• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Imbaraga ushyira mu kurimbura abandi uzishyize mu mirimo yawe watera imbere.

Imbaraga ushyira mu kurimbura abandi uzishyize mu mirimo yawe watera imbere.

Ubwanditsi 06 Jun 2017 Mu Rwanda

Impamvu abanyarwanda benshi badatera imbere ni nyinshi, harimo ubujiji, amateka mabi, amakimbirane yo mu miryango, akarengane rimwe na rimwe ka kubuza kubona ibyo wakabaye ubona. Ariko njye ndashaka kwibanda ku matiku muri iyi nyandiko.
Biragoye kugira ngo ubone umuntu mwiza 100%, akenshi umuntu muhurira mu kazi, cyangwa mubana inshuro nyinshi mu bintu bitandukanye ntimubura ibyo mupfa, waba ari wowe ufite ukuri cyangwa ariwe ugufite, ariko akenshi uzarebe, birangira umwe ashaka kurimbura undi.

Ni gake cyane uzasanga umwe abisa undi cyangwa avuga ati reka tugabane turinganize nigendere nawe usigare mu byawe. ibi bikorwa na bacye cyane.
Impamvu mvuze ibi, si uko ari ubwa mbere mbibonye muri sosiyete nyarwanda, ahubwo nuko mbonye impamvu yo kubivuga ho nshingiye ku nkundura imaze iminsi mu itorero rya ADEPR aho abantu bafunzwe nyuma y’igihe kirekire bahanganye ariko n’ubundi abo bari bahanganye bakaba bataranyuzwe kuko n’ubundi bifuza ko na bamwe mu batowe bafungwa gusa kuko bakoranye na Tom Rwagasana.

Imbaraga bakoresha kugira ngo abandi bafungwe, zakomeje gutangaza abantu benshi badafite aho babogamiye bakunze kwibaza impamvu abagize komite yiyise Nzahuratorero yifuza ko abandi bafungwa gusa bisa nko kubahima cyangwa mu nyumvishirize kandi nyamara niba koko barakoze ibyaha, babibazwa bakishyura niba ari ngombwa ariko gutsindagira ngo basebe, bafungwe, n’andi magambo agamije kuzamura urwango biganisha ku rwangano rushobora kuzakururuka igihe kirekire.

Mbere y’uko itorero ADEPR risaba inguzanyo yo kubaka hotel Dove, amakimbirane yari ahari kandi akaze, mu gihe hubakwaga iyo hoteli nabwo amakimbirane yari ahari, na nyuma y’aho yuzuriye ntibyabujije amatiku gukomeza. Bivuze ko ikibazo si inguzanyo ahubwo ikibazo cyari ugushaka ubuyobozi. Kuba rero abahanganaga batarashyizwe mu myanya, iminsi izabyerekana kuko amatiku ntazabura kubaho. Kandi uwayagiyemo, ntabwo ayareka.

Wowe ushaka kurwanira impinduka, ugakoresha itangazamakuru ngo ritukane kandi rinasebye abo muhanganye kandi mwese mwitwako muri mu murimo w’Imana, uba ugamije ko abakristo bawe bazakora ibingana iki mu gihe bagiranye ibibazo na bagenzi babo?

Kuba abantu bakigabiza umutungo w’itorero bakawangiza ntawabishima, uretse ko kugeza ubu nta rukiko rurabahamya icyaha, cyane cyane ko banagaragariza urukiko ko hoteli bagomba kubaka ubu ikora kandi bemeza ko bafite ibimenyetso bibashinjura, ariko se mu gihe urukiko ruzaba rubemeje icyaha, kuki tugomba kubishima hejuru? Imana niba iriho koko idusaba iki mu gihe nk’iki? Amasaha tumara tubacira imanza, amafaranga dukoresha mu kubasebya mu itangazamakuru yagakoze imushinga tuma tujya imbere ikatubyarira inyungu.

Kuki tudakunda gutekereza ibiduteza imbere ahubwo tugashyira imbaraga mu bisenya abandi?

Akenshi iyo mushwanye mu bintu birimo amafaranga bidasaba igishoro, usanga mwapfuye amafaranga, kandi ava mu mifuka y’abanyarwanda, cyangwa abaterankunga, ariko si ngombwa ko wimena inda, gusa ndagusaba gutekereza niba koko wowe uvuganye n’umutima wawe ntabwo uyakeneye? ntabwo wigeze uyaryaho ahubwo ukarakazwa nuko utikoreramo? Igisubizo kiri mu mutima wawe ariko uzi ukuri.

-6825.jpg

Abari abayobozi ba ADEPR batawe muri yombi

Nta ruhande nshaka kubogamira ho gusa njye sinifuriza umuntu n’umwe gereza mu gihe atabuza ituze muri sosiyete ariko kandi, niba wariye iby’abandi, nihabeho ubushishozi mu butabera nibiguhama wishyure ariko sinkwifurize gupfa, kuko isi ni iy’abaryi cyane cyane ko ibi bisa n’ibimaze kuba akamenyero kuko akaruta akandi karakamira. Bikaba byarazanye n’imvugo ngo umushumba akama izo aragiye nubwo njye ntabishyigikiye.

Gukabya ni bibi ariko uwakabije agaragazwa n’urukiko, sitwe abantu duca imanza, ntibinakwiye kuko dukoresha amarangamutima. Niyo mpamvu habaho inkiko, kandi abacamanza barabyiga naho ubundi abakatirwa gufungwa ni benshi kandi ntawe utakisangamo kuko isi yuzuye abanyamakosa. Iki ni igitekerezo cyanjye ariko benshi muzatungurwa n’umwanzuro w’urukiko.

M Louise Uwizeyimana

2017-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iya 8 Gicurasi 1994: FPR yatangarije Radiyo RFI intego y’urugamba yarwanaga

Iya 8 Gicurasi 1994: FPR yatangarije Radiyo RFI intego y’urugamba yarwanaga

Ubwanditsi 08 May 2018
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Umuhanzi Intore Masamba yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Sosiyete icuruza ibikomoka kuri Peteroli ya ENGEN

Umuhanzi Intore Masamba yasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Sosiyete icuruza ibikomoka kuri Peteroli ya ENGEN

Ubwanditsi 20 Nov 2021
Urban Boyz yahishuye icyatumye indirimbo yabo na Patoranking idasohoka

Urban Boyz yahishuye icyatumye indirimbo yabo na Patoranking idasohoka

Ubwanditsi 22 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano
Amakuru

Nyuma y’amezi 13 ayobora ikipe ya APR FC, Brig Gen Déo Rusanganwa wari Chairman wayo ntakiri muri izo nshingano

Ubwanditsi 09 Dec 2025
Ruhango:  Umuryango “ Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge ”  wateguye Ubudehe bwo guhingira Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 
Amakuru

Ruhango:  Umuryango “ Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge ”  wateguye Ubudehe bwo guhingira Uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 

Ubwanditsi 23 Sep 2022
Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu
POLITIKI

Kagame yitabajwe n’Abanyanijeriya ku kibazo bafite cy’ubukungu

Ubwanditsi 22 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru