• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Mpayimana aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma ngo yawemera

Ubwanditsi 27 Aug 2017 Mu Rwanda

Mpayimana Philippe, wabaye umukandida wigenga mu matora ya Perezida wa Repubulika ariko ntabashe gutsinda yatangaje ko aramutse ahawe umwanya muri Guverinoma nshya yawemera.

Mu kiganiro yagiranye na VOA, Mpayimana wagize amajwi atageze kuri 1%, yavuze ko amatora yagenze neza. Ku bijyanye no guhabwa umwanya muri guverinoma nshya yavuze ko yawemera ariko muri ubu buryo.

-7718.jpg

Ati”Niba bawumpaye bazakomeza kubaha ubwigenge bwanjye, ntabwo nawanga niba babwubahirije, icy’ingenzi ni uko nyine uzaba ari umwanya Abanyarwanda bankeneyemo gukora ibikorwa byabateza imbere.”

Aha umunyamakuru yari amubajije niba ashobora kwakira umwanya Perezida yamuha aramutse ashyizeho inzego nshya nk’umuntu ushaka guteza imbere igihugu.

Umunyamakuru yahise akomoza ko yawuhabwa muri Sena, ati “Ibya sena ni byiza bitangwa n’abaturage ndakeka ko bica mu matora. Nkuko mbabwiye niba umuntu atsinze amatora akayobora igihugu afite ukuntu akenera abantu bamufasha kukiyobora. Ni ukuvuga ko niba babona bo nyine ko ari umwanya mfitiyemo igihugu akamaro, ntabwo nawanga , kuko naje nje kubaka igihugu, cyane nuko byaba nyine bishingiye ku mbaraga nagaragaje aho zigarukiyen’ubushake. Bituma nyine natega amatwi ibyo bansaba, kuko iyo umuntu atsinze ni we utanga imyanya, iyo rero udatsinze wakira imyanya, icy’ingenzi ni uko badashobora kuguha umwanya ubangamiye ubwigenge bwawe cyangwa ubushobozi bwawe. »

Uko Mpayimana yakiriye amanota yagize

Uko yabyakiriye ngo yabitangaje kuri Televiziyo y’Igihugu, muri rusange ngo ntabwo ari bibi. Ati “Uko nabyakiriye narabitangaje , ko nemeye ko FPR na Perezida Paul Kagame batsinze amatora.”

-7717.jpg

Mpayimana Philippe yiyamamaza

Ashimira Abanyarwanda bamwakiriye neza n’ubuyobozi bwamucungiye umutekano.

Amanota nabonye akwiye kubahwa

Mpayimana akomeza avuga ko amanita yabonye akwiriye kubahwa kuko yavuye mu mbaraga z’Abanyarwanda.

Ati “… nkabamenyesha ko n’ubwo amanota nabonye ari make akwiye kubahwa kuko na ba nyamuke bafite ijambo rikomeye cyane kandi nanjye nkaba ntahagarariye aho nzakomeza ibyo nabatangarije.”

Amatora yagenze neza

“Nta kibazo cyabaye, uriya ni umubare ni abantu batoye, muri buri karere harimo Abanyarwanda batoye, mu mirenge myinshi harimo Abanyarwanda batoye, nubwo nagize ibice 72% ntabwo ari ubusa, ni ukuvuga ko iriya mibare uko imeze ni uko, turi mu ntago z’urugendo rugana muri demokarasi, nkaba nifuza ko tubyakira kandi tukanubaha bariya batoye.»

Akomeza avuga ko ibibazo bitabura ariko muri rusange amatora yagenze neza.

Ati « Utubazo ntabwo tubura ariko ahantu hose ntabwo nari mfite abampagarariye, icy’ingenzi ni ukwizerana turi Abanyarwanda, tukizera ko niba hari ahantu hamwe habaye ibibazo, atari henshi kandi na none tukizera ko icy’ingenzi, icyitegererezo muri rusange nabonye ko byagenze neza, ari nayo mpamvu nabyakiriye. Aho abantu bampagarariye hose bambwiye uko byagenze ,nta bikabije byabaye ku buryo nta comments(icyo nabivugaho) ziteye ubwoba, niyo mpamvu nihutiye kwakira ibyatangajwe na Komisiyo y’Amatora.»

Ni iki kidasanzwe Mpayimana yabonye mu matora.

Ikidasaznwe yabonye mu matora ngo ni cyo cyatumye yiyamamaza.

-7716.jpg

Mpayimana atora

Ati « ikidasanzwe ni cyo cyatumye niyamamaza, ikidasanzwe ni uko Abanyarwanda bari batangiye gusa n’abagana mu ishyaka rimwe, bumva ko nta bandi bantu bashobora kuyobora. Igishimishije ni uko twatangiye kubiganiraho, abantu bakabona ko icyemezo nafashe ari cyiza, ko ari cyo cyo gutoza abantu guharanira ubuyobozi. Ikindi ni uko hari ibibazo byinshi biri mu gihugu abanyarwanda bakeneye ko bikemuka twagiye tuganiraho, ukabona ko gupfukiranwa bizageraho bikarangira niba dukomeje uru rugendo twatangiye. »

Mpayimana yakunze kuvuga ko abaye Perezida wa Repubulika yarangiza burundu ikibazo cy’impunzi z’Abanyarwanda ziri hirya no hino ku Isi.

Amajwi y’agateganyo amaze kubarurwa ku kigero cya 96% agaragaza ko Perezida Paul Kagame yatsinze amatora n’amajwi 98,63, Mpayimana agira 0,73 naho Dr Frank Habineza agira 0,47.

2017-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2018
Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Ubwanditsi 12 Sep 2019
U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

Ubwanditsi 06 Mar 2024
Niyitegeka ugiye gusimbura Depite Mukayisenga witabye Imana ni muntu ki?

Niyitegeka ugiye gusimbura Depite Mukayisenga witabye Imana ni muntu ki?

Ubwanditsi 24 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG yashimye ababa mu Bubiligi batambamiye kandidatire z’abapfobya Jenoside
INKURU NYAMUKURU

CNLG yashimye ababa mu Bubiligi batambamiye kandidatire z’abapfobya Jenoside

Ubwanditsi 08 Sep 2018
Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]
UBUKUNGU

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro hoteli “Park Inn by Radisson Kigali” [ Amafoto ]

Ubwanditsi 16 Dec 2017
IGP Gasana yibukije abazajya mu butumwa bw’amahoro kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima
Mu Mahanga

IGP Gasana yibukije abazajya mu butumwa bw’amahoro kuzirikana inyungu z’u Rwanda ku mutima

Ubwanditsi 27 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru