• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Kagame yahaye impanuro abayobozi ko bakwiye gukora bakirinda inyungu zabo bwite

Perezida Kagame yahaye impanuro abayobozi ko bakwiye gukora bakirinda inyungu zabo bwite

Ubwanditsi 28 Feb 2020 POLITIKI

Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abaminisitiri bashya bane n’abanyamabanga ba leta bane, abasaba gukora baharanira inyungu rusange aho kwita ku zabo bwite.

Ati “Twakomeza tukarushaho gukora, gukorana neza, inzego zose uko zibishinzwe, tugakorana n’abandi b’abandi, ntacyo bidutwaye kubahiriza inyungu z’abandi mu gihe izacu zubahirizwa. Ni uko bikwiriye kugenda igihe cyose.”

“Mwabonye mu ndahiro twagize, mwese nabonye mukiri bato, abenshi ni n’abadamu, mukwiye gukoresha izo mbaraga ziri aho mu buto, abategarugori nitubihuza ntabwo numva igikwiye kuba kitunanira. Ubwo nitwe tuzaba twinaniwe naho ubundi ibyangombwa byose turabifite. Nidukora ku mico, imikoranire myiza, dukora tutireba cyane, tureba abanyarwanda dukorera, ntawe mbujije kwireba ariko bijye biza bikurikira ko warebye inyungu z’igihugu cyose.”

Mu ndahiro mwagize, ngira ngo hari ubwo abantu babivuga babinyura hejuru ntibumve neza n’amagambo bariho basoma, kiriya bakubwira ngo, ntabwo uzakoresha ububasha wahawe mu nyungu zawe bwite, bivuze iki?
Aho rero niho hagoranye kenshi mu bikorwa, abenshi mu ntege nke, sinzi ko hari intege nke, ko ari abantu birumvikana ugakora ikosa, ariko hari ubwo biba intege nke nyinshi bagize barusha abandi, bagakora ibyo bakora babiganisha mu nyungu zabo bwite. Ntabwo aribyo, bisubiwemo kenshi, …inyungu rusange ni zo nziza, nizo zitugirira akamaro tukabona aheza twifuza nk’igihugu.

Icya mbere ni ugushimira abemeye gufata izo nshingano kugira ngo bafatanye n’abandi basanze bityo dukomeza twubake igihugu cyacu. No kubahinduriwe imirimo, cyangwa abavuye ku mirimo ubwo birumvikana hari impamvu.

Impamvu ya mbere, guhindurirwa imirimo ntabwo ari ukugawa ibyo wakoraga, ahubwo muri rusange, iyo ibintu bihinduka biba bigamije kugira ngo turusheho kuba twajyana n’igihe cyangwa twakora ibyo dukora mu buryo bundi.

Hari n’abava ku mirimo bitewe n’inshingano baba batarujuje neza, ngira ngo tubivuze kenshi hano, abantu iyo bakoze neza ibyo bashinzwe, birumvikana, ndetse bakwiriye kwishima ndetse bakwiriye kuba bashimwa. Abatujuje inshingano nabo kuba bagawa nta gitangaza.

Twese ibyo dukora, ngira ngo n’uwikorera, nawe afite inshingano zo kwikorera aganisha mu nzira nziza kugira ngo ibyo akora bimugirire inyungu. Ariko nta nyungu ibaho, ibyo wavanyemo inyungu byashingiye kugirira abandi inabi.

2020-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amananiza Theodor Meron yashyize ku Rwanda agambiriye kurekura Ngeze na bagenzi be

Amananiza Theodor Meron yashyize ku Rwanda agambiriye kurekura Ngeze na bagenzi be

Ubwanditsi 29 May 2018
Rusesabagina niyisanga I Kigali azongera kuvuga ko ari imfubyi mbirigi?

Rusesabagina niyisanga I Kigali azongera kuvuga ko ari imfubyi mbirigi?

Ubwanditsi 25 Sep 2024
Uganda: Polisi yaburijemo igitaramo cya Bobi Wine

Uganda: Polisi yaburijemo igitaramo cya Bobi Wine

Ubwanditsi 03 Dec 2018
Sudani: Uwayoboye ihirikwa rya Perezida Bashir  nawe yeguye nyuma y’umunsi umwe

Sudani: Uwayoboye ihirikwa rya Perezida Bashir nawe yeguye nyuma y’umunsi umwe

Ubwanditsi 13 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Manchester City yasanze Inter Milan ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye Real Madrid
Amakuru

Manchester City yasanze Inter Milan ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League isezereye Real Madrid

Ubwanditsi 18 May 2023
Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball
Amakuru

Geoffrey Zawadi yatorewe kuba Visi Perezida wa FRVB asimbuye Jado Castar, ibyavuye mu nama y’intekorusange y’umukino wa Volleyball

Ubwanditsi 18 Mar 2023
Iherezo ry”Umutwe wa Kayumba Nyamwasa” ryasembuwe na Raporo y’ impuguke za Loni
INKURU NYAMUKURU

Iherezo ry”Umutwe wa Kayumba Nyamwasa” ryasembuwe na Raporo y’ impuguke za Loni

Ubwanditsi 22 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru