore ya mbere ifite amanota 0.898. 
Iyi raporo ivuga ko hari ibihugu bimwe byo muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara bifite polisi ikora neza, cyane Bostwana ya 47 ku isi n’u Rwanda ruza ku mwanya wa 50.

Igira iti “Byombi, Botswana n’u Rwanda byitwaye neza ku bijyanye n’imikorere yazo ndetse no mu rwego rwo kubahiriza amategeko. By’umwihariko Botswana ifite umubare muto w’abagerageje guha polisi ruswa, kandi abaturage bo mu cyaro bafitiye icyizere cyinshi polisi.”

Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Theos Badege, yabwiye IGIHE ati “Nibwo tukiyibona. Ntabwo turayisesengura neza ngo turebe.” Yongera ho ko ari ‘ibintu byiza’ ku Rwanda kuko hari amasomo ishobora gukurwamo.

Mu gusuzuma, harebwe ku mubare w’abapolisi ndetse n’abagenerwa gucunga umutekano nibura w’abantu ibihumbi 100, ubushobozi bwa polisi mu gucungira umutekano abantu bihariye (nk’abayobozi cyangwa abandi babyishyuriye).

Harebwe kandi uburyo Polisi irwanya ruswa, uburyo ikurikiza amategeko ku bakekwaho ibyaha, harebwa kandi ku cyizere abaturage bayifitiye, ku bijyanye no kurwanya ibyaha by’iterabwoba n’ibindi.

Polisi y’Igihugu yashize imbaraga nyinshi mu kurwanya ruswa n’andi makosa ahabanye n’ubunyamwuga aho mu bihe bitandukanye abayigize bayagaragaweho batawe muri yombi, abandi bakirukanwa.

Nko muri Gashyantare 2017, abapolisi 198 bo mu byiciro bitandukanye birukanwe mu gipolisi cy’u Rwanda kubera imyitwarire mibi mu kazi.

Muri abo birukanywe harimo umwe ufite ipeti rya Superintendent, Chief Inspector of Police (CIP) bane, Inspector of Police (IP) 23 na Assistant Inspector of Police (AIP) 38. Mu bandi birukanywe harimo abapolisi 65 batari ba ofisiye ndetse n’abapolisi bato 67. Mu mpamvu zabirukanishije, harimo n’ibijyanye no kwakira ruswa.

Icyo gihe, ACP Badege yavuze ko kuba Polisi y’u Rwanda yubahiriza inshingano zayo zirimo kutihanganira ruswa, kubahiriza amategeko, gukorana neza n’abaturage aribyo bituma imiryango itandukanye irimo ushinzwe kurwanya ruswa n’akarengane (Transparency International), RGB, abaturage ndetse n’abandi bayigirira icyizere.

Ubushakashatsi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere, RGB, bwamuritswe ku wa Kabiri tariki 15 Ugushyingo 2016 bwagaragaje ko inzego z’umutekano zifitiwe icyizere ku buryo bushimishije aho Inkeragutabara zizewe ku kigero cya 76.6%, DASSO ku kigero cya 86.1%, Polisi y’Igihugu 97.1% naho ingabo z’u Rwanda, RDF, bakazizera ku gipimo cya 99.0%.

2017-11-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Ubwanditsi 02 May 2021
Mushikiwabo avuga ko imyinshi mu migisha y’u Rwanda yigaragarije muri Perezida Kagame.

Mushikiwabo avuga ko imyinshi mu migisha y’u Rwanda yigaragarije muri Perezida Kagame.

Ubwanditsi 21 Aug 2017
‘ Leta ya Habyarimana yarwanyije Ubumwe n’Uburenganzira by’Abanyarwanda ‘_ Tom Ndahiro

‘ Leta ya Habyarimana yarwanyije Ubumwe n’Uburenganzira by’Abanyarwanda ‘_ Tom Ndahiro

Ubwanditsi 25 Jul 2017
FPR Inkotanyi mu mujyi wa Kigali yatoye Paul Kagame nk’uzayihagararira mu matora ya Perezida

FPR Inkotanyi mu mujyi wa Kigali yatoye Paul Kagame nk’uzayihagararira mu matora ya Perezida

Ubwanditsi 10 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Uncategorized

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Feb 2023
Perezida Kagame yavuze ko abashaka u Rwanda barushakira ibibi, ntaho barukura
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yavuze ko abashaka u Rwanda barushakira ibibi, ntaho barukura

Ubwanditsi 12 Dec 2018
‘Indonke zifite ingaruka mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge’- Polisi y’u Rwanda
Mu Rwanda

‘Indonke zifite ingaruka mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge’- Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 22 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru