• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Kweguza Trump birasaba iki?

Kweguza Trump birasaba iki?

Ubwanditsi 06 Dec 2019 POLITIKI

Inkubiri yo kweguza Perezida Donald Trump yatangiye mu mezi abiri ashize, bigizwemo uruhare n’ishyaka ry’aba-démocrate ariko kuva ubwo risa n’aho rigeze ahantu kure abantu batatekerezaga kandi mu gihe gito.

Imvano ya byose yabaye ikiganiro Trump yagiranye na mugenzi we wa Ukraine,Volodymyr Zelensky kigaruka ku ruhare rw’amahanga mu matora ya Amerika.

Ni ikiganiro bivugwa ko aba bakuru b’ibihugu byombi bagiranye muri Nyakanga 2019; icyo gihe ngo Zelensky yasabaga Trump kongera inkunga mu bya gisirikare, uyu na we amusaba ko amufasha kumenya amakuru bivugwa ko Ukraine ibitse ajyanye no kwivanga mu matora ya Amerika kw’amahanga.

Iki kibazo cyanajemo Joe Biden wari Visi Perezida ku bwa Obama, aho Trump yashakaga ko akorwaho iperereza. Impamvu ni uko bwo Biden yari Visi yageragezaga gufasha Ukraine mu kibazo cyayo n’u Burusiya, Amerika yaje gutangaza ko ruswa iri mu bayobozi bakuru ba Ukraine ari imbogamizi ku bufasha itanga ndetse ko Viktor Mykolayovych Shokin [Wabaye Umushinjacyaha Mukuru] abifitemo uruhare runini cyane.

Ku gitutu cya Amerika binyuze kuri Biden wari uyihagarariye muri iki kibazo, Ukraine yakoze impinduka zirimo kwirukana Shokin nyuma na we atangira gushinja Biden kumwirukanisha kugira ngo akingire ikibaba umuhungu we Hunter Biden, yari yaratangiye gukoraho iperereza ku mikoranire ye na Kompanyi itanga ingufu muri Ukraine yitwa ‘Burisma Holdings’.

Kuko Joe Biden ashobora kwiyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ataha ahanganye na Trump, ishyaka rye ryahise ritangira gukurikirana Trump ku mpamvu yaba ashaka gukoresha amahanga mu gusinsibiranya ibimenyetso ku mugambi w’amahanga mu gutuma atorwa mu matora aheruka.

Bahise bashyira imbaraga muri iyi gahunda, inteko itora ko itegeka ko hatangira kumvwa abatangabuhamya, ndetse na komisiyo ishinzwe ubutabera mu nteko itangira akazi kayo. Byose byakozwe bitabaye ngombwa ko hategerezwa iperereza ryimbitse ku byo Trump ashinjwa.

Hari impamvu iri shyaka riri kwihutisha iyi gahunda y’uko Trump yakweguzwa. Imwe muri izo ni uko rifite icyizere ko nibura abasenateri bajya mu kiruhuko cya Ukuboza hari ikintu gifatika kigezweho.

Ibi bisobanuye ko bifuza ko nibura mu byumweru bibiri baba bamaze gukora amatora ya nyuma bakemeza ko Trump akwiye kweguzwa.

Niba ibi bizaba cyangwa bitazashoboka ni ibyo gutega amaso kuko nta gihe ntarengwa bihaye, ndetse birashoboka ko amatora ashobora kuba umwaka utaha.

Umudepite ukuriye Komite ishinzwe ubutasi, Adam Schiff, mu cyumweru gishize yagize ati “iki kibazo tukibona nk’icyihutirwa.” Nancy Pelosi ukuriye Inteko akaba ari n’umu- démocrate, we yagize ati “Ntituzategereza ko urukiko rufata umwanzuro, ntitwabitegereza.”

Aba-démocrate bafite gahunda ko kweguza Trump byaba mu ntangiriro za 2020 aho gutegereza ko byegera amatora ateganyijwe ku wa 03 Ugushyingo 2020.

Aho ibi bishyira naho harigaragaza: biraganisha ku rubanza muri Sena, ikaburanisha Trump aho amahirwe menshi ari uko imyanzuro izarangira ari uko ahanaguweho ibyaha agakomeza kuyobora dore ko ishyaka rye ariryo rifite ubwiganze muri Sena.

Aba- Républicains bakunze kuba inyuma ya Trump kuva ibi byose byatangira, ndetse nta cyizere kinini gihari ko hashobora kuba ubwiganze bw’abasenateri 67 basaba ko yegurwa.

Icyo ubu aba- démocrate bari gukora, ni ukumvikanisha amabi ya Trump mu ijwi riranguruye, ku buryo bizajya kugera mu Basenateri nibura hari icyizere cy’uko yakurwaho.

Src : IGIHE

2019-12-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakiriye Shansoriyeri wa Austria mu Rwanda

Perezida Kagame yakiriye Shansoriyeri wa Austria mu Rwanda

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Tuzabashiririza -abo muri CNDD-FDD babwira abatavuga rumwe na Leta

Tuzabashiririza -abo muri CNDD-FDD babwira abatavuga rumwe na Leta

Ubwanditsi 14 Nov 2018
New York : Ijambo  Perezida Kagame yagejeje  ku nama rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye

New York : Ijambo Perezida Kagame yagejeje ku nama rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Ubwanditsi 30 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange
INKURU NYAMUKURU

Noneho cya gisekuru gishya cy’abari mu mugambi wo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bateguye umuhango wo kwakira Idamange

Ubwanditsi 28 Feb 2021
Kayumba ni umuhemu”…”yaguze amapeti”
INKURU NYAMUKURU

Kayumba ni umuhemu”…”yaguze amapeti”

Ubwanditsi 05 Sep 2019
IGP Felix Namuhoranye yakiriye amakipe ya Polisi ya Volleyball ayashimira umusaruro yagaragaje
Amakuru

IGP Felix Namuhoranye yakiriye amakipe ya Polisi ya Volleyball ayashimira umusaruro yagaragaje

Ubwanditsi 22 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru