• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Gasabo: Yamaze imyaka ibiri afungiranywe kubera ubumuga, umugabo we aranamuharika

Gasabo: Yamaze imyaka ibiri afungiranywe kubera ubumuga, umugabo we aranamuharika

Ubwanditsi 27 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Tuyisenge Christine w’imyaka 42 y’amavuko yamaze imyaka ibiri afungiranywe n’umugabo we mu nzu nyuma yo kumugara, anamushakiraho undi mugore, umuryango ntiwongera kumubona.

Mu 2010 Tuyisenge wari umuganga mu Bitaro bya Kigeme yarwaye ‘angine’ atinya ko zamuviramo umwingo, ajya kuzibagisha ku bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) ariko aza kugira ibyago byo kumugara kuko ikinya cyamuvuyemo nyuma y’amezi ane, nta rugingo na rumwe anyeganyeza n’amaso yarahumye.

Mukuru wa Tuyisenge witwa Mushimiyimana Thérèsie yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru  ko umuvandimwe we yakomeje kwitabwaho n’abaganga ariko biba iby’ubusa nyuma aza gucyurwa iwe n’umugabo ariko ntiyanamwitaho uko bikwiye nubwo yari yarahawe impozamarira.

Ati “Byageze igihe ibitaro bya CHUB byumvikana n’umugabo we witwa Munyeshyaka Jean Damascene ko bazamuha impozamarira ingana na miliyoni 48 Frw. Umugabo akimara kumva ko bagiye kumuha amafaranga yahise akura murumuna wanjye aho yari yaragiye kurwarira mu Bitaro bya Kanombe, amujyana iwe mu rugo.”

Nk’uko yakomeje abivuga, ngo guhera mu 2015 kugeza muri Kamena 2018 ntibari bazi amakuru y’umuvandimwe wabo kuko umugabo we atabemereraga kumusura.

Ati “Ntiyatwemereraga kumusura hari n’umunsi musaza wacu mukuru yaje yirirwa muri gare Nyabugogo yamwemereye ko amusura arangije arabyanga, twe twibwiraga ko ubwo yabonye amafaranga menshi ari we ayakesha amwitaho nta kibazo kugeza mu minsi ishize ubwo abantu baziranye baduhaye amakuru y’uko bamwishe nabi.”

Igihe cyaje kugera biyambaza inzego z’ibanze kugira ngo babashe kumubona.

Mushimiyimana yagize ati “Inzego z’ibanze mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo aho batuye ntibari bazi ko afite abagore babiri mu nzu kuko murumuna wanjye batamubonaga yahoraga mu nzu aho atagera hanze, twaragiye turabibabwira birabatungura cyane.”

Yakomeje ati “Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize nibwo twagiyeyo ndi kumwe n’abandi bantu hamwe n’umukuru w’umudugudu twahasanze umukozi hamwe n’umugore, umugabo yari yagiye ku kazi babanza kwanga kutwakira baduheza ku irembo. Bageze aho umugore yarafunguye atwereka icyumba umuvandimwe wanjye arimo nuko twinjiyemo ahita adufungirana ashyiraho ingufuri noneho umukuru w’umudugudu twari kumwe ahamagara izindi nzego zirimo na Polisi niko kuza baradufungura baduha umuvandimwe wacu turamutahana.”

Mushimiyimana Thérèsie yakomeje avuga ko Tuyisenge basanze yarahinamiranye kurusha uko yari ameze akiri kwa muganga kuko atitabwagaho.

Ati “Yari yarishwe n’inzara, umubiri we uvuvuka ubona ko atitabwaho. Ubu nahise mujyana iwanjye mu Karere ka Rubavu, ari kwitabwaho n’abaganga. Ibi nibyo twabonye byihutirwa nta kindi turatekereza.”

TV1 yifuje kumenya icyo umugabi w’uwo mugore avuga kuri ibi bibazo, asubiza agira ati “Nta makuru nshaka gutanga kuri icyo kibazo.”

Munyeshyaka Jean Damascene na Tuyisenge Christine babyaranye abana babiri, umuhungu n’umukobwa. Umuhungu akaba yaritabye Imana hasigaye umukobwa w’imyaka umunani y’amavuko akaba arerwa na mukase.

2018-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho 13 bagera ku 102

Abanduye Coronavirus mu Rwanda biyongereyeho 13 bagera ku 102

Ubwanditsi 05 Apr 2020
Inzoka zatumye Perezida wa Liberia yimuka mu biro bye

Inzoka zatumye Perezida wa Liberia yimuka mu biro bye

Ubwanditsi 20 Apr 2019
Uganda: Umugore yafatanwe igikapu gipakiyemo intwaro zitandukanye za gisirikare

Uganda: Umugore yafatanwe igikapu gipakiyemo intwaro zitandukanye za gisirikare

Ubwanditsi 28 Jan 2018
Dore Urutonde rw’ Abagore Muri Afurika Bafite Amafaranga Menshi Kurusha Abandi

Dore Urutonde rw’ Abagore Muri Afurika Bafite Amafaranga Menshi Kurusha Abandi

Ubwanditsi 15 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?
Amakuru

Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?

RUSHYASHYA 15 Apr 2026

Police FC yegukanye igikombe cy’Amahoro itsinze Bugesera FC ku mukino wa nyuma 2-1, kiba icya 2 mu mateka yayo

Ubwanditsi 01 May 2024
DONALD TRUMP  abaye Perezida wambere urahiriye  gutegeka Amerika adakunzwe
ITOHOZA

DONALD TRUMP abaye Perezida wambere urahiriye gutegeka Amerika adakunzwe

Ubwanditsi 24 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru