• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Gasabo: Yamaze imyaka ibiri afungiranywe kubera ubumuga, umugabo we aranamuharika

Gasabo: Yamaze imyaka ibiri afungiranywe kubera ubumuga, umugabo we aranamuharika

Ubwanditsi 27 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Tuyisenge Christine w’imyaka 42 y’amavuko yamaze imyaka ibiri afungiranywe n’umugabo we mu nzu nyuma yo kumugara, anamushakiraho undi mugore, umuryango ntiwongera kumubona.

Mu 2010 Tuyisenge wari umuganga mu Bitaro bya Kigeme yarwaye ‘angine’ atinya ko zamuviramo umwingo, ajya kuzibagisha ku bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) ariko aza kugira ibyago byo kumugara kuko ikinya cyamuvuyemo nyuma y’amezi ane, nta rugingo na rumwe anyeganyeza n’amaso yarahumye.

Mukuru wa Tuyisenge witwa Mushimiyimana Thérèsie yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru  ko umuvandimwe we yakomeje kwitabwaho n’abaganga ariko biba iby’ubusa nyuma aza gucyurwa iwe n’umugabo ariko ntiyanamwitaho uko bikwiye nubwo yari yarahawe impozamarira.

Ati “Byageze igihe ibitaro bya CHUB byumvikana n’umugabo we witwa Munyeshyaka Jean Damascene ko bazamuha impozamarira ingana na miliyoni 48 Frw. Umugabo akimara kumva ko bagiye kumuha amafaranga yahise akura murumuna wanjye aho yari yaragiye kurwarira mu Bitaro bya Kanombe, amujyana iwe mu rugo.”

Nk’uko yakomeje abivuga, ngo guhera mu 2015 kugeza muri Kamena 2018 ntibari bazi amakuru y’umuvandimwe wabo kuko umugabo we atabemereraga kumusura.

Ati “Ntiyatwemereraga kumusura hari n’umunsi musaza wacu mukuru yaje yirirwa muri gare Nyabugogo yamwemereye ko amusura arangije arabyanga, twe twibwiraga ko ubwo yabonye amafaranga menshi ari we ayakesha amwitaho nta kibazo kugeza mu minsi ishize ubwo abantu baziranye baduhaye amakuru y’uko bamwishe nabi.”

Igihe cyaje kugera biyambaza inzego z’ibanze kugira ngo babashe kumubona.

Mushimiyimana yagize ati “Inzego z’ibanze mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo aho batuye ntibari bazi ko afite abagore babiri mu nzu kuko murumuna wanjye batamubonaga yahoraga mu nzu aho atagera hanze, twaragiye turabibabwira birabatungura cyane.”

Yakomeje ati “Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize nibwo twagiyeyo ndi kumwe n’abandi bantu hamwe n’umukuru w’umudugudu twahasanze umukozi hamwe n’umugore, umugabo yari yagiye ku kazi babanza kwanga kutwakira baduheza ku irembo. Bageze aho umugore yarafunguye atwereka icyumba umuvandimwe wanjye arimo nuko twinjiyemo ahita adufungirana ashyiraho ingufuri noneho umukuru w’umudugudu twari kumwe ahamagara izindi nzego zirimo na Polisi niko kuza baradufungura baduha umuvandimwe wacu turamutahana.”

Mushimiyimana Thérèsie yakomeje avuga ko Tuyisenge basanze yarahinamiranye kurusha uko yari ameze akiri kwa muganga kuko atitabwagaho.

Ati “Yari yarishwe n’inzara, umubiri we uvuvuka ubona ko atitabwaho. Ubu nahise mujyana iwanjye mu Karere ka Rubavu, ari kwitabwaho n’abaganga. Ibi nibyo twabonye byihutirwa nta kindi turatekereza.”

TV1 yifuje kumenya icyo umugabi w’uwo mugore avuga kuri ibi bibazo, asubiza agira ati “Nta makuru nshaka gutanga kuri icyo kibazo.”

Munyeshyaka Jean Damascene na Tuyisenge Christine babyaranye abana babiri, umuhungu n’umukobwa. Umuhungu akaba yaritabye Imana hasigaye umukobwa w’imyaka umunani y’amavuko akaba arerwa na mukase.

2018-06-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

USA: Umunyarwanda yasanzwe muri hotel yapfuye

Ubwanditsi 22 Jun 2019
Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Uganda: Abashinzwe Umutekano Bavumbuye Imirambo Itanu Mu Rugo Rw’umupfumu

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 01 Jul 2019
Birababaje!! Umugabo yarumye umunwa w’umukunzi we arawuca ku munsi w’abakundanye

Birababaje!! Umugabo yarumye umunwa w’umukunzi we arawuca ku munsi w’abakundanye

Ubwanditsi 17 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda
Amakuru

Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Ubwanditsi 28 May 2024
Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball  yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda
Amakuru

Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2021
Kwizera Peace yatorewe kuba Miss Naïades
IMIKINO

Kwizera Peace yatorewe kuba Miss Naïades

Ubwanditsi 13 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru