• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Trump mu mazi abira

Perezida Trump mu mazi abira

Editorial 25 Sep 2019 POLITIKI

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump agiye gukorwaho iperereza ryimbitse ku byo ashinjwa byo gusaba mugenzi wa Ukraine guhangana n’uwo ariwe wese umurwanya.

Perezida w’Inteko Nshingamategeko ya USA, Nancy Pelosi, avuga ko Perezida Trump ategerejwe kwiregura ku byo ashinjwa. Ku ruhande rwa Trump akabihakana avuga ko ari ukubeshyerwa.

Perezida Trump ashinjwa kugirana ikiganiro na mugenzi we wa Ukraine ngo akamutera ubwoba ko azahagarika imfashanyo ya gisirikare.

Aha rero ngo ni ugushaka ko Ukraine ikora iperereza ku bivugwa ko uwahoze ari uwungirije Perezida w’iki gihugu Joe Biden, n’umuhungu we Hunter bariye ruswa.

Bwana Trump aremeza ko yavuganye na Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine ku byerekeye Joe Biden, ariko akavuga ko yamuburiye ko ashobora guhagarika imfashanyo ya gisirikare ariko ko impamvu yavuzwe atari ukuri.

Pelosi avuga ko Bwana Trump “Yarenze ku amategeko”, akavuga ko ibyo yakoze bihabanye n’ibyo itegekonshinga rimwemerera.

Ati “Muri iki Cyumweru, umukuru w’igihugu yemeye ko yasabye Perezida wa Ukraine ko yafata ingingo yamworohereza muri politiki ye. Ategerejwe kwiregura”.

Nancy Pelosi ni uwo mu ishyaka ry’Aba Démocrates. Ku bwa Trump avuga ko bagamije kumuharabika ndetse ko bari bagambiriye kumubuza kujya mu nama ya Loni.

Arahakana ibyo ashinjwa agira ati “Nta n’ubwo bari babona urwandiko rw’ibyo twavuganye, uko ni uguharabika umuntu”. Yemeza ko uyu munsi ku wa Gatatu ashyira hanze ibyo yaganiriye na Perezida wa Ukraine byose.

Ibi bije nyuma y’aho Umudepite uhagarariye leta ya Minnesota muri Amerika, Ilhan Omar atangarije ko ari ikibazo cy’igihe gusa naho kweguza Perezida Trump byo bigomba kubaho.

Ubushakashatsi buheruka kwerekana ko abanyamerika 6 ku 10 batekereza ko perezida wabo adakwiye kweguzwa.

Madamu Omar we avuga ko ari ikibazo cy’igihe bizabera gusa naho ubundi Bwana Trump agomba kweguzwa, nubwo bwose bizakorwa ku bushake bw’abaturage.

Mu kiganiro yahaye CNN, uyu mugore wavukiye i Mogadishu usanzwe atumvikana na Bwana Trump, yavuze ko na Perezida Richard Nixon ajya kweguzwa ari uku byari bimeze.

Yavuze ko ku gihe cya Nixon abaturage benshi batari babishyigikiye, ati:” Abaturage ubu yenda koko ntibabyemera ariko uko iperereza rigaragaza amakuru bazagenda bahindura uruhande”.

Madamu Omar avuga ko bikwiye ko abanyamerika bahabwa amakuru ku “byaha n’imyitwarire mibi” bya perezida mu gihe yari muri uyu mwanya kugira ngo bumve impamvu akwiye kweguzwa.

2019-09-25
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira

Burundi: Umucamanza wigeze intebe y’umukuru w’igihugu ari mu mazi abira

Editorial 10 Jan 2019
Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Editorial 07 Feb 2025
Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Editorial 04 Aug 2023
Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Félix Tshisekedi yatangaje ko adashobora kwemera kuba Minisitiri w’Intebe wa RDC

Editorial 25 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru