• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

Ubwanditsi 12 Nov 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien ari kumwe n’Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, ACP Hatari Emmanuel bashyikirije abayobozi ba Uganda imirambo y’abaturage babiri barasiwe ku butaka bw’u Rwanda ubwo bageragezaga kwinjiza magendu bahagarikwa na Polisi bagashaka kuyirwanya.

Umuhango wo guha Uganda iyi mirambo wabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2019, witabirwa na Komiseri w’Akarere ka Rukiga akanaba n’Umuyobozi w’Akanama k’Umutekano muri ako gace, Muhindo Pulkeria n’Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Rukiga, Sselunjoji Edda.

Byari biteganyijwe ko uyu muhango utangira saa Yine z’amanywa ariko watangiye saa Tanu zirenga kuko habanje kurebwa niba koko iyo mirambo ari iya Job Ebyayishanga w’imyaka 32 na Bosco Tuheirwe w’imyaka 35 bombi bafite ubwenegihugu bwa Uganda.

Nyuma habayeho impaka ku rupapuro rw’ihererekanwa ry’imirambo Uganda ivuga ko ishaka urupapuro rwa Polisi rwerekana ko abo baturage barasiwe mu Rwanda nyuma y’isaha urwo rupapuro rwabonetse impande zombi zirusinyaho ubundi Uganda itwara imirambo y’abaturage bayo.

Tariki ya 9 mu rukerera rushyira iya 10 Ugushyingo 2019 nibwo abapolisi b’u Rwanda ubwo bari ku burinzi ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda mu Murenge wa Tabagwe muri Nyagatare, barashe bica abagabo babiri bashatse kurwanya inzego z’umutekano ubwo bageragezaga kwinjira mu Rwanda banyuze mu nzira zitemewe, bigakekwa ko bafite magendu.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien, yavuze ko Polisi y’u Rwanda yabanje guhagarika abo baturage bari bazanye magendu mu Rwanda banayicishije mu nzira zitemewe ngo bashaka kuyirwanya mu rwego rwo kwitabara irarasa hapfamo babiri abandi basubira inyuma ku butaka bwa Uganda.

Yakomeje avuga ko ibyabaye byasigiye impande zombi amasomo.

Ati “Kuri njye navuga ko ibyabaye hari isomo twabyigiyemo abaturage bacu yaba abo mu Rwanda na Uganda, dufite inzira zemewe n’amategeko bakwiye gucamo ariko hari bamwe batabyubahiriza dukwiye kubashishikariza kuzikoresha.”

Yasabye abayobozi ba Uganda gukomeza kugira inama abaturage babo yo gukoresha inzira zemewe n’amategeko.

Umuyobozi wari uhagarariye Akarere ka Rukiga, Muhindo Pulkeria, yashimiye Leta y’u Rwanda ku bwo kubaha imirambo y’abaturage babo.

Yagize ati “Mbere na mbere twihanganishije abaturage ba Uganda n’abaturage ba Kamwezi ku bwo kubura abahungu babo gusa turashimira Leta y’u Rwanda yaduhaye imirambo yabo mu buryo bwiza tukaba twayakiriye mu buryo buzwi, gusa ntabwo kubica wari wo mwanzuro mwiza bari gufatwa bagafungwa.”

Yakomeje avuga ko ibihugu byombi bikwiye gukomeza gushyira imbere umubano mwiza nk’ibituranyi no gushishikariza abaturage babyo guhagarika ibikorwa bya magendu.

Si ubwa mbere inzego z’umutekano zirasa abantu bakekwaho kwambukana magendu bashaka kuyinjiza mu Karere ka Nyagatare nyuma yo gushaka kuzirwanya, kuko no muri Gicurasi hari abandi babiri barimo Umunyarwanda n’Umugande barasiwe Tabagwe bashaka kurwanya abashinzwe umutekano ubwo babahagarikaga batwaye magendu.

Ubwo Uganda yashyikirizwaga imirambo y’abaturage bayo barashwe bagerageza kurwanya inzego z’umutekano

Ubwo abayobozi ku ruhande rw’u Rwanda basinyaga ku rupapuro rwemeza ko abo baturage barasiwe mu Rwanda

Abayobozi ku ruhande rwa Uganda ubwo basinyaga ko bakiriye imirambo y’abaturage babo barashwe bashaka kwinjiza magendu mu Rwanda banyuze ahatemewe

Nyuma yo guhabwa imirambo y’abaturage barasiwe mu Rwanda bashaka kwinjira binyuranyije n’amategeko, abahagarariye Uganda bahise basubira mu gihugu cyabo.
Src: igihe

2019-11-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe

Abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique bambitswe imidari y’ishimwe

Ubwanditsi 17 Sep 2017
Amabanga 10  akomeye mu gushinga Urugo

Amabanga 10 akomeye mu gushinga Urugo

Ubwanditsi 25 Feb 2017
Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Ubwanditsi 11 Jul 2021
Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Ingabo za Kongo zirashyirwa mu majwi kwivugana abasirikare babiri ba Tanzania

Ubwanditsi 07 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya
ITOHOZA

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Ubwanditsi 26 Feb 2017
‘U Rwanda  nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR
ITOHOZA

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Ubwanditsi 29 Mar 2017
Seyoboka yagejejwe imbere y’urukiko rwa Gisirikare, urubanza rurasubikwa kubera Avoka
Amakuru

Seyoboka yagejejwe imbere y’urukiko rwa Gisirikare, urubanza rurasubikwa kubera Avoka

Ubwanditsi 28 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru