• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»[AMAFOTO]: Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya mu biganiro byo gukomeza ubufatanye ndengamipaka

[AMAFOTO]: Abayobozi ba Polisi z’u Rwanda na Tanzaniya mu biganiro byo gukomeza ubufatanye ndengamipaka

Editorial 08 Aug 2017 Mu Rwanda

Umuyobozi wa Polisi ya Tanzaniya, IGP Simon N. Sirro yagiriye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine mu Rwanda rukaba rugamije gukomeza umubano usanzwe hagati ya Polisi z’u Rwanda n’iya Tanzaniya abereye umuyobozi, cyane cyane mu gukumira no kurwanya ibyaha ndengamipaka.

Akigera ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda, IGP Sirro yakiriwe na mugenzi we wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana.

Mu nama bagiranye, ya gatatu ibaye yo kuri uru rwego muri uyu mwaka, yari iri mu murongo w’amasezerano y’ubufatanye hagati ya Polisi zombi , akaba yarashyizweho umukono mu mwaka wa 2012 , agamije guhangana n’ibyaha ndengamipaka birimo icuruzwa ry’ibiyobyabwenge n’iterabwoba, kubaka ubushobozi buhangana n’ibyaha bigezweho; gukumira no guhangana n’ibiza ndetse no mu mihanda y’umuhora wo hagati.

Muri iyo nama, IGP Gasana yavuze ko abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Tanzaniya bateye intambwe y’umubano w’ibi bihugu ari na wo utuma ubufatanye bwa Polisi z’ibyo bihugu.

IGP Gasana yagize ati:” Icyo dusigaranya nk’umukoro ni ukwihutisha ubufatanye mu gukumira no kurwanya ibyaha kandi tubyumva kimwe.”

Yongeyeho ati:” Ibyo dukora biri mu murongo washyizweho n’abayobozi b’ibihugu byacu wo gukorera hamwe, dushyira intumbero zabo mu ntego zacu.”

IGP Gasana yibanze ku kubaka ubushobozi biciye mu mahugurwa, kungurana ubumenyi no kwigiranaho, guhererekanya abanyabyaha, guteza imbere ikoranabuhanga ndetse no guhangana n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge nka kimwe mu byihutirwa kandi bitanga ubutumwa ku banyabyaha.

Aha yagize ati:” Gushaka guha umutekano ibihugu byacu bijyana n’iterambere; tugomba gukomeza ubufatanye bwacu kuko byakwihutisha iterambere n’imibereho myiza y’abaturage bacu.”

Umuyobozi wa Polisi ya Tanzaniya ku ruhande rwe, yavuze ko ubwiyongere bw’ibikomoka mu bihugu byombi buzaterwa n’umutekano uzabirangwamo, niwo uzatuma habaho ishoramari n’iterambere muri byo.

IGP Sirro yasabye ubufatanye ku mikorere y’imipaka , gusangira amakuru ndetse n’ubufatanye mu bikorwa birengera amategeko n’ituze rya rubanda aho yagize ati:” Duteranyijwe n’ikintu kimwe; umutekano w’abatuye ibihugu byacu. Urujya n’uruza rw’abantu, ibitekerezo n’ibyo bacuruza byaragutse kandi bibyarira inyungu nyinshi abaturage.”

Yashimye Polisi y’u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo ku mutekano waranze amatora ya Perezida aheruka , kandi ashimira u Rwanda kuyategura akarangira mu mahoro.

Ubufatanye hagati ya Polisi zombi kandi bwibanda ku guhanahana amakuru ku banyabyaha bitandukanye, gusangira abumenyi, amahugurwa n’ibindi,..

Ni muri urwo rwego kandi Polisi zombi zihanahana gahunda z’amahugurwa atandukanye , zifatanya mu guhangana n’ibiza nk’igihe habagaho impanuka yaguyemo Abanyarwanda benshi muri Tanzaniya mu myaka mike ishize kimwe n’ingendoshuri zikorwa mu gihugu cya Tanzaniya cyane cyane n’abiga mu ishuri rikuru rya Polisi y’u Rwanda.

Hagati aho, IGP Sirro ku munsi wa mbere w’uruzinduko rwe, yasuye ibigo bitandukanye bikorera muri Polisi y’u Rwanda birimo Isange One Stop Centre giha ubufasha butandukanye abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, Ikigo cy’icyitegererezo mu karere ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina kandi asura Ishuri rya Polisi rya Gishali .

-230.png

-229.png

-228.png

-227.png

-226.png

-225.png

RNP

2017-08-08
Editorial

IZINDI NKURU

Ese ubwisanzure  bw’itangazamakuru butagira rutangira, butaniye he n’ubwigomeke. Ikaramu cyangwa mikoro bidatinya”kirazira”, ntaho bitaniye n’uburozi.

Ese ubwisanzure  bw’itangazamakuru butagira rutangira, butaniye he n’ubwigomeke. Ikaramu cyangwa mikoro bidatinya”kirazira”, ntaho bitaniye n’uburozi.

Editorial 03 May 2021
Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Amavubi y’abagore bari munsi y’imyaka 20 basezerewe na Ethiopie mu guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi itsinzwe ibitego 4-0

Editorial 07 Oct 2021
Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Mu mukino w’Amateka unahenze muri shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports irakira Kiyovu Sports

Editorial 19 Mar 2022
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 05 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Hafashwe umuyobozi wagurishaga intwaro agatsiko k’abarwanyi bavuga Ikinyarwanda

Editorial 28 Nov 2018
Musanze : Perezida Kagame yifuje ko habaho no Kwita Izina abana b’ Intare
Mu Mahanga

Musanze : Perezida Kagame yifuje ko habaho no Kwita Izina abana b’ Intare

Editorial 02 Sep 2016
Nyuma yo kwirukanwa muri Tottenham, umutoza Jose Mourihno yahawe gutoza AS Roma mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere.
Amakuru

Nyuma yo kwirukanwa muri Tottenham, umutoza Jose Mourihno yahawe gutoza AS Roma mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere.

Editorial 05 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru