• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Ubwanditsi 29 Mar 2017 ITOHOZA

Ibi n’ibyatangajwe m’Ubushakashatsi bwakozwe n’ Ihuriro rishinzwe ubugenzuzi ry’Inama y’Ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga (ICGLR).

ICGLR iragaragaza ko u Rwanda na Uganda nta ruhare naruto ibihugu byombi byagize mu gufasha M23 mu kugaba ibitero muri RDC guhera mu Gushyingo 2016 kugeza muri Gashyantare 2017.

Ibyo ICGLR itangaza ibi, ivuga ko ari ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe kuva kuwa 07 kugeza kuwa 18 Gashyantare mu Rwanda, muri Uganda ndetse no muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Ngo ubu bushakashatsi bukaba bwari bushingiye ku buhamya bw’abahoze mu mutwe wa M23 bafatiwe muri Rutshuru bakaba bamwe barahawe ubuhungiro mu Rwanda abandi muri Uganda.

Ubu bushakashatsi buremeza ko abarwanyi ba M23 bari ku butaka bwa Congo kuva mu Ugushyingo 2016 kugeza muri Gashyantare nk’uko amakuru ava mu gisirikare cya congo kuri raporo y’iri huriro avuga.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru, igaruka kuri ubu bushakashatsi yatangaje ko nta bufasha bw’ibikoresho bw’u Rwanda cyangwa Uganda kuri izi nyeshyamba na n’ubu zicumbikiwe ku butaka bw’ibi bihugu byombi bwaba bwarateye izi nyeshyamba.

Ibikoresho bya gisirikare nk’amasasu n’imbunda, ngo abahoze muri M23 baba barifashishaga ahantu hatandukanye bagiye bahisha intwaro basize muri Rutshuru kubw’ibyo ngo ibihugu by’u Rwanda cyangwa Uganda hakaba nta bufasha buzwi byahaye aba barwanyi. Iyo raporo ariko itunga agatoki ibi bihugu ibishinja kuba byarahumirije kuri uko kongera kwinjira muri Congo mu bwihisho kw’abahoze muri M23.

Nk’uko amakuru akomeza ava mu gisirikare cya Congo avuga, ngo imyanzuro y’iperereza ryakozwe n’akanama ka ICGLR iri muri raporo y’ibanga yo kuwa 27 Gashyantare iremeza ko M23 yinjiye muri Congo mu Ugushyingo 2016 kugeza muri Gashyantare muri Teritwari ya Rutshuru.

Ku ruhande rwabo, abayobozi ba M23 babwiye impuguke za ICGLR ko niba hari abari abarwanyi babo bagerageje gusubira muri Congo bihishe ari ukubera ko Guverinoma ya Congo itubahirije amasezerano ya Nairoibi yashyizweho umukono mu Ukuboza 2013, yatumye uyu mutwe wemera gushyira hasi intwaro.

Muri ayo masezerano hakaba hari harimo guha imbabazi abahoze ari inyeshyamba, gufungura imfungwa, guhindura M23 ishyaka rya politiki no gusubiza mu buzima busanzwe abari abarwanyi no kwinjiza ababishaka mu gisirikare cy’igihugu. ICGLR ikaba isaba ko ayo masezerano yashyirwa mu bikorwa nk’uko \Radio Okapi ikomeza ibivuga.

-6199.jpg

Umugaba mukuru wa M23, Gen Sultan Makenga n’abamurinda

Hagati aho, Uwahoze ari umugaba mukuru wa M23, Gen Sultan Makenga wabuze aho yari acumbitse I Kampala kuva kuwa 14 Mutarama, na n’ubu ntiharamenyekana aho aherereye.

Amakuru ava mu gisirikare cya Congo akaba avuga ko ashobora kuba akiri ku butaka bwa Congo nk’uko na none ngo raporo ya ICGLR ikomeza ivuga mu myanzuro yayo.

2017-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amahoro  Kayumba Nyamwasa avuga ni ugutera abaturage  ama  Grenades

Amahoro Kayumba Nyamwasa avuga ni ugutera abaturage ama Grenades

Ubwanditsi 12 Jan 2016
Faustin Twagiramungu ntiyashima ibyo u Rwanda rwagezeho yarazonzwe n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Faustin Twagiramungu ntiyashima ibyo u Rwanda rwagezeho yarazonzwe n’Ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 28 Jan 2017
Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

RUSHYASHYA 15 Jan 2026
Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Abafaransa 3 bangiwe kwinjira mu Rwanda bafite ibyangombwa biriho ibendera ryo ku bwa Habyarimana

Ubwanditsi 11 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu Umwami Kigeli adatahuka aracyarya amaturo ( reba Video )
POLITIKI

Impamvu Umwami Kigeli adatahuka aracyarya amaturo ( reba Video )

Ubwanditsi 10 Jul 2016
Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza
Amakuru

Tshisekedi azakomeza kugeza ryari guha urw’amenyo no kubeshya abahuza basimburana n’umuryango mpuzamahanga, arenga ku gahenge nta n’umwe ubimubaza

RUSHYASHYA 21 Feb 2026
Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina
Mu Rwanda

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Ubwanditsi 01 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru