• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Ubwanditsi 19 Sep 2017 POLITIKI

Perezida Kagame uri i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yitabiriye inama y’Umuryango w’Abibumbye, yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron.

Nkuko byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, ibiganiro by’aba bakuru b’ibihugu bombi byibanze ku bufatanye bugamije inyungu rusange ku ngingo zirebana n’amahoro n’umutekano muri Afurika.

Ibi biganiro bibaye mu gihe u Bufaransa bukomeje kotswa igitutu kuva ubwo Perezida Macron w’imyaka 39 agiriye ku butegetsi aho ari gusabwa gukora ibitandukanye n’iby’abamubanjirije akemera uruhare rw’igihugu cye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akanatera intambwe yo kubisabira imbabazi.

Mu minsi ishize nyuma gato y’itorwa rya Macron, Perezida Kagame yigeze kuvuga ko hari ikintu gitegerejwe kuri uyu mugabo aho yabisobanuye agira ati “imyitwarire y’u Bufaransa ku Rwanda ntizahinduka mu gihe butarahindura uburyo bwitwara kuri Afurika mu rusange. Ibyo byombi bifitanye isano. Hari ikintu gishya dutegereje kuri Perezida Macron, kwihutira gushyiraho imikorere mishya no gushyira iherezo ku myaka ishize y’urujijo.”

Yakomeje agira ati “Imyaka 23 ya politiki mbi ku Rwanda n’imyaka 60 ya politiki idahinduka ya Afurika kandi Abanyafurika ntacyo bayungukiyemo, ni ibintu dukeneye kuganiraho.”

Mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique muri Gicurasi, Perezida Kagame yabajijwe icyo atekereza ku magambo ya Emmanuel Macron wavuze ko ubukoloni bw’u Bufaransa ari ‘icyaha cyibasiye inyokomuntu’ mbere y’uko avuga ko ari ‘icyaha cyakorewe umuntu’.

Aya magambo yashyigikiwe na Perezida Kagame aho yavuze ati”Ndahamya ko atekereza neza. Ntabwo mbishidikanyaho.”

Muri Nyakanga uyu mwaka, Perezida Macron yashyize Gen François Lecointre ku mwanya w’umugaba mukuru w’ingabo, umwe mu ngabo zari muri Zone Turquoise mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Impuguke muri politiki y’u Bufaransa kuri Afurika, Jacques Morel, mu kiganiro n’Ikinyamakuru l’Humanité, yagarutse ku ruhare rwa Lecointre muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo yari mu Rwanda muri ‘Opération Turquoise’.

Morel yavuze ko Lecointre yari captaine mu ngabo zirwanira mu mazi, akaba mu gihe cya Jenoside yari ashinzwe segiteri ya Gisovu, imwe mu zari zigize icyahoze ari Perefegitura ya Kibuye.

Yagize ati” Nk’uwari uhagarariye ingabo, yakoranaga bya hafi n’Umuyobozi mukuru w’uruganda rw’icyayi (rwa Gisovu), Alfred Musema, umwe mu bateguye Jenoside mu Bisesero.”

Yakomeje avuga ko hari ibimenyetso bifatika birimo n’ibaruwa Lecointre yandikiye Musema yagaragajwe ubwo yaburanishwaga n’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (TPIR) rwamukatiye gufungwa burundu.

Muri iyi baruwa yanditswe kuwa 18 Nyakanga 1994, Lecointre ngo yamenyeshaga Musema ko agiye kwimukira mu yindi segiteri, ibintu bigaragaza ko bari bafitanye umubano wihariye, mu gihe yakabaye yaramukozeho iperereza kugira ngo atabwe muri yombi kubera uruhare rwe mu kwica Abatutsi.

Morel yavuze ko kuri Afurika ishyirwaho rya Lecointre risobanuye ko ibikorwa by’ingabo z’u Bufaransa kuri uyu mugabane bizajya biba bigamije kongera kwigaruria ibihugu mu bundi buryo.

Usibye guhura na Macron, Perezida Kagame uri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yanahuye na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu n’uw’u Bubiligi, Charles Michel. Aba bombi bakaba bagiranye ibiganiro bigamije ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

-7987.jpg

-7986.jpg

Amafoto: Village Urugwiro

2017-09-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Tomas Nahimana na Politiki ye y’ikinyoma

Tomas Nahimana na Politiki ye y’ikinyoma

Ubwanditsi 18 Jun 2016
Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

Turebere hamwe imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20

RUSHYASHYA 18 Feb 2026
Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso

Perezida Kagame yambitswe umudali w’icyubahiro na Perezida wa Burkina Faso

Ubwanditsi 03 Mar 2019
Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

Umwambari wa Parime Hutu Filip Reyntjens akomeje guhakana Jenoside no gukorana n’abayigizemo Uruhare: Ubuhamya bwerekana ubufatanye bwe na Hassan Ngeze

RUSHYASHYA 18 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byumvuhore: Ukunda iki?
Amakuru

Byumvuhore: Ukunda iki?

Ubwanditsi 22 Aug 2020
IGP Gasana yaganirije abamotari k’umutekano
Mu Mahanga

IGP Gasana yaganirije abamotari k’umutekano

Ubwanditsi 28 Aug 2016
HUYE: Abibye Charly na Nina batawe muri yombi
SHOWBIZ

HUYE: Abibye Charly na Nina batawe muri yombi

Ubwanditsi 14 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru