• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ku bufatanye bwa FERWAFA na CAF, Abatoza 25 b’abanyarwanda barimo abagore 5 batangiye amasomo ya ‘License A CAF’   |   12 Mar 2026

  • Corneille Nangaa: RDC Irashaka kwagurira Intambara mu karere kose   |   11 Mar 2026

  • Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije   |   11 Mar 2026

  • U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽   |   10 Mar 2026

  • Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi   |   09 Mar 2026

  • Police WFC yegukanye igikombe cy’Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore 2026 itsinze Rayon Sports kuri Penaliti   |   08 Mar 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Trump mu mazi abira

Perezida Trump mu mazi abira

Ubwanditsi 25 Sep 2019 POLITIKI

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump agiye gukorwaho iperereza ryimbitse ku byo ashinjwa byo gusaba mugenzi wa Ukraine guhangana n’uwo ariwe wese umurwanya.

Perezida w’Inteko Nshingamategeko ya USA, Nancy Pelosi, avuga ko Perezida Trump ategerejwe kwiregura ku byo ashinjwa. Ku ruhande rwa Trump akabihakana avuga ko ari ukubeshyerwa.

Perezida Trump ashinjwa kugirana ikiganiro na mugenzi we wa Ukraine ngo akamutera ubwoba ko azahagarika imfashanyo ya gisirikare.

Aha rero ngo ni ugushaka ko Ukraine ikora iperereza ku bivugwa ko uwahoze ari uwungirije Perezida w’iki gihugu Joe Biden, n’umuhungu we Hunter bariye ruswa.

Bwana Trump aremeza ko yavuganye na Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine ku byerekeye Joe Biden, ariko akavuga ko yamuburiye ko ashobora guhagarika imfashanyo ya gisirikare ariko ko impamvu yavuzwe atari ukuri.

Pelosi avuga ko Bwana Trump “Yarenze ku amategeko”, akavuga ko ibyo yakoze bihabanye n’ibyo itegekonshinga rimwemerera.

Ati “Muri iki Cyumweru, umukuru w’igihugu yemeye ko yasabye Perezida wa Ukraine ko yafata ingingo yamworohereza muri politiki ye. Ategerejwe kwiregura”.

Nancy Pelosi ni uwo mu ishyaka ry’Aba Démocrates. Ku bwa Trump avuga ko bagamije kumuharabika ndetse ko bari bagambiriye kumubuza kujya mu nama ya Loni.

Arahakana ibyo ashinjwa agira ati “Nta n’ubwo bari babona urwandiko rw’ibyo twavuganye, uko ni uguharabika umuntu”. Yemeza ko uyu munsi ku wa Gatatu ashyira hanze ibyo yaganiriye na Perezida wa Ukraine byose.

Ibi bije nyuma y’aho Umudepite uhagarariye leta ya Minnesota muri Amerika, Ilhan Omar atangarije ko ari ikibazo cy’igihe gusa naho kweguza Perezida Trump byo bigomba kubaho.

Ubushakashatsi buheruka kwerekana ko abanyamerika 6 ku 10 batekereza ko perezida wabo adakwiye kweguzwa.

Madamu Omar we avuga ko ari ikibazo cy’igihe bizabera gusa naho ubundi Bwana Trump agomba kweguzwa, nubwo bwose bizakorwa ku bushake bw’abaturage.

Mu kiganiro yahaye CNN, uyu mugore wavukiye i Mogadishu usanzwe atumvikana na Bwana Trump, yavuze ko na Perezida Richard Nixon ajya kweguzwa ari uku byari bimeze.

Yavuze ko ku gihe cya Nixon abaturage benshi batari babishyigikiye, ati:” Abaturage ubu yenda koko ntibabyemera ariko uko iperereza rigaragaza amakuru bazagenda bahindura uruhande”.

Madamu Omar avuga ko bikwiye ko abanyamerika bahabwa amakuru ku “byaha n’imyitwarire mibi” bya perezida mu gihe yari muri uyu mwanya kugira ngo bumve impamvu akwiye kweguzwa.

2019-09-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RPF irangije kongere mu munezero naho ANC itangiye iyayo mu bushyamirane

RPF irangije kongere mu munezero naho ANC itangiye iyayo mu bushyamirane

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Menya ibyo utari uzi kuri Grace Mugabe

Menya ibyo utari uzi kuri Grace Mugabe

Ubwanditsi 04 Dec 2017
Sinigeze mbona Idi Amin ariko ntekereza ko Museveni ari mubi kumurusha – Bobi Wine

Sinigeze mbona Idi Amin ariko ntekereza ko Museveni ari mubi kumurusha – Bobi Wine

Ubwanditsi 11 Oct 2018
RDC: Umudepite yasubije Muzito wasabye ko u Rwanda rwomekwa kuri Congo ngo ibone amahoro

RDC: Umudepite yasubije Muzito wasabye ko u Rwanda rwomekwa kuri Congo ngo ibone amahoro

Ubwanditsi 20 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kanyankole Alex wahoze ayobora Banki Itsura Amajyambere y’u Rwanda (BRD), yahakanye icyaha cyo kwaka ruswa n’indonke ndetse n’itonesha mu gutanga inguzanyo
ITOHOZA

Kanyankole Alex wahoze ayobora Banki Itsura Amajyambere y’u Rwanda (BRD), yahakanye icyaha cyo kwaka ruswa n’indonke ndetse n’itonesha mu gutanga inguzanyo

Ubwanditsi 18 Oct 2018
Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa gatatu ukomeye mu Bushinwa
Mu Mahanga

Village Urugwiro : Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa gatatu ukomeye mu Bushinwa

Ubwanditsi 25 Mar 2016
Umukobwa uherutse kwiyahura asimbutse igorofa muri ULK yaba yari atwite,yaranandujwe Sida
Mu Mahanga

Umukobwa uherutse kwiyahura asimbutse igorofa muri ULK yaba yari atwite,yaranandujwe Sida

Ubwanditsi 25 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru