• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Impamvu icengezamatwara rya Uganda ryahishe ko Abagande biciwe ku butaka bw’u Rwanda bazize magendu

Impamvu icengezamatwara rya Uganda ryahishe ko Abagande biciwe ku butaka bw’u Rwanda bazize magendu

Ubwanditsi 11 Nov 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kuri iki cyumweru humvikanye amakuru y’Abagande babiri barasiwe mu Rwanda bagapfa, mu kindi kintu kigaragaza guta icyizere gukomeje kuzamuka kw’Abagande bifuza gucuruza mu Rwanda bakemera kubikora mu buryo bwa magendu.

Mbere y’uko haba iperereza iryo ari ryo ryose ariko ngo hamenyekanye uko ibintu byagenze, imbuga za internet nyinshi zo muri Uganda zirimo; Daily Monitor,, Softpower, Chimpreports, Commandpost1 n’izindi zo zatangaje byinshi.

Bifashishije n’izindi konti za facebook bakoresha bibasira u Rwanda, izi mbuga zatangaje ko U Rwanda rwarashe Abagande kubera ubugome.

Itangazamakuru  ricengezamatwara rya Kampala, akenshi ibikorwa byarwo bihuzwa n’inzego z’umutekano nka CMI, byatangaje ko abo Bagande babiri bishwe, Job Ebyarishanga na Bosco Tuheirwe, bari abanyemari.

Daily Monitor inkuru yayo ikaba yayihaye umutwe ugira uti: “Abanyemari babiri b’Abagande barasiwe mu Rwanda.”

Commandpost yo yagize iti: “Umutwe witwara gisirikare wa Guverinoma y’u Rwanda (Rwanda govt militia) wishe abanyemari babiri b’Abagande.” Izo nkuru zose zikaba zashatse kugaragaza ko abo bantu bari abanyemari (aho kuba abacuruzi ba magendu).

Gusa, nubwo itabishakaga, Daily Monitor yo yashyize ukuri ahagaragara ubwo yavugaga ibyo yatangarijwe n’umwe mu bayobozi mu Karere ka Rukiga, uyobora Paruwasi ya Kyabuhangwa, Ignatius Baketonda, ari naho abapfuye bari batuye.

Yagize ati: “Umwe mu bapfuye ni mwishywa wanjye. Nakiriye amakuru ko yarashwe agapfa na mugenzi we bari mu Rwanda ubwo bageragezaga kwinjiza igikamba mu buryo bwa magendu.”

Urubuga Softpower, ruzwiho kuyoborwa na Sarah Kagingo, umwe mu bahanga ba Kampala mu kuyobya rubanda ihabwa amakuru y’ibinyoma, yo yanditse ngo “Abagande babiri barashwe n’igisirikare cy’u Rwanda barapfa nyuma y’aho Kagame avuze ko Abagande bahawe ikaze.”

Aba rero ngo bakaba bakomeje kuzana Perezida w’u Rwanda mu mwanda wabo, mu gihe abayobozi b’ibanze muri Uganda ubwabo, ahaturanye n’u Rwanda bemera ko abo bagabo bari barenze ku mategeko binjiza magendu itabi mu Rwanda banyuze ku mupaka utemewe.

Nk’uko byatangajwe n’abayobozi bashinzwe umupaka ku ruhande rw’u Rwanda, ngo kuri iki Cyumweru, itariki 10 Ugushyingo,  mu rukerera saa cyenda z’ijoro, polisi yarashe ikica abacuruzi ba magendu babiri. Ibi bikaba byarabereye mu Karere ka Nyagatare, mu Murenge wa Tabagwe, mu Mudugudu wa Tabagwe. Byabaye ubwo abo bantu bari kumwe n’abandi batatu bacitse, bageragezaga kurwanya abashinzwe umutekano nabo bakirwanaho.

Bivugwa ko abo bantu bahagaritswe batwaye ibikamba ku magare atatu, binjiye ku butaka bw’u Rwanda imbere nko mu kirometero. Abapfuye bajyanywe ku Bitaro bya Nyagatare mu gihe itabi bari bafite ryafashwe nk’ibimenyetso na polisi.

Itangazamakuru rya poropaganda rya Uganda ryavuze ko babiri bari mu itsinda ry’abantu batanu, ariko ryanga gutangaza ibikorwa bari barimo byo kwica amategeko kuko iyo bavuga ukuri byari gushyira amakosa ku Bagande.

Umwe mu bayobozi ku mupaka ati: “Abagande bakoresha umupaka wemewe bambuka bahawe ikaze mu Rwanda ariko abanyamagendu? Ntibishoboka!”

Usibye aba bacuruzi ba magendu, abayobozi b’u Rwanda bari maso birushijeho kubera imitwe y’inyeshyamba ishaka gukoresha inzira nk’izo z’imipaka itemewe ngo zitere u Rwanda nk’uko biherutse kugenda mu Kinigi, ubwo FDRL-RUD yambukaga iturutse ku ruhande rwa Uganda nk’uko byemejwe na batanu muri bo bafashwe, bakica abaturage 14 abandi 18 bagakomereka.

Inzego z’umutekano z’u Rwanda zasubije inyuma icyo gitero, zica inyeshyamba 19 zifata izindi eshanu zahishuye ko zinjirijwe mu nyeshyamba muri Uganda.

U Rwanda rukaba rutazihanganira abakora magendu kandi rukazakora ibishoboka kugirango hatagira abantu bitwaje ibirwanisho binjirira ahatemewe bashaka gutera u Rwanda nk’uko umwe mu bayobozi abyemeza.

2019-11-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Uganda: umunyarwanda yaguye mu bitaro bya Mbarara azira ingaruka z’i’yicarubozo yakorewe n’urwego rw’ubutasi rwa gisirikare (CMI)

Ubwanditsi 10 Jan 2019
Uko Ishimwe yashimutiwe muri Uganda : Yasohotse agiye kuvugisha nyina yisanga mu maboko ya CMI

Uko Ishimwe yashimutiwe muri Uganda : Yasohotse agiye kuvugisha nyina yisanga mu maboko ya CMI

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Rtd. Capt. Safari  Patrick Arishinganisha nyuma yo gutanga amakuru y’ibyagwiririye urugo rwe [ VIDEO ]

Rtd. Capt. Safari Patrick Arishinganisha nyuma yo gutanga amakuru y’ibyagwiririye urugo rwe [ VIDEO ]

Ubwanditsi 20 Mar 2018
Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ese ni nde mu nzego z’igisirikare n’umutekano bya Uganda ushyigikiye RNC na FDLR mu guhungabanya URwanda?

Ubwanditsi 03 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge
Mu Mahanga

Itorero rya Pantekote mu karere ka Rubavu rikomeje ibikorwa by’ubukangurambaga byo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 30 Aug 2016
“Akamaro amazi yahinduwe amaraso ya Yesu agirira abantu “-Patmos of faith church
Mu Rwanda

“Akamaro amazi yahinduwe amaraso ya Yesu agirira abantu “-Patmos of faith church

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Bitewe n’urukumbuzi afitiye abakunzi b’umuziki we , Eric Senderi Hit yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bugaruka ku iterambere u Rwanda rwagezeho
Amakuru

Bitewe n’urukumbuzi afitiye abakunzi b’umuziki we , Eric Senderi Hit yashyize hanze indirimbo irimo ubutumwa bugaruka ku iterambere u Rwanda rwagezeho

Ubwanditsi 22 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru