• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 26 Sep 2017 ITOHOZA

Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bwatangije dosiye ya banki yaho ikekwaho uruhare muri Jenoside, ni nyuma yuko Amashyirahamwe atatu yo mu Bufaransa, atanze ikirego ashinja Banki BNP Paribas yo muri icyo gihugu ibyaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Iyo miryango irimo uwitwa Sherpa ugizwe n’abanyamategeko baharanira kurwanya ibyaha by’imari no kurengera ababikorewe; Impuzamiryango iharanira ko abakoze Jenoside mu Rwanda baburanishwa (CPCR) na Ibuka, bamaze kurega banki ikomeye mu Bufaransa BNP Paribas, bayishinja kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi.

Ibyo byaha uko ari bitatu, BNP Paribas ngo ikaba yarabikoze muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.

Aya makuru mashya yo gukurikirana dosiye y’iyi banki amaze iminota mike ari ku rubuga rw’ikinyamakuru France 24.

“-243.png”

Ayo mashyirahamwe ashinja iyo banki yo mu Bufaransa kuba yarateye inkunga umugambi wo kugura toni 80 z’intwaro zifashishijwe mu gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ayo mashyirahamwe avuga ko Banki yari izi nta gushidakanya umugambi wa Jenoside abayobozi b’u Rwanda bari bafite , irarenga ibemerera amafaranga muri Kamena 1994.”

Umuvugizi wa BNP Paribas, aganira na AFP, we yagize ati “Twumvise mu bitangazamakuru ko bagiye kuturega mu nkiko. Kugeza ubu, nta makuru ahagije dufite arebana na byo ku buryo twagira icyo tubivugaho.”

Ayo mashyirahamwe uko ari atatu yemeza ko muri Kamena 1994, BNP kuri ubu yitwa BNP Paribas yohereje inshuro ebyiri amafaranga kuri konti ya banki y’igihugu y’u Rwanda (BNR) yari ifite muri BNP icyo gihe.

Aya mafaranga ageze kuri Konti ya Banki nkuru y’u Rwanda yabaga muri BNP, ngo yakomereje kuri konti yo muri banki yo mu Busuwisi yitwa UBP y’uwitwa Willem Tertius Ehlers.

Uyu Willem Tertius Ehlers, ni umuherwe wo muri Afurika y’Epfo icyo gihe wari ufite kompanyi icuruza intwaro yitwa Delta Aero.

Ayo mashyirahamwe avuga ko ayo mafaranga yoherejwe ku wa 14 Kamena no ku wa 16 Kamena 1994 yarengaga miliyoni 1 n’ibihumbi 300 by’Amadorari y’Amerika yifashishijwe na Leta y’u Rwanda mu kugura intwaro, mu gihe Loni yari imaze ukwezi ifatiye u Rwanda ibihano birimo no kutarwoherezamo intwaro. Ni umwanzuro yafashe tariki ya 17 Gicurasi.

Byabaye kandi mu gihe mu Rwanda byari bizwi ko hatangiye Jenoside icyo gihe yari irimo gukorerwa abatutsi ikaba yarahitanye abarenga miliyoni imwe.

Ayo mashyirahamwe akomeza avuga ko, bukeye bwaho (bamaze guhabwa ayo mafaranga) Ehlers na Col Theoneste Bagosora bahise basinyana amasezerano yo kugura intwaro, bayasinyira mu Birwa bya Seychelle babifashijwemo n’Abazayirwa.

Itangazo ry’iyo miryango risoza rigira riti “Intwaro zimaze kugezwa i Goma zahise zambutswa mu Rwanda zinyujijwe ku Gisenyi.”

Uko banki yasohoye amafaranga

Iyi banki ngo yasohoye amafaranga bisabwe n’abari abayobozi mu Rwanda yishyurwa intwaro zagejejwe mu Rwanda muri Kamena 1994. Icyo gihe ngo mu Rwanda hazanywe mbunda zo mu bwoko bwa Kalachnikov.

-8119.jpg

-8118.jpg

Ibyo byakozwe biciye mu gupanga ingendo ebyiri z’indege mu ijoro ryo ku wa 16 rishyira ku wa 17 Kamena 1994 zijya i Goma, aho ikibuga cy’indege cyagenzurwaga n’Ingabo z’Abafaransa. Ni intwaro ngo Guverinoma ya Seychelles yari yarafatiye mu bwato, muri Werurwe 1993.

Izo ntwaro ngo zavanwe i Goma zambutswa n’inzira z’umuhanda zishyikirizwa Ingabo z’u Rwanda icyo gihe (Forces Armées Rwandaises, FAR), ari nazo zaifashishwa muri jenoside.

Impuguke ku mateka y’u Rwanda, Jacques Morel, yagize ati “Izo ntwaro zahawe abarwanyi bagize uruhare muri jenoside. Hari ubwicanyi bwinshi bwakoreshejwe imihoro, ariko hari n’ubwakoreshejwe imbunda. Izi ntwaro zaje ziturutse muri Seychelles zari ziganjemo imbunda za kalachnikovs AK-47.”

Muri izo ntwaro harimo amasasu y’imbunda nto n’inini, za grenade n’ibisasu bya mortiers, byose biza harenzwe ku mabwiriza ya Loni, nkuko Jacques Morel abitangaza. Ati “Intwaro zaguzwe muri Seychelles zahaye imbaraga Abahutu bakoraga Jenoside nk’uko iyi miryango ibivuga mu kirego cyayo. Aho niho haza ikibazo cy’uko BNP Paribas yagize uruhare muri jenoside”

Igurwa ry’izo ntwaro ngo ryari rihagarikiwe na Col Theoneste Bagosora wakatiwe gufungwa imyaka 35, wari kumwe na Petrus Willem Ehlers wari nk’umuhuza. Uyu yabaye Umunyamabanga wa Pieter Willem Botha, Minisitiri w’Intebe wa nyuma wa Afurika y’Epfo.

Icyo gihe ngo Guverinoma y’u Rwanda yari ikeneye amafaranga cyane, ariko nka Banque Bruxelles Lambert (BBL) yari yanze kuyarekura avuye kuri konti ya banki y’ubucuruzi (Banque commerciale du Rwanda -BCR).

Uwahoze ari umuyobozi muri iyo banki Jacques Simal, ubwo yabazwaga na Polisi y’u Bubiligi ku wa 5 Gicurasi 2004, yagize ati “Nubwo impamvu itari yatangajwe neza, byagaragariraga buri wese ko bagombaga kugura intwaro n’ibisasu. […] Ndibuka ko kugira ngo babyumvishe BBL, guverinoma y’u Rwanda yohereje intumwa ngo ize kutwumvisha kurekura amafaranga.”

Mu kirego cyatanzwe, ngo bigaragazwa neza ko BBL “yanze sheki yari yohererejwe, bituma Guverinoma y’u Rwanda idakoresha ayo mafaranga mu kugura intwaro.”

Ni ubwa mbere ikirego nk’iki gitanzwe kuri Banki mu Bufaransa. Ibi binyamakuru byatangaje ko BNP Paribas yanze kugira icyo ihita itangaza, ivuga ko nta makuru ahagije irabona yatuma igira icyo ivuga kuri iki kirego.

Mu gutanga ikirego, iyi miryango yifashishije inyandiko zirimo raporo ya Human Rights Watch yo muri Gicurasi 1995; raporo esheshatu za komisiyo mpuzamahanga yashyizweho n’akanama gashinzwe umutekano ku Isi kigaga ku kurenga ku mabwiriza yo kutagurisha intwaro u Rwanda, zo kuva muri Mutarama 1996 kugeza mu Ugushyingo 1998.

Bifashishije kandi inyandiko za Banki Nkuru y’u Rwanda mu gihe cy’ibyo bihano; Inyandiko zo mu rubanza rwa Bagosora mu rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha i Arusha na raporo ku madeni u Rwanda rwari rufitiye amahanga yo mu Ugushyingo 1996, yakozwe n’impuguke mu bukungu Pierre Galland na Michel Chossudovsky, zibisabwe na Guverinoma y’u Rwanda.

Umuyobozi w’impuzamiryango ikurikirana abakoze Jenoside bari mu mahanga (CPCR), Alain Gauthier, yavuze ko ubusanzwe bakurikirana “abajenosideri, ariko muri iki kirego turashaka gutandukanya ibice bigize umurunga watumye Jenoside igerwaho.”

-8117.jpg

BNP Paribas ni banki ikomeye ikorera mu bihugu 75.

2017-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Andrew Mwenda na Muhoozi mu mugambi wo kwinjiza Museveni mu ntwari za Afurika mu buryo bwa magendu

Ubwanditsi 25 Oct 2019
Iminsi irabarirwa ku ntoki  ngo Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside agezwe mu Rwanda

Iminsi irabarirwa ku ntoki ngo Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside agezwe mu Rwanda

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Bruxelles : Abarundi benshi n’ Abacongomani  batawe muri yombi bazira gutera amabuye abanyarwanda baje kwakira Perezida Kagame

Bruxelles : Abarundi benshi n’ Abacongomani batawe muri yombi bazira gutera amabuye abanyarwanda baje kwakira Perezida Kagame

Ubwanditsi 12 Jun 2017
Uburaya muri hotel zikomeye z’i Kigali buravuza ubuhuha

Uburaya muri hotel zikomeye z’i Kigali buravuza ubuhuha

Ubwanditsi 03 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima
Amakuru

Abagore barasabwa kuba abambere mu kwita ku bidukikije n’urusobe rw’ibinyabuzima

Ubwanditsi 18 Aug 2021
Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni yeretswe isura ye nyakuri imbere y’amahanga: Umukandida we yabonye amajwi akojeje isoni mu matora y’icyegera cya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe.
Amakuru

Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni yeretswe isura ye nyakuri imbere y’amahanga: Umukandida we yabonye amajwi akojeje isoni mu matora y’icyegera cya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe.

Ubwanditsi 08 Feb 2021
Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Isano ya Mateke Na Habyarimana yongeye kwigaragaza, akangurira abanyauganda gutera u Rwanda

Ubwanditsi 24 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru