• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Itangazamakuru ry’Uburayi n’Amerika ntacyo rivuga kuri Jenoside ikorerwa Abatutsi b’Abanyekongo. Ese iyi si ya politiki yo gushyigikira “rubanda nyamwinshi”?

Itangazamakuru ry’Uburayi n’Amerika ntacyo rivuga kuri Jenoside ikorerwa Abatutsi b’Abanyekongo. Ese iyi si ya politiki yo gushyigikira “rubanda nyamwinshi”?

Ubwanditsi 20 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuva umutwe wa M23 wakwegura intwaro mu mpera z’ukwezi kwa Gicurasi 2022, ndetse ukigarurira ibirindiro byinshi by’igisirikari cya Kongo, FARDC, Leta ya Kongo yananiwe gusobanurira abaturage impamvu ingirwa-ngabo zabo zikubitwa inshuro bibi cyane, maze ihitamo kubyegeka ku Rwanda ngo nirwo rurwana mu Burasirazuba bwa Kongo.

Ingabo za Loni ziri muri icyo gihugu (Monusco) zatangaje ko nta kimenyetso na kimwe cyerekana ko u Rwanda rufite ingabo muri Kongo, ariko FARDC na Leta ya Perezida Félix Tshisekedi batsimbarara ku kinyoma, nubwo amahanga yamaze kumenya ko ari ikinamico.

Ntibyagarukiye aho , iyo Leta, igisirikari, igipolisi n’amashyaka ya politiki yahamagariye abaturage gufata imihoro n’amacumu bagatsemba bagenzi babo b’Abanyekongo, babaziza gusa ko bavuga ikinyarwanda. Insoresore zahaze urumogi, abasirikari n’abapolisi babyumvise bwangu, maze birara mu Batutsi b’abanyekongo baratemagura, abandi barabatwika kugeza bapfuye.

Kuwa gatandatu tariki 18/06/2022, ahitwa Maniema bishe umututsi baramurya, ibintu birenze ubwenge bwa kamere-muntu. Ubu abashyushye muri ayo marorerwa ni urubyiruko rw’ishyaka UDPS rya Perezida Tshisekedi, rwiyise , “Brigade Spéciale de l’UDPS”(B.S.U) bigaragara ko rwafashe neza amasomo rwatojwe n’Interahamwe, dore banafitanye umubano wihariye.

Leta ya Kongo yabonye amazi yarenze inkombe itangira kwiyerurutsa ngo iramagana ubwo bwicanyi, nyamara nta n’umwe irahana muri abo bicanyi, kandi babukora ku manywa y’ihangu. Ubu noneho FARDC yabuze ayo icira n’ayo imira. Yamaze kubona ko amaherezo iyi Jenoside ikorerwa Abatutsi n’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda izabagaruka, basohora itangazo ryasekeje benshi, ngo imvugo zihembera urwango n’amashusho yakwiye isi yose agaragaza uburyo iyo Jenoside irimo gukorwa, “byateguriwe i Kigali, maze u Rwanda rubikwiza isi yose, rugamije gusiga isura mbi Leta ya Kongo”!

Ababonye iryo tangazo ku mbuga nkoranyambaga, barimo n’Abanyekongo ubwabo, bagize bati””Aba bantu niba atari abasazi ni abaswa bikabije”!

Igitangaje ariko, ni imyitwarire y’itangazamakuru mpuzamahanga muri iyi Jenoside ikorerwa Abatutsi n’abanyekongo bavuga ikinyarwanda. Za BBC, RFI, France24, The Guardian, Financial Times, CNN, n’ibindi bitangazamakuru bikomeye i Burayi n’Amarika byararuciye birarumira, atari uko bitazi ukuri kw’ibirimo kuba, ahubwo ari muri wa mugambi wo gushyigikira”rubanda nyamwinshi”, nk’uko byagenze mu Rwanda mu mwaka w’1994.

Umunyamakuru ugerageje kuvuga agarukira gusa ku kwamagana”imvugo zibiba amacakubiri”, ariko nta n’umwe urerura ngo avuge ko ibikorwa ari” JENOSIDE”, kandi ikaba imaze guhitana inzirakarengane nyinshi cyane.
Loni n’imiryango mpuzamahanga yitwa ko”irengera uburenganzira bwa muntu”, nayo ntacyo ikora ngo itabare cyangwa itabarize abahigwa bukware. Bose barahera mu magambo ayobya uburari, ngo ibiba ni “ubushyamirane”, aho kwererura ngo bahamagarire isi yose guhagarika iyi jenoside.

Kuki nta muryango cyangwa igitangazamakuru cyari cyamagana Perezida Tshisekedi ushora urubyiruko rw’ishyaka rye mu bikorwa byo gutsemba Abatutsi n’abandi bakongomani bavuga ikinyarwanda?

Ibi byose biragaragaza ko Abatutsi b’Abanyekongo bagambaniwe. Icyakora ubutegetsi bwa Kongo bwari bukwiye kwitegura ingaruka z’ubu bwicanyi. Uretse ko na nyuma y’imyaka mirongo ababugizemo uruhare bazabiryozwa, biranaha imitwe y’itwaje intwaro, nka M23, impamvu yo kurwana irengera abo mu bwoko bwabo.

Kwica Abatutsi n’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda ntibishobora gukemura ibibazo bya Kongo, ahubwo bizatuma ibintu birusho kudogera. Guhishira ubu bwicanyi nk’uko za BBC , CNN n’ibindi bitangazamakuru mpuzamahanga birimo kubikora, nabyo nyacyo bizafasha abicanyi, ahubwo birabaroha mu mateka mabi batazigobotora.

2022-06-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Igihano Diamond azahabwa natsindwa na Hamisa Mobetto cyamenyekanye!!

Igihano Diamond azahabwa natsindwa na Hamisa Mobetto cyamenyekanye!!

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Umugambi wa Uganda wo gukoresha urupfu rwa Rwigema nk’intwaro yo gusiga icyasha u Rwanda

Umugambi wa Uganda wo gukoresha urupfu rwa Rwigema nk’intwaro yo gusiga icyasha u Rwanda

Ubwanditsi 14 Oct 2019
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe

Ubwanditsi 14 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yagaruye abanyarwanda babiri bari barahungiyeyo kubera ibyaha bitandukanye
Mu Rwanda

Uganda yagaruye abanyarwanda babiri bari barahungiyeyo kubera ibyaha bitandukanye

Ubwanditsi 22 Feb 2017
AMAFOTO – APR FC irimo amasura mashya yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup 2024
Amakuru

AMAFOTO – APR FC irimo amasura mashya yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup 2024

Ubwanditsi 08 Jul 2024
Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri  Slovakia
IMIKINO

Abakinnyi 4 ba banyarwanda berekeje gukina muri Slovakia

Ubwanditsi 07 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru