• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Ubwanditsi 19 Sep 2017 POLITIKI

Perezida Kagame uri i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yitabiriye inama y’Umuryango w’Abibumbye, yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Nkuko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, ibiganiro by’aba bakuru b’ibihugu bombi byibanze ku bufatanye bugamije inyungu rusange ku ngingo zirebana n’amahoro n’umutekano muri Afurika.

Ibi biganiro bibaye mu gihe u Bufaransa bukomeje kotswa igitutu kuva ubwo Perezida Macron w’imyaka 39 agiriye ku butegetsi aho ari gusabwa gukora ibitandukanye n’iby’abamubanjirije akemera uruhare rw’igihugu cye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akanatera intambwe yo kubisabira imbabazi.

Mu minsi ishize nyuma gato y’itorwa rya Macron, Perezida Kagame yigeze kuvuga ko hari ikintu gitegerejwe kuri uyu mugabo aho yabisobanuye agira ati “imyitwarire y’u Bufaransa ku Rwanda ntizahinduka mu gihe butarahindura uburyo bwitwara kuri Afurika mu rusange. Ibyo byombi bifitanye isano. Hari ikintu gishya dutegereje kuri Perezida Macron, kwihutira gushyiraho imikorere mishya no gushyira iherezo ku myaka ishize y’urujijo.”

Yakomeje agira ati “Imyaka 23 ya politiki mbi ku Rwanda n’imyaka 60 ya politiki idahinduka ya Afurika kandi Abanyafurika ntacyo bayungukiyemo, ni ibintu dukeneye kuganiraho.”

Mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique muri Gicurasi, Perezida Kagame yabajijwe icyo atekereza ku magambo ya Emmanuel Macron wavuze ko ubukoloni bw’u Bufaransa ari ‘icyaha cyibasiye inyokomuntu’ mbere y’uko avuga ko ari ‘icyaha cyakorewe umuntu’.

Aya magambo yashyigikiwe na Perezida Kagame aho yavuze ati”Ndahamya ko atekereza neza. Ntabwo mbishidikanyaho.”

Muri Nyakanga uyu mwaka, Perezida Macron yashyize Gen François Lecointre ku mwanya w’umugaba mukuru w’ingabo, umwe mu ngabo zari muri Zone Turquoise mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Impuguke muri politiki y’u Bufaransa kuri Afurika, Jacques Morel, mu kiganiro n’Ikinyamakuru l’Humanité, yagarutse ku ruhare rwa Lecointre muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo yari mu Rwanda muri ‘Opération Turquoise’.

Morel yavuze ko Lecointre yari captaine mu ngabo zirwanira mu mazi, akaba mu gihe cya Jenoside yari ashinzwe segiteri ya Gisovu, imwe mu zari zigize icyahoze ari Perefegitura ya Kibuye.

Yagize ati” Nk’uwari uhagarariye ingabo, yakoranaga bya hafi n’Umuyobozi mukuru w’uruganda rw’icyayi (rwa Gisovu), Alfred Musema, umwe mu bateguye Jenoside mu Bisesero.”

Yakomeje avuga ko hari ibimenyetso bifatika birimo n’ibaruwa Lecointre yandikiye Musema yagaragajwe ubwo yaburanishwaga n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (TPIR) rwamukatiye gufungwa burundu.

Muri iyi baruwa yanditswe kuwa 18 Nyakanga 1994, Lecointre ngo yamenyeshaga Musema ko agiye kwimukira mu yindi segiteri, ibintu bigaragaza ko bari bafitanye umubano wihariye, mu gihe yakabaye yaramukozeho iperereza kugira ngo atabwe muri yombi kubera uruhare rwe mu kwica Abatutsi.

Morel yavuze ko kuri Afurika ishyirwaho rya Lecointre risobanuye ko ibikorwa by’ingabo z’u Bufaransa kuri uyu mugabane bizajya biba bigamije kongera kwigaruria ibihugu mu bundi buryo.

Usibye guhura na Macron, Perezida Kagame uri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yanahuye na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu n’uw’u Bubiligi, Charles Michel. Aba bombi bakaba bagiranye ibiganiro bigamije ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

-7987.jpg

-7986.jpg

Amafoto: Village Urugwiro

2017-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Ubwanditsi 24 Jun 2025
Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”

Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”

Ubwanditsi 30 Jun 2024
U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Bamwe mu batanze ubuhamya bushinja mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Arusha barahabwa ruswa ngo bahindure imvugo, bityo abajenosideri bagirwe abere

Ubwanditsi 11 Dec 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ange Kagame yasabwe
ITOHOZA

Ange Kagame yasabwe

Ubwanditsi 29 Dec 2018
Amavubi yageze muri Seychelles nyuma y’urugendo rurerure
IMIKINO

Amavubi yageze muri Seychelles nyuma y’urugendo rurerure

Ubwanditsi 04 Sep 2019
FARDC yirinze kuvuga umubare w’abicanwe na Gen. Mudacumura
HIRYA NO HINO

FARDC yirinze kuvuga umubare w’abicanwe na Gen. Mudacumura

Ubwanditsi 19 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru