• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Editorial 06 Aug 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Muri iki gihe, igihugu cya Kenya kiritegura amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Kanama umwaka utaha wa 2022, Umwe mu bagaragaje ubushake bwo kuziyamamaza, ni William Kipchirchir Arap RUTO wari usanzwe ari Visi-Perezida wa Kenya kuva muw’2013.

Nyuma y’aho Perezida UHURU Kenyatta agiraniye amasezerano y’ubwiyunge na Raila ODINGA bahoze bahanganye mu matora no muri politiki muri rusange, William RUTO yabonye ko aba bagabo bombi bashobora kuzamuviraho inda imwe, agatsindwa amatora.

Nguko uko yatangiye gushaka amaboko hanze ya Kenya, ndetse atangira kwiyegereza Perezida Yoweri K. Museveni wa Uganda, inzobere mu guteza umuwiryane haba mu gihugu cye imbere, haba no mu bihugu by’ibituranyi, nk’uko yagerageje kubikora ku Rwanda ntibimuhire.

Kuwa mbere w’iki cyumweru William Ruto yagerageje kujya muri Uganda mu mugambi bivugwa ko wari uwo kugambana na Perezida Museveni, ariko abuzwa kujya Kampala kuko yari agiyeyo mu buryo butemewe n’amategeko. Mu kwezi gushize nabwo William Ruto yabonaniye na Museveni I Kampala, nabwo ibyo baganiriye bigirwa ibanga.

Ababikurikiranira hafi rero barahamya ko aba bagabo bombi bari mu bikorwa bishobora guhungabanya umutekano muri Kenya, hagamijwe gutoba amatora yo muw’2022.

Kuri uyu wa gatatu tariki 04 Kamana 2020, hari abayoboke bo mu ishyaka “Jubilee” rya William Ruto bagaragaye mu ruhame bambaye ibirango by’ishyaka NRM ryo muri Uganda, bakaba barasingizaga “ibigwi” bya Museveni na NRM, ngo abaturage ba Kenya kakwiye gufataho urugero.

Iyi myitwarire yamaganwe n’Abanyakenya benshi barimo n’abagize inteko ishinga amategeko, bavuga ko uretse ruswa, ubugome n’ubugambanyi nta kindi Museveni na NRM bizwiho, ku buryo hari icyiza Kenya n’ibindi bihugu byabigiraho.

Perezida Museveni yakomeje kuvugwaho ishyari n’ubugome afitiye ibindi bihugu, kuko yananiwe gushyira mu bikorwa ibyo yasezeranyije abaturage ba Uganda. Magingo aya mu gihugu cye bamaze guhaga igitugu, ikinyoma n’icyenewabo abategekesha, kugeza ubwo mu matora aheruka bahundagaza amajwi kuri Bobi Wine, umusore udafite amateka ahambaye muri politiki, bagambiriye kwereka Museveni yatakarijwe icyizere bikabije.

Ayo majwi nayo Museveni na NRM barayibye, ariko ibyegera bye bikomeye bitakaza imyanya mu nteko ishinga amategeko.

Kenya siyo yonyine yibasiwe n’ubugambanyi bwa Museveni. Uyu mukambwe usazanye kwanduranya, yagerageje gushyira ibihato mu mishinga y’akarere uRwanda rufitemo inyungu, atitaye ku ngaruka bizagira kuri Uganda.

Byageze n’aho ashyigikira imitwe y’iterabwoba nka RNC, FDLR n’indi igamije guhungabanya umutekano w’uRwanda, ariko imigambi ye yose imubana imfabusa.

Amakuru afitiwe gihamya yagaragaje ko Museveni n’agatsiko ke bakorana ubucuruzi n’imitwe y’ inyeshyamba ikorera mu Burasirazuba bwa Kongo, amamiliyoni y’amadolari ava mu bucuruzi bw’imbaho, amabuye y’agaciro na Cocoa, agafasha iyo mitwe gukomeza ibikorwa by’iterabwoba mu karere k’ibiyaga bigari.

Aya mahano yose rero Kaguta Museveni asanze adahagije, ati mbere y’uko imvururu z’abaturage zimwirukana ku butegetsi (agatinze kazaza ni amenyo ya ruguru), ati reka nototere na Kenya.

Kugeza ubu Perezida UHURU Kenyatta ntacyo aratangaza ku mugaragaro ku bijyanye n’ubushotoranyi bwa Museveni, ariko hari abanyapolitiki bamaganye Perezida wa Uganda babinyujije mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, bagira bati:” Museveni sigaho ayo marorerwa.

Wagerageje guteza ibibazo u Rwanda, Santarafrika, RDC n’ibindi bihugu, birakunanira, ariko kokotera Kenya byo bizakugwa nabi cyane. Urahekenya ibyo utazabasha kumira”.

2021-08-06
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Judi Rever yatumiwe n’inkoramutima za RNC, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Uko Judi Rever yatumiwe n’inkoramutima za RNC, guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 01 Apr 2019
Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Editorial 07 Feb 2018
Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Editorial 10 Jan 2022
Imyaka 11 irashize Ernest Manirumva yishwe n’abayobozi ba CNDD FDD nyuma yo gukora iperereza ryimbitse k’uburyo CNDD FDD igurira intwaro FDLR

Imyaka 11 irashize Ernest Manirumva yishwe n’abayobozi ba CNDD FDD nyuma yo gukora iperereza ryimbitse k’uburyo CNDD FDD igurira intwaro FDLR

Editorial 10 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byinshi utari uzi k’Umukuru w’Igihugu cya Benin, Patrice Talon,  uri mu ruzinduko mu Rwanda
ITOHOZA

Byinshi utari uzi k’Umukuru w’Igihugu cya Benin, Patrice Talon, uri mu ruzinduko mu Rwanda

Editorial 30 Aug 2016
Rubavu: Abacoracora  barashwe bagerageza kwinjira mu Rwanda binyuranyije n’amategeko
Mu Rwanda

Rubavu: Abacoracora barashwe bagerageza kwinjira mu Rwanda binyuranyije n’amategeko

Editorial 06 Mar 2019
Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam
Amakuru

Gasogi United yasinyishije Steve Kayo wo muri Cameroon, Espoir isinyisha Abagande 2 barimo Isaaka Sherif wakinnye muri Vietnam

Editorial 19 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru