• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Zimbabwe: Inteko igiye kweguza Robert Mugabe

Zimbabwe: Inteko igiye kweguza Robert Mugabe

Ubwanditsi 21 Nov 2017 Mu Mahanga

Ishyaka rya Zanu PF ryatangiye gahunda yo kweguza Perezida Robert Mugabe nyuma y’uko ananiwe kwivana ku butegetsi.

Ubuyobozi bw’iri shyaka buvuga ko kuri uyu wa Kabiri burageza imbere y’Inteko Ishinga Amategeko ubusabe bwo kumweguza, abagize inteko bakabikora mu minsi ibiri gusa.

Ubwo busabe bushinja Mugabe ibirego birimo kwemerera umugore we Grace kwiha ububasha.

Abayobozi bakuru b’igisirikare bafashe ubutegetsi mu cyumweru gishize bavuga ko Mugabe yenda guhura na Visi-Perezida Mnangagwa yari yirukanye.

Emmerson Mnangagwa yahunze Zimbabwe amaze kwirukanwa biba ikimenyetso simusiga cy’uko Mugabe ashaka gusimburwa n’umugore we.

Igisirikare cyahise gifata televiziyo ndetse Mugabe afungirwa iwe mu rugo nubwo acyitwa Perezida ku izina.

Nubwo Mugabe yari yashyizweho igitutu ngo yegure, ku Cyumweru yaratunguranye yanga kwegura ahubwo avugira ijambo kuri televiziyo ry’uko azayobora inama rusange y’ishyaka Zanu PF izaba mu kwezi gutaha.
BBC ivuga ko umwe mu badepite Paul Mangwana yavuze ko ibikorwa byo kumweguza burundu byatangiye ariko isaha ntarengwa ya saa sita z’ejo hashize Zanu PF yari yamuhaye yarangiye.

Ati “Yatsimbaraye, arumva amajwi y’abaturage ariko akica amatwi.”

Kweguzwa muri Zimbabwe ubusanzwe bikorwa ku muntu wagize imyitwarire idasanzwe nko kwica Itegeko Nshinga, gusuzugura cyangwa kugira ubushobozi buke.

Mangwana yongeyeho ati “Ikirego ashinjwa gikomeye ni uko yemereye umugore we kwiha ububasha bw’Itegeko Nshinga kandi adafite uburenganzira bwo kuyobora guverinoma. Yanze gukurikiza itegeko nshinga rya Zimbabwe, by’umwihariko twagombaga gutora abagize njyanama z’intara ariko kugeza ubu ntibiraba.”

Yemeza ko kweguza Mugabe bitazatwara igihe nk’uko bamwe mu mpuguke babivuga, ku wa Gatatu bikazaba byarangiye kubera impamvu zabyo zisobanutse neza.

Gutora ku gutangiza ibikorwa byo kweguza Mugabe birabera mu Mutwe w’Abadepite no muri Sena .
Nibabyemeza harashyirwaho komite ihuriweho n’imitwe yombi itangire iperereza ku kumweguza, nisanga bikwiye ko yegura abagize inteko barongera batore hafatwe umwanzuro watowe na bibiri bya gatatu.

Mu myaka ishize abarwanya Mugabe bagerageje kumweguza muri ubwo buryo biranga. Ariko kuri ubu n’ishyaka rye ritakimushyigikiye birashoboka cyane.

Bibaye, ubundi Mnangagwa yahita afata umwanya wa Mugabe ariko ubwo yirukanwaga, Phelekezela Mphoko ushyigiye Grace Mugabe yahise aba Visi Perezida bivuze ko ari we wakabaye Perezida nubwo bitamworohera.

Ntibiramenyekana neza ko Mnangagwa agirwa Perezida gusa ashyigikiwe n’igisirikare kivuga ko gitegereje ibiva mu biganiro aragirana na Robert Mugabe.

2017-11-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Joseph Kabila yashinje Perezida Tshisekedi kuba nyirabayazana w’ibibazo byose Congo ifite

Joseph Kabila yashinje Perezida Tshisekedi kuba nyirabayazana w’ibibazo byose Congo ifite

Ubwanditsi 24 Feb 2025
Abapolisi bihugura mu bijyanye n’ubutumwa bw’amahoro  basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi

Abapolisi bihugura mu bijyanye n’ubutumwa bw’amahoro basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi

Ubwanditsi 12 Jun 2016
Imodoka y’Umuryango utegamiye kuri Leta yari ipakiyemo ibiyobyabwenge yakoze impanuka

Imodoka y’Umuryango utegamiye kuri Leta yari ipakiyemo ibiyobyabwenge yakoze impanuka

Ubwanditsi 17 Aug 2016
Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza
ITOHOZA

CNLG yamaganye abitwaza gufasha abarokotse Jenoside mu nyungu zabo bagasabiriza

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda
Amakuru

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

RUSHYASHYA 11 Nov 2025
Burundi: Nyuma yo gufunga BBC na VOA ngo zitagaragariza amahanga itekinika muri referendum leta yisubiyeho ku bihano
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Nyuma yo gufunga BBC na VOA ngo zitagaragariza amahanga itekinika muri referendum leta yisubiyeho ku bihano

Ubwanditsi 24 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru