• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?

Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?

Ubwanditsi 07 Oct 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Hari Abanyarwanda bigize ”intyoza” muri politiki,kandi bitwara nk’intozo! Aba nibo bemeza Abanyarwanda ko babakunda kurusha Leta iharanira imibereho myiza yabo n’iterambere ritagira uwo riheza. Abo nibo birirwa ku maradiyo no ku mbuga nkoranyambaga bavuga ko baharanira inyungu z’abaturage, kandi bagambanira ubutegetsi abo baturage bitoreye.

Ariko se koko waharanira impinduka utagira umurongo wa politiki uhamye, ahubwo ushyira imbere inda, inzika n’amacakubiri? Izo nkorabusa zasobanura zite ko ziri muri”opozisiyo”(abatavuga rumwe n’ubutegetsi) ishaka impinduramatwara, kandi nazo hagati yazo zigiye kumarana?
Urugero rwa hafi ni ikitwa Rwanda Bridge Builders(RBB), gihuje ingirwamashyaka yo muri “opozisiyo”, nyamara wareba amagambo abakirimo birirwa baterana, ukibaza niba abantu badashobora kwiyobora bayobora imbaga y’Abanyarwanda.

Habanje uwitwa Gilbert Mwenedata wanditse asezera muri RBB, ayishinja amacakubiri ashingiye ku moko. Ni mu gihe kandi kuko abenshi mu bavuga rikijyana muri RBB ari abahoze mu butegetsi bwateguye bukanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Bidateye kabiri Charlotte Mukankusi, inkoramutima ya Kayumba Nyamwasa bahuriye mu mutwe w’iterabwoba wa RNC, ati sinakomeza kubana n’abahezanguni bahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, abagome babaswe n’ingengabitekerezo ya “Hutu-pawa”. Mukankusi aba araseze, ndetse asiga abagiriye inama yo gushyira mu gaciro, bakareka ibitabapfu byo kwamamaza “Jenoside yakorewe Abahutu”, kuko ari ipfunwe ry’abahekuye u Rwanda.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru hari hatahiwe ikitwa “ Insitut Sendashonga pour la Citoyenneté Démocratique, ISCID Asbl”, cyashyize ahagaragra inyandiko ndende ivuga uburyo RBB ari agatsiko k’abantu badafite icyerekezo cyafasha Abanyarwanda kwiyunga.

Nk’uko bivugwa n’uwitwa Jean Claude Kabagema, ari nawe washyize umukono kuri iyi nyandiko, ISCID ngo yarateranye isanga kuguma muri RBB, ntaho byaba bitaniye no kugambanira Abanyarwanda.

Aba ni bake mu bashoboye kumenyekana basezeye muri RBB, kandi n’abasigayemo ni mu gihe gito bakaba bayipanduye, kuko nabo batarebana neza.

Ngiyo “opozisiyo nyarwanda”, yuzuyemo abagitekereza nko bihe bya Parmehutu, MRND na CDR. Abatari abajenosideri, ni ababakomokaho, abandi ni ibigarasha yabasize bikoze ibyaha mu Rwanda, birimo n’ubujura. Ese koko bumva ari uwuhe Munyarwanda muzima wabajya inyuma.

Abanyarwanda babeshywe burya, naho ubu bamenye gutandukanya icyatsi n’ururo. Abiyita “opozisiyo” nimukomeze mwisarurize ibinoti kwa Kaguta n’abandi nkawe, naho ubundi namwe murabizi ko politiki mumazemo imyaka n’imyaniko ntacyo yabagezaho.

2021-10-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mgr Mbonyintege arashyize yemeye ko agiye gukorera yubire abajenosideri

Mgr Mbonyintege arashyize yemeye ko agiye gukorera yubire abajenosideri

Ubwanditsi 10 Jul 2016
Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki  Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Tariki ya 6 Mata Ijoro rya nyuma ku Baperezida Babiri ryabaye Imbarutso rwitwazo rwa Jenoside yakorewe Abatutsi -Menya amatariki Mabi ku Batutsi mu Rwanda 1994

Ubwanditsi 06 Apr 2025
Misiri: Hafashwe ubwato bwikoreye ibikoresho bya gisirikare bivuye muri Koreya ya Ruguru

Misiri: Hafashwe ubwato bwikoreye ibikoresho bya gisirikare bivuye muri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 02 Oct 2017
Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Tunisia na Burkina Faso zageze muri 1/4 cy’irushanwa ry’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 24 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.
POLITIKI

Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Amakimbirane hagati ya Company zitwara abagenzi Nyabugogo na RITCO (Rwanda Interlink Company Limited)
ITOHOZA

Amakimbirane hagati ya Company zitwara abagenzi Nyabugogo na RITCO (Rwanda Interlink Company Limited)

Ubwanditsi 17 Feb 2017
Gasabo:  Abakozi ba  DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa
Mu Mahanga

Gasabo: Abakozi ba DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa

Ubwanditsi 08 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru