• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Ubwanditsi 27 Aug 2017 Mu Rwanda

Mpayimana Philippe, wabaye umukandida wigenga mu matora ya Perezida wa Repubulika ariko ntabashe gutsinda yatangaje ko aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma nshya yawemera.

Mu kiganiro yagiranye na VOA, Mpayimana wagize amajwi atageze kuri 1%, yavuze ko amatora yagenze neza. Ku bijyanye no guhabwa umwanya muri guverinoma nshya yavuze ko yawemera ariko muri ubu buryo.

-7718.jpg

Ati”Niba bawumpaye bazakomeza kubaha ubwigenge bwanjye, ntabwo nawanga niba babwubahirije, icy’ingenzi ni uko nyine uzaba ari umwanya Abanyarwanda bankeneyemo gukora ibikorwa byabateza imbere.”

Aha umunyamakuru yari amubajije niba ashobora kwakira umwanya Perezida yamuha aramutse ashyizeho inzego nshya nk’umuntu ushaka guteza imbere igihugu.

Umunyamakuru yahise akomoza ko yawuhabwa muri Sena, ati “Ibya sena ni byiza bitangwa n’abaturage ndakeka ko bica mu matora. Nkuko mbabwiye niba umuntu atsinze amatora akayobora igihugu afite ukuntu akenera abantu bamufasha kukiyobora. Ni ukuvuga ko niba babona bo nyine ko ari umwanya mfitiyemo igihugu akamaro, ntabwo nawanga , kuko naje nje kubaka igihugu, cyane nuko byaba nyine bishingiye ku mbaraga nagaragaje aho zigarukiyen’ubushake. Bituma nyine natega amatwi ibyo bansaba, kuko iyo umuntu atsinze ni we utanga imyanya, iyo rero udatsinze wakira imyanya, icy’ingenzi ni uko badashobora kuguha umwanya ubangamiye ubwigenge bwawe cyangwa ubushobozi bwawe. »

Uko Mpayimana yakiriye amanota yagize

Uko yabyakiriye ngo yabitangaje kuri Televiziyo y’Igihugu, muri rusange ngo ntabwo ari bibi. Ati “Uko nabyakiriye narabitangaje , ko nemeye ko FPR na Perezida Paul Kagame batsinze amatora.”

-7717.jpg

Mpayimana Philippe yiyamamaza

Ashimira Abanyarwanda bamwakiriye neza n’ubuyobozi bwamucungiye umutekano.

Amanota nabonye akwiye kubahwa

Mpayimana akomeza avuga ko amanita yabonye akwiriye kubahwa kuko yavuye mu mbaraga z’Abanyarwanda.

Ati “… nkabamenyesha ko n’ubwo amanota nabonye ari make akwiye kubahwa kuko na ba nyamuke bafite ijambo rikomeye cyane kandi nanjye nkaba ntahagarariye aho nzakomeza ibyo nabatangarije.”

Amatora yagenze neza

“Nta kibazo cyabaye, uriya ni umubare ni abantu batoye, muri buri karere harimo Abanyarwanda batoye, mu mirenge myinshi harimo Abanyarwanda batoye, nubwo nagize ibice 72% ntabwo ari ubusa, ni ukuvuga ko iriya mibare uko imeze ni uko, turi mu ntago z’urugendo rugana muri demokarasi, nkaba nifuza ko tubyakira kandi tukanubaha bariya batoye.»

Akomeza avuga ko ibibazo bitabura ariko muri rusange amatora yagenze neza.

Ati « Utubazo ntabwo tubura ariko ahantu hose ntabwo nari mfite abampagarariye, icy’ingenzi ni ukwizerana turi Abanyarwanda, tukizera ko niba hari ahantu hamwe habaye ibibazo, atari henshi kandi na none tukizera ko icy’ingenzi, icyitegererezo muri rusange nabonye ko byagenze neza, ari nayo mpamvu nabyakiriye. Aho abantu bampagarariye hose bambwiye uko byagenze ,nta bikabije byabaye ku buryo nta comments(icyo nabivugaho) ziteye ubwoba, niyo mpamvu nihutiye kwakira ibyatangajwe na Komisiyo y’Amatora.»

Ni iki kidasanzwe Mpayimana yabonye mu matora.

Ikidasaznwe yabonye mu matora ngo ni cyo cyatumye yiyamamaza.

-7716.jpg

Mpayimana atora

Ati « ikidasanzwe ni cyo cyatumye niyamamaza, ikidasanzwe ni uko Abanyarwanda bari batangiye gusa n’abagana mu ishyaka rimwe, bumva ko nta bandi bantu bashobora kuyobora. Igishimishije ni uko twatangiye kubiganiraho, abantu bakabona ko icyemezo nafashe ari cyiza, ko ari cyo cyo gutoza abantu guharanira ubuyobozi. Ikindi ni uko hari ibibazo byinshi biri mu gihugu abanyarwanda bakeneye ko bikemuka twagiye tuganiraho, ukabona ko gupfukiranwa bizageraho bikarangira niba dukomeje uru rugendo twatangiye. »

Mpayimana yakunze kuvuga ko abaye Perezida wa Repubulika yarangiza burundu ikibazo cy’impunzi z’Abanyarwanda ziri hirya no hino ku Isi.

Amajwi y’agateganyo amaze kubarurwa ku kigero cya 96% agaragaza ko Perezida Paul Kagame yatsinze amatora n’amajwi 98,63, Mpayimana agira 0,73 naho Dr Frank Habineza agira 0,47.

2017-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Heroes FC irakira  Gasogi United, Bugesera FC isure Kaminuza y’u Rwanda mu ijonjora ribanza ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Heroes FC irakira  Gasogi United, Bugesera FC isure Kaminuza y’u Rwanda mu ijonjora ribanza ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 16 Mar 2022
Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Ubwanditsi 30 Nov 2021
Amafoto – Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa mbere w’irushanwa rya Basketball Africa League aho yahuraga na Rivers Hoopers yo muri Nigeria.

Amafoto – Patriots BBC yatsinze umukino wayo wa mbere w’irushanwa rya Basketball Africa League aho yahuraga na Rivers Hoopers yo muri Nigeria.

Ubwanditsi 16 May 2021
Doing Business 2018: U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Doing Business 2018: U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Ubwanditsi 01 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Commonwealth yagendereye u Rwanda
HIRYA NO HINO

Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Commonwealth yagendereye u Rwanda

Ubwanditsi 07 Aug 2018
Kagame ni ishema rya Afurika – Perezida Talon
POLITIKI

Kagame ni ishema rya Afurika – Perezida Talon

Ubwanditsi 30 Aug 2016
U Bufaransa: Ngenzi na Barahira bahamwe no gukora Jenoside bakatirwa gufungwa burundu
ITOHOZA

U Bufaransa: Ngenzi na Barahira bahamwe no gukora Jenoside bakatirwa gufungwa burundu

Ubwanditsi 07 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru