• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Uganda: Kizza Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kutubaha amabwiriza ya Polisi

Uganda: Kizza Besigye yatawe muri yombi ashinjwa kutubaha amabwiriza ya Polisi

Ubwanditsi 05 Nov 2019 POLITIKI

Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Yoweri Museveni hamwe n’abayoboke b’Ishyaka riharanira impinduka muri Demokarasi (FDC) bari mu maboko ya polisi nyuma y’ubushyamirane bwamaze amasaha ane ahitwa Kireka.

Ibibazo byatangiye nyuma yuko inzego z’umutekano zihagaritse inama yari yateguwe n’ishyaka rya FDC kuri Stade y’igihugu yitiriwe Mandela i Namboole.

Abapolisi bitwaje intwaro n’abayobozi b’abasirikare babujije abantu kwinjira muri stade ndetse basubizayo buri wese wageragezaga kuhegera.

Daily Monitor yanditse ko abarwanashyaka ba FDC bari barakaye bafashe icyemezo cyo gukora urugendo ruva kuri stade y’igihugu yitiriwe Mandela bagana ku biro by’ishyaka ryabo i Najanankumbi, ariko Polisi iza kubatatanya.

Polisi yakoresheje imyuka iryana mu maso, imodoka zirasa amazi n’amasasu adakomeretsa mu kubatatanya bituma havuka ubushyamirane hagati Polisi n’abanyamuryango bakomeje kwiyongera.

Mu guhosha ibyo, polisi yagerageje guta muri yombi abayobozi barimo n’umuvugizi wa FDC Ibrahim Ssemujju Nganda, ariko arabacika.

Dr. Kizza Besigye, Perezida wa FDC yakomeje kugenda n’iyo mbaga ari mu modoka ye agenda abapepera.

Polisi yakoresheje imodoka zirasa amazi kugira ngo asohoke mu modoka ye birangira bamusohoye bamwinjiza mu modoka ya gipolisi. Bahise bamujyana kuri sitasiyo ya Naggalama.

Polisi yatangaje ko ku wa Mbere FDC yabamenyesheje ko iteganya ibirori, babasubiza babagira inama yo guhindura aho bizabera ariko ntibabyitaho.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kampala, Patrick Onyango, yagize ati “Besigye ntabwo yitaye ku mabwiriza ya Polisi anaparika imodoka ye rwagati mu muhanda abuza abandi gukoresha umuhanda. Imodoka yakuwemo, ajyanwa kuri isitasiyo ya Polisi ya Naggalama.”

Yongeyeho ati “Hari ifoto iri gutembera ku mbuga nkoranyambaga igaragaza ko hari umugore warashwe agapfa mu gasanteri k’ubucuruzi ka Kireka uyu munsi. Ibi ntabwo aribyo.”

Mu gihe amatora yo mu 2021 yegereje, amashyaka ya Opozisiyo ari gushyiraho ingamba zo guhangana na Museveni. Besigye n’abamushyigikiye baherutse gutangiza ubukangurambaga bise ‘Tubalemese’ cyangwa ’tubatsinde”, avuga ko buzafasha opozisiyo kugera ku ntego.

2019-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Somalia ashaka ibiganiro na Al Shabaab

Perezida wa Somalia ashaka ibiganiro na Al Shabaab

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Itotezwa ry’Impunzi z’Abanyarwanda ryamuteye kwandika igitabo

Ubwanditsi 17 Apr 2018
U Bubiligi : Abanyarwanda n’abandi banyafurika bamaganye ubucakara bukorerwa Abanyafurika muri Libya

U Bubiligi : Abanyarwanda n’abandi banyafurika bamaganye ubucakara bukorerwa Abanyafurika muri Libya

Ubwanditsi 26 Nov 2017

Zimbabwe: Perezida Emmerson Mnangagwa w’imyaka 80 ahagarariye Ishyaka rya ZANU-PF mu Matora

Ubwanditsi 23 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye
UBUKUNGU

Radisson Blu yabaye iya mbere mu Rwanda yahawe igihembo cya hoteli itekanye

Ubwanditsi 07 Aug 2019
Undi muntu wa hafi wa Gen Kayihura agiye gutabwa muri yombi
ITOHOZA

Undi muntu wa hafi wa Gen Kayihura agiye gutabwa muri yombi

Ubwanditsi 06 Oct 2018
Abacungagereza 36 birukanwe kubera guta akazi
Mu Rwanda

Abacungagereza 36 birukanwe kubera guta akazi

Ubwanditsi 09 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru