• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari i Luanda muri Angola, aho yitabiriye inama ihuza Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mahoro n’Umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari i Luanda muri Angola, aho yitabiriye inama ihuza Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango Mpuzamahanga wita ku Mahoro n’Umutekano mu karere k’Ibiyaga Bigari.

Editorial 20 Apr 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Akigera i Luanda muri Angola kuri uyu wa kabiri tariki 20 Mata 2021, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame , yahise agirana umubonano na Perezida w’icyo gihugu, Joao Lourenço, bagarira ku mubano w’ibihugu byombi, baniyemeza kurushaho kuwushimangira.

Amakuru afitiwe gihamya kandi aravuga ko Perezida Kagame na mugenzi we Lourenço banagarutse ku mutekano muri aka karere k’Ibiyaga Bigari, cyane cyane ku mitwe yitwaje intwaro ihungabanya umutekano mu bihugu by’aka karere, dore ko Perezida Lourenço ari mu biyemeje gutanga inkunga mu kuyirandura.

Ababikurikiranira hafi kandi baravuga ko nta kuntu Abakuru b’Ibihugu byombi batanavuze ku mubano hagati y’uRwanda na Uganda, cyane cyane ko Perezida wa Angola kimwe na mugenzi we wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Tshissekedi bihaye inshingano yo gutanga umusanzu mu gukemura ibibazo uRwanda na Uganda bifitanye.

Uretse uyu mubonano wihariye Perezida Kagame yagiranye na mugenzi we wa Angola, Umukuru w’Igihugu cy’uRwanda aranitabira inama isuzuma ikibazo cy’intambara muri Repubulika ya Santrafrika. Abandi Bakuru b’Ibihugu bitabira iyi nama , ni Faustin Touadéra wa Santrafrika, Denis Sassou Nguesso wa Congo, Gen Abdel Fatah Buhani wa Sudan na Joao Lourenço wa Angola, ari nawe watumije iyi nama. Ingingo nyamukuru zibandwaho ni ikibazo cy’abaturage ibihumbi 60 bavuye mu byabo, n’uburyo amahoro yagaruka ,intambara iyogoza icyo gihugu cya santrafrika igahosha.

U Rwanda rurebwa cyane n’ibibera muri Santrafrika, kuko rusanganywe amasezerano y’ubufatanye n’icyo gihugu, ndetse kubera ayo masezerano magingo aya muri Santrafrika hariyo abasirikari b’uRwanda babungabuga amahoro n’umutekano, bafatanyije n’ingabo za Loni zirimo n’iz’uRwanda.

Kuva Ingabo z’uRwanda zagerayo zimaze guhabwa imidari myinshi izishimira ubwitange, ubuhanga n’ubunyamwuga mu gukoma imbere ibitero by’inyeshyamba zari zarayogoje Santrafrika.

2021-04-20
Editorial

IZINDI NKURU

Kivu Y’Amajyaruguru: Imirwano Iravuza Ubuhuha Hagati Y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ Na Mayi-Mayi

Kivu Y’Amajyaruguru: Imirwano Iravuza Ubuhuha Hagati Y’Abanyamulenge ’Twirwaneho’ Na Mayi-Mayi

Editorial 20 Aug 2018
FARDC yirinze kuvuga umubare w’abicanwe na Gen. Mudacumura

FARDC yirinze kuvuga umubare w’abicanwe na Gen. Mudacumura

Editorial 19 Sep 2019
APR FC yageze mu Misiri aho igiye gukina na Pyramid FC umukino w’ijonjora rya Kabiri rya CAF

APR FC yageze mu Misiri aho igiye gukina na Pyramid FC umukino w’ijonjora rya Kabiri rya CAF

Editorial 18 Sep 2024
Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Editorial 28 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump
POLITIKI

Kim Jong un yashimye intambwe yatewe nyuma y’ibiganiro na Trump

Editorial 13 Jul 2018
Rayon Sports yatsinze AS Kigali ikomeza gusatira APR FC (Amafoto)
IMIKINO

Rayon Sports yatsinze AS Kigali ikomeza gusatira APR FC (Amafoto)

Editorial 31 May 2018
Uwarokotse Jenoside yiciwe mu Bubiligi  n’umusore bikekwa ko yari inshuti ye
ITOHOZA

Uwarokotse Jenoside yiciwe mu Bubiligi n’umusore bikekwa ko yari inshuti ye

Editorial 29 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru