• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Itsinda rya mbere ry’impunzi u Rwanda rwemeye kwakira zivuye muri Libya ryageze i Bugesera

Itsinda rya mbere ry’impunzi u Rwanda rwemeye kwakira zivuye muri Libya ryageze i Bugesera

Ubwanditsi 27 Sep 2019 POLITIKI

Itsinda rya mbere riturutse muri Libya rigizwe n’impunzi 66 z’Abanyafurika ryageze i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, nyuma y’aho u Rwanda rwemereye kwakira izi mpunzi zari zibayeho mu buzima buteye agahinda, kuri ubu zikaba zamaze no kugera mu Bugesera aho zigiye kuba zicumbikiwe.

Ni itsinda rya mbere mu bantu 500 u Rwanda rwemeye kwakira mu rwego rwo gutabara ibihumbi by’abantu uburenganzira bwabo nk’ikiremwamuntu bukomeje guhinyorwa mu nkambi bafungiyemo muri iki gihugu cyo mu mu majyaruguru ya Afurika.

Iri tsinda ryasesekaye ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, itariki 26 Nzeri mu ndege yari yabateguriwe.

Nk’uko bivugwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, HCR, muri Libya, ngo iri tsinda rya mbere ry’impunzi ryahagurutse ku Kibuga cy’Indege cya Misrata muri Libya, ririmo n’abana bato benshi badafite abo bari kumwe, ababyeyi batari kumwe n’abagabo ndetse n’imiryango.

Mu butumwa yanyujije kuri twitter, ibiro bya HCR muri Libya byavuze ko uru rugendo rwabo ari rumwe mu ruzaha izi mpunzi ituze n’umutekano nyuma y’imyaka ziri mu kaga.

Nyuma yo kugerageza guhungira I Burayi bikanga bakisanga baheze muri Libya, ubuhamya bwagaragaje ko ibihumbi by’abantu baturuka muri Afurika hirya no hino bakorewe ibikorwa bibi birimo no gukoreshwa ubucakara.

Impunzi nyinshi muri izi zakiriwe mu Rwanda zikomoka mu Ihembe rya Afurika, akarere karimo ibihugu nka Somalia, Eritrea na Ethiopia.

Umuvugizi wa HCR muri Afurika no mu karere kegereye Mediterane, Charlie Yaxley, kuri uyu wa Gatatu ushize yatangaje ko uyu ari umurongo mwiza w’ubuzima ku bagabo, abagore n’abana bari bamaze igihe mu mibereho mibi ndetse bashobora no kwisanga bafatiwe mu makimbirane akomeje kubica muri Libya.

Muri video yatambukije kuri twitter, yagaragaje icyizere cy’uko bamwe muri aba bashobora kwinjizwa mu muryango nyarwanda, abandi bakaba bashobora kwimurirwa mu kindi gihugu muri Afurika, ariko ko icy;ingenzi ari uko aba batekanye.

Mu gihe cyabo mu Rwanda, aba bazaba bacumbikiwe mu kigo bateguriwe giherereye mu Karere ka Bugesera kitwa Gashora Transit Centre.

Iki kigo cyigeze gucumbikira impunzi z’Abarundi mbere yo kwimurirwa mu nkambi zabo, cyaravuruwe kugirango abazacyakirwamo bazabe babayeho neza.

U Rwanda rwagaragaje bwa mbere ubushake bwo kwakira impunzi ziturutse muri Libya mu 2017 nyuma y’amakuru yari amaze kujya hanze ko ibihumbi by’abantu baturuka hirya no hino muri Afurika bataheze muri Libya gusa nyuma yo kunanirwa kugera mu Burayi, ahubwo bari barimo no gukoreshwa ubucakara.

Inkuru mu itangazamakuru zikaba zaravugaga ko impunzi zigurishwa ku mugaragaro ku masoko agezweho y’abacakara muri Libya.

2019-09-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Trump mu mazi abira

Perezida Trump mu mazi abira

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Perezida Kagame yahaye impanuro abayobozi ko bakwiye gukora bakirinda inyungu zabo bwite

Perezida Kagame yahaye impanuro abayobozi ko bakwiye gukora bakirinda inyungu zabo bwite

Ubwanditsi 28 Feb 2020
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
Perezida Donald Trump  yohereje abasirikare muri Gabon baryamiye amajanja gutabara Congo

Perezida Donald Trump yohereje abasirikare muri Gabon baryamiye amajanja gutabara Congo

Ubwanditsi 05 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impera z’icyumweru zisize APR FC yerekanye abakinnyi 7 bashya, Rayon Sports itsinda AS Kigali, Ntagengwa Olivier na Gatsinzi Venuste begukanye umwanya wa 4 muri Common Wealth Games
Amakuru

Impera z’icyumweru zisize APR FC yerekanye abakinnyi 7 bashya, Rayon Sports itsinda AS Kigali, Ntagengwa Olivier na Gatsinzi Venuste begukanye umwanya wa 4 muri Common Wealth Games

Ubwanditsi 08 Aug 2022
Kweguza Trump birasaba iki?
POLITIKI

Kweguza Trump birasaba iki?

Ubwanditsi 06 Dec 2019
Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza
Amakuru

Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza

RUSHYASHYA 22 Apr 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru