• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

U Rwanda rwashyikirije Uganda imibiri y’abaturage bayo barashwe bashaka kwinjiza magendu

Ubwanditsi 12 Nov 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien ari kumwe n’Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, ACP Hatari Emmanuel bashyikirije abayobozi ba Uganda imirambo y’abaturage babiri barasiwe ku butaka bw’u Rwanda ubwo bageragezaga kwinjiza magendu bahagarikwa na Polisi bagashaka kuyirwanya.

Umuhango wo guha Uganda iyi mirambo wabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Ugushyingo 2019, witabirwa na Komiseri w’Akarere ka Rukiga akanaba n’Umuyobozi w’Akanama k’Umutekano muri ako gace, Muhindo Pulkeria n’Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Rukiga, Sselunjoji Edda.

Byari biteganyijwe ko uyu muhango utangira saa Yine z’amanywa ariko watangiye saa Tanu zirenga kuko habanje kurebwa niba koko iyo mirambo ari iya Job Ebyayishanga w’imyaka 32 na Bosco Tuheirwe w’imyaka 35 bombi bafite ubwenegihugu bwa Uganda.

Nyuma habayeho impaka ku rupapuro rw’ihererekanwa ry’imirambo Uganda ivuga ko ishaka urupapuro rwa Polisi rwerekana ko abo baturage barasiwe mu Rwanda nyuma y’isaha urwo rupapuro rwabonetse impande zombi zirusinyaho ubundi Uganda itwara imirambo y’abaturage bayo.

Tariki ya 9 mu rukerera rushyira iya 10 Ugushyingo 2019 nibwo abapolisi b’u Rwanda ubwo bari ku burinzi ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda mu Murenge wa Tabagwe muri Nyagatare, barashe bica abagabo babiri bashatse kurwanya inzego z’umutekano ubwo bageragezaga kwinjira mu Rwanda banyuze mu nzira zitemewe, bigakekwa ko bafite magendu.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien, yavuze ko Polisi y’u Rwanda yabanje guhagarika abo baturage bari bazanye magendu mu Rwanda banayicishije mu nzira zitemewe ngo bashaka kuyirwanya mu rwego rwo kwitabara irarasa hapfamo babiri abandi basubira inyuma ku butaka bwa Uganda.

Yakomeje avuga ko ibyabaye byasigiye impande zombi amasomo.

Ati “Kuri njye navuga ko ibyabaye hari isomo twabyigiyemo abaturage bacu yaba abo mu Rwanda na Uganda, dufite inzira zemewe n’amategeko bakwiye gucamo ariko hari bamwe batabyubahiriza dukwiye kubashishikariza kuzikoresha.”

Yasabye abayobozi ba Uganda gukomeza kugira inama abaturage babo yo gukoresha inzira zemewe n’amategeko.

Umuyobozi wari uhagarariye Akarere ka Rukiga, Muhindo Pulkeria, yashimiye Leta y’u Rwanda ku bwo kubaha imirambo y’abaturage babo.

Yagize ati “Mbere na mbere twihanganishije abaturage ba Uganda n’abaturage ba Kamwezi ku bwo kubura abahungu babo gusa turashimira Leta y’u Rwanda yaduhaye imirambo yabo mu buryo bwiza tukaba twayakiriye mu buryo buzwi, gusa ntabwo kubica wari wo mwanzuro mwiza bari gufatwa bagafungwa.”

Yakomeje avuga ko ibihugu byombi bikwiye gukomeza gushyira imbere umubano mwiza nk’ibituranyi no gushishikariza abaturage babyo guhagarika ibikorwa bya magendu.

Si ubwa mbere inzego z’umutekano zirasa abantu bakekwaho kwambukana magendu bashaka kuyinjiza mu Karere ka Nyagatare nyuma yo gushaka kuzirwanya, kuko no muri Gicurasi hari abandi babiri barimo Umunyarwanda n’Umugande barasiwe Tabagwe bashaka kurwanya abashinzwe umutekano ubwo babahagarikaga batwaye magendu.

Ubwo Uganda yashyikirizwaga imirambo y’abaturage bayo barashwe bagerageza kurwanya inzego z’umutekano

Ubwo abayobozi ku ruhande rw’u Rwanda basinyaga ku rupapuro rwemeza ko abo baturage barasiwe mu Rwanda

Abayobozi ku ruhande rwa Uganda ubwo basinyaga ko bakiriye imirambo y’abaturage babo barashwe bashaka kwinjiza magendu mu Rwanda banyuze ahatemewe

Nyuma yo guhabwa imirambo y’abaturage barasiwe mu Rwanda bashaka kwinjira binyuranyije n’amategeko, abahagarariye Uganda bahise basubira mu gihugu cyabo.
Src: igihe

2019-11-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Geoffrey Wamala aravuga ko nyiri De Bar ari we watanze itegeko ryo guhana Radio

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Umupolisi wa DRC yafatiwe mu Rwanda

Umupolisi wa DRC yafatiwe mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Aug 2017
Abakekwaho icyaha cya Jenoside badafatwa bakingirwa ikibaba n’ibihugu bahungiyemo -Busingye

Abakekwaho icyaha cya Jenoside badafatwa bakingirwa ikibaba n’ibihugu bahungiyemo -Busingye

Ubwanditsi 10 Apr 2017
Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Ubwanditsi 22 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kirehe: Polisi y’u Rwanda yafatanye umugabo ibiro 25 by’urumogi
Mu Mahanga

Kirehe: Polisi y’u Rwanda yafatanye umugabo ibiro 25 by’urumogi

Ubwanditsi 15 Aug 2016
Nyuma yo kunganya na Cameron, Amavubi yagarutse mu Rwanda ikaba yahise ijya mu kato iri buvemo kuri uyu wa kane abakinnyi bagasubira mungo zabo bakitegura isubukurwa rya shampiyona
Amakuru

Nyuma yo kunganya na Cameron, Amavubi yagarutse mu Rwanda ikaba yahise ijya mu kato iri buvemo kuri uyu wa kane abakinnyi bagasubira mungo zabo bakitegura isubukurwa rya shampiyona

Ubwanditsi 01 Apr 2021
Paris: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Simbikangwa cyo gutesha agaciro iburanisha rya mbere
ITOHOZA

Paris: Urukiko rwateye utwatsi icyifuzo cya Simbikangwa cyo gutesha agaciro iburanisha rya mbere

Ubwanditsi 29 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru