• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Gasabo: Yamaze imyaka ibiri afungiranywe kubera ubumuga, umugabo we aranamuharika

Gasabo: Yamaze imyaka ibiri afungiranywe kubera ubumuga, umugabo we aranamuharika

Editorial 27 Jun 2018 HIRYA NO HINO

Tuyisenge Christine w’imyaka 42 y’amavuko yamaze imyaka ibiri afungiranywe n’umugabo we mu nzu nyuma yo kumugara, anamushakiraho undi mugore, umuryango ntiwongera kumubona.

Mu 2010 Tuyisenge wari umuganga mu Bitaro bya Kigeme yarwaye ‘angine’ atinya ko zamuviramo umwingo, ajya kuzibagisha ku bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) ariko aza kugira ibyago byo kumugara kuko ikinya cyamuvuyemo nyuma y’amezi ane, nta rugingo na rumwe anyeganyeza n’amaso yarahumye.

Mukuru wa Tuyisenge witwa Mushimiyimana Thérèsie yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru  ko umuvandimwe we yakomeje kwitabwaho n’abaganga ariko biba iby’ubusa nyuma aza gucyurwa iwe n’umugabo ariko ntiyanamwitaho uko bikwiye nubwo yari yarahawe impozamarira.

Ati “Byageze igihe ibitaro bya CHUB byumvikana n’umugabo we witwa Munyeshyaka Jean Damascene ko bazamuha impozamarira ingana na miliyoni 48 Frw. Umugabo akimara kumva ko bagiye kumuha amafaranga yahise akura murumuna wanjye aho yari yaragiye kurwarira mu Bitaro bya Kanombe, amujyana iwe mu rugo.”

Nk’uko yakomeje abivuga, ngo guhera mu 2015 kugeza muri Kamena 2018 ntibari bazi amakuru y’umuvandimwe wabo kuko umugabo we atabemereraga kumusura.

Ati “Ntiyatwemereraga kumusura hari n’umunsi musaza wacu mukuru yaje yirirwa muri gare Nyabugogo yamwemereye ko amusura arangije arabyanga, twe twibwiraga ko ubwo yabonye amafaranga menshi ari we ayakesha amwitaho nta kibazo kugeza mu minsi ishize ubwo abantu baziranye baduhaye amakuru y’uko bamwishe nabi.”

Igihe cyaje kugera biyambaza inzego z’ibanze kugira ngo babashe kumubona.

Mushimiyimana yagize ati “Inzego z’ibanze mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo aho batuye ntibari bazi ko afite abagore babiri mu nzu kuko murumuna wanjye batamubonaga yahoraga mu nzu aho atagera hanze, twaragiye turabibabwira birabatungura cyane.”

Yakomeje ati “Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize nibwo twagiyeyo ndi kumwe n’abandi bantu hamwe n’umukuru w’umudugudu twahasanze umukozi hamwe n’umugore, umugabo yari yagiye ku kazi babanza kwanga kutwakira baduheza ku irembo. Bageze aho umugore yarafunguye atwereka icyumba umuvandimwe wanjye arimo nuko twinjiyemo ahita adufungirana ashyiraho ingufuri noneho umukuru w’umudugudu twari kumwe ahamagara izindi nzego zirimo na Polisi niko kuza baradufungura baduha umuvandimwe wacu turamutahana.”

Mushimiyimana Thérèsie yakomeje avuga ko Tuyisenge basanze yarahinamiranye kurusha uko yari ameze akiri kwa muganga kuko atitabwagaho.

Ati “Yari yarishwe n’inzara, umubiri we uvuvuka ubona ko atitabwaho. Ubu nahise mujyana iwanjye mu Karere ka Rubavu, ari kwitabwaho n’abaganga. Ibi nibyo twabonye byihutirwa nta kindi turatekereza.”

TV1 yifuje kumenya icyo umugabi w’uwo mugore avuga kuri ibi bibazo, asubiza agira ati “Nta makuru nshaka gutanga kuri icyo kibazo.”

Munyeshyaka Jean Damascene na Tuyisenge Christine babyaranye abana babiri, umuhungu n’umukobwa. Umuhungu akaba yaritabye Imana hasigaye umukobwa w’imyaka umunani y’amavuko akaba arerwa na mukase.

2018-06-27
Editorial

IZINDI NKURU

Umuratwa Assumpta ukataje mu bukangurambaga bw’Ishakwe rya Rudasingwa ni muntu ki? 

Umuratwa Assumpta ukataje mu bukangurambaga bw’Ishakwe rya Rudasingwa ni muntu ki? 

Editorial 03 Jul 2019
Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Editorial 15 Sep 2019
Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF – AMAFOTO

Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF – AMAFOTO

Editorial 05 Oct 2018
Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Editorial 09 Aug 2019
Umuratwa Assumpta ukataje mu bukangurambaga bw’Ishakwe rya Rudasingwa ni muntu ki? 

Umuratwa Assumpta ukataje mu bukangurambaga bw’Ishakwe rya Rudasingwa ni muntu ki? 

Editorial 03 Jul 2019
Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Editorial 15 Sep 2019
Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF – AMAFOTO

Urugendo rwa Louise Mushikiwabo ku buyobozi bwa OIF – AMAFOTO

Editorial 05 Oct 2018
Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Editorial 09 Aug 2019
Umuratwa Assumpta ukataje mu bukangurambaga bw’Ishakwe rya Rudasingwa ni muntu ki? 

Umuratwa Assumpta ukataje mu bukangurambaga bw’Ishakwe rya Rudasingwa ni muntu ki? 

Editorial 03 Jul 2019
Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Aba FDLR baba bayoboye u Burundi cyangwa ni abacancuro

Editorial 15 Sep 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru