• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Itangazamakuru ry’Uburayi n’Amerika ntacyo rivuga kuri Jenoside ikorerwa Abatutsi b’Abanyekongo. Ese iyi si ya politiki yo gushyigikira “rubanda nyamwinshi”?

Itangazamakuru ry’Uburayi n’Amerika ntacyo rivuga kuri Jenoside ikorerwa Abatutsi b’Abanyekongo. Ese iyi si ya politiki yo gushyigikira “rubanda nyamwinshi”?

Ubwanditsi 20 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuva umutwe wa M23 wakwegura intwaro mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi 2022, ndetse ukigarurira ibirindiro byinshi by’igisirikari cya Kongo, FARDC, Leta ya Kongo yananiwe gusobanurira abaturage impamvu ingirwa-ngabo zabo zikubitwa inshuro bibi cyane, maze ihitamo kubyegeka ku Rwanda ngo nirwo rurwana mu Burasirazuba bwa Kongo.

Ingabo za Loni ziri muri icyo gihugu (Monusco) zatangaje ko nta kimenyetso na kimwe cyerekana ko u Rwanda rufite ingabo muri Kongo, ariko FARDC na Leta ya Perezida Félix Tshisekedi batsimbarara ku kinyoma, nubwo amahanga yamaze kumenya ko ari ikinamico.

Ntibyagarukiye aho , iyo Leta, igisirikari, igipolisi n’amashyaka ya politiki yahamagariye abaturage gufata imihoro n’amacumu bagatsemba bagenzi babo b’Abanyekongo, babaziza gusa ko bavuga ikinyarwanda. Insoresore zahaze urumogi, abasirikari n’abapolisi babyumvise bwangu, maze birara mu Batutsi b’abanyekongo baratemagura, abandi barabatwika kugeza bapfuye.

Kuwa gatandatu tariki 18/06/2022, ahitwa Maniema bishe umututsi baramurya, ibintu birenze ubwenge bwa kamere-muntu. Ubu abashyushye muri ayo marorerwa ni urubyiruko rw’ishyaka UDPS rya Perezida Tshisekedi, rwiyise , “Brigade Spéciale de l’UDPS”(B.S.U) bigaragara ko rwafashe neza amasomo rwatojwe n’Interahamwe, dore banafitanye umubano wihariye.

Leta ya Kongo yabonye amazi yarenze inkombe itangira kwiyerurutsa ngo iramagana ubwo bwicanyi, nyamara nta n’umwe irahana muri abo bicanyi, kandi babukora ku manywa y’ihangu. Ubu noneho FARDC yabuze ayo icira n’ayo imira. Yamaze kubona ko amaherezo iyi Jenoside ikorerwa Abatutsi n’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda izabagaruka, basohora itangazo ryasekeje benshi, ngo imvugo zihembera urwango n’amashusho yakwiye isi yose agaragaza uburyo iyo Jenoside irimo gukorwa, “byateguriwe i Kigali, maze u Rwanda rubikwiza isi yose, rugamije gusiga isura mbi Leta ya Kongo”!

Ababonye iryo tangazo ku mbuga nkoranyambaga, barimo n’Abanyekongo ubwabo, bagize bati””Aba bantu niba atari abasazi ni abaswa bikabije”!

Igitangaje ariko, ni imyitwarire y’itangazamakuru mpuzamahanga muri iyi Jenoside ikorerwa Abatutsi n’abanyekongo bavuga ikinyarwanda. Za BBC, RFI, France24, The Guardian, Financial Times, CNN, n’ibindi bitangazamakuru bikomeye i Burayi n’Amarika byararuciye birarumira, atari uko bitazi ukuri kw’ibirimo kuba, ahubwo ari muri wa mugambi wo gushyigikira”rubanda nyamwinshi”, nk’uko byagenze mu Rwanda mu mwaka w’1994.

Umunyamakuru ugerageje kuvuga agarukira gusa ku kwamagana”imvugo zibiba amacakubiri”, ariko nta n’umwe urerura ngo avuge ko ibikorwa ari” JENOSIDE”, kandi ikaba imaze guhitana inzirakarengane nyinshi cyane.
Loni n’imiryango mpuzamahanga yitwa ko”irengera uburenganzira bwa muntu”, nayo ntacyo ikora ngo itabare cyangwa itabarize abahigwa bukware. Bose barahera mu magambo ayobya uburari, ngo ibiba ni “ubushyamirane”, aho kwererura ngo bahamagarire isi yose guhagarika iyi jenoside.

Kuki nta muryango cyangwa igitangazamakuru cyari cyamagana Perezida Tshisekedi ushora urubyiruko rw’ishyaka rye mu bikorwa byo gutsemba Abatutsi n’abandi bakongomani bavuga ikinyarwanda?

Ibi byose biragaragaza ko Abatutsi b’Abanyekongo bagambaniwe. Icyakora ubutegetsi bwa Kongo bwari bukwiye kwitegura ingaruka z’ubu bwicanyi. Uretse ko na nyuma y’imyaka mirongo ababugizemo uruhare bazabiryozwa, biranaha imitwe y’itwaje intwaro, nka M23, impamvu yo kurwana irengera abo mu bwoko bwabo.

Kwica Abatutsi n’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda ntibishobora gukemura ibibazo bya Kongo, ahubwo bizatuma ibintu birusho kudogera. Guhishira ubu bwicanyi nk’uko za BBC , CNN n’ibindi bitangazamakuru mpuzamahanga birimo kubikora, nabyo nyacyo bizafasha abicanyi, ahubwo birabaroha mu mateka mabi batazigobotora.

2022-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazo rigenewe abanyamakuru: Jean Lambert Gatare yasimbuye byagateganyo Nyakwigendera Burasa

Itangazo rigenewe abanyamakuru: Jean Lambert Gatare yasimbuye byagateganyo Nyakwigendera Burasa

Ubwanditsi 11 May 2020
Kigali: Perezida Kagame yakiriye Li Yong uyobora iterambere ry’inganda muri UN

Kigali: Perezida Kagame yakiriye Li Yong uyobora iterambere ry’inganda muri UN

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Abakozi b’Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro ryo mu ntara y’Uburengerazuba bahawe ubumenyi ku kurwanya inkongi z’imiriro

Abakozi b’Ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro ryo mu ntara y’Uburengerazuba bahawe ubumenyi ku kurwanya inkongi z’imiriro

Ubwanditsi 20 Jan 2016
Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza

Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza

Ubwanditsi 08 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarundi bazindukiye mu matora ya Kamarampaka ishobora kwemerera Nkurunziza kuyobora kugeza mu 2034
INKURU NYAMUKURU

Abarundi bazindukiye mu matora ya Kamarampaka ishobora kwemerera Nkurunziza kuyobora kugeza mu 2034

Ubwanditsi 17 May 2018
Claire Karekezi, Umunyarwandakazi wa mbere u Rwanda rugize w’inzobere mu kuvura cancer yo mu bwonko
Mu Rwanda

Claire Karekezi, Umunyarwandakazi wa mbere u Rwanda rugize w’inzobere mu kuvura cancer yo mu bwonko

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni yeretswe isura ye nyakuri imbere y’amahanga: Umukandida we yabonye amajwi akojeje isoni mu matora y’icyegera cya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe.
Amakuru

Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni yeretswe isura ye nyakuri imbere y’amahanga: Umukandida we yabonye amajwi akojeje isoni mu matora y’icyegera cya Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afrika Yunze Ubumwe.

Ubwanditsi 08 Feb 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru