• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

‘U Rwanda nta ruhare rufite mu gufasha M23 mu bitero iherutse kugaba muri Congo’-ICGLR

Ubwanditsi 29 Mar 2017 ITOHOZA

Ibi n’ibyatangajwe m’Ubushakashatsi bwakozwe n’ Ihuriro rishinzwe ubugenzuzi ry’Inama y’Ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga (ICGLR).

ICGLR iragaragaza ko u Rwanda na Uganda nta ruhare naruto ibihugu byombi byagize mu gufasha M23 mu kugaba ibitero muri RDC guhera mu Gushyingo 2016 kugeza muri Gashyantare 2017.

Ibyo ICGLR itangaza ibi, ivuga ko ari ibyavuye mu bushakashatsi bwakozwe kuva kuwa 07 kugeza kuwa 18 Gashyantare mu Rwanda, muri Uganda ndetse no muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo. Ngo ubu bushakashatsi bukaba bwari bushingiye ku buhamya bw’abahoze mu mutwe wa M23 bafatiwe muri Rutshuru bakaba bamwe barahawe ubuhungiro mu Rwanda abandi muri Uganda.

Ubu bushakashatsi buremeza ko abarwanyi ba M23 bari ku butaka bwa Congo kuva mu Ugushyingo 2016 kugeza muri Gashyantare nk’uko amakuru ava mu gisirikare cya congo kuri raporo y’iri huriro avuga.

Radio Okapi dukesha iyi nkuru, igaruka kuri ubu bushakashatsi yatangaje ko nta bufasha bw’ibikoresho bw’u Rwanda cyangwa Uganda kuri izi nyeshyamba na n’ubu zicumbikiwe ku butaka bw’ibi bihugu byombi bwaba bwarateye izi nyeshyamba.

Ibikoresho bya gisirikare nk’amasasu n’imbunda, ngo abahoze muri M23 baba barifashishaga ahantu hatandukanye bagiye bahisha intwaro basize muri Rutshuru kubw’ibyo ngo ibihugu by’u Rwanda cyangwa Uganda hakaba nta bufasha buzwi byahaye aba barwanyi. Iyo raporo ariko itunga agatoki ibi bihugu ibishinja kuba byarahumirije kuri uko kongera kwinjira muri Congo mu bwihisho kw’abahoze muri M23.

Nk’uko amakuru akomeza ava mu gisirikare cya Congo avuga, ngo imyanzuro y’iperereza ryakozwe n’akanama ka ICGLR iri muri raporo y’ibanga yo kuwa 27 Gashyantare iremeza ko M23 yinjiye muri Congo mu Ugushyingo 2016 kugeza muri Gashyantare muri Teritwari ya Rutshuru.

Ku ruhande rwabo, abayobozi ba M23 babwiye impuguke za ICGLR ko niba hari abari abarwanyi babo bagerageje gusubira muri Congo bihishe ari ukubera ko Guverinoma ya Congo itubahirije amasezerano ya Nairoibi yashyizweho umukono mu Ukuboza 2013, yatumye uyu mutwe wemera gushyira hasi intwaro.

Muri ayo masezerano hakaba hari harimo guha imbabazi abahoze ari inyeshyamba, gufungura imfungwa, guhindura M23 ishyaka rya politiki no gusubiza mu buzima busanzwe abari abarwanyi no kwinjiza ababishaka mu gisirikare cy’igihugu. ICGLR ikaba isaba ko ayo masezerano yashyirwa mu bikorwa nk’uko \Radio Okapi ikomeza ibivuga.

-6199.jpg

Umugaba mukuru wa M23, Gen Sultan Makenga n’abamurinda

Hagati aho, Uwahoze ari umugaba mukuru wa M23, Gen Sultan Makenga wabuze aho yari acumbitse I Kampala kuva kuwa 14 Mutarama, na n’ubu ntiharamenyekana aho aherereye.

Amakuru ava mu gisirikare cya Congo akaba avuga ko ashobora kuba akiri ku butaka bwa Congo nk’uko na none ngo raporo ya ICGLR ikomeza ivuga mu myanzuro yayo.

2017-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda

Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Nov 2017
#Kwibuka23: Umunyamabanga Mukuru wa LOni arasaba Isi kwigira ku Rwanda

#Kwibuka23: Umunyamabanga Mukuru wa LOni arasaba Isi kwigira ku Rwanda

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Nyuma yo kuvugwaho kwivanga muri politiki y’u Rwanda Michael Ryan yasimbujwe

Nyuma yo kuvugwaho kwivanga muri politiki y’u Rwanda Michael Ryan yasimbujwe

Ubwanditsi 13 Sep 2017
Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]

Amerika n’u Buyapani nta na kimwe gifite ubushobozi bwo kurasa Koreya ya Ruguru [ Ubushakashatsi ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo kuyobora itsinda mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, Amavubi yakiranywe ibyishimo
Amakuru

Nyuma yo kuyobora itsinda mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026, Amavubi yakiranywe ibyishimo

Ubwanditsi 13 Jun 2024
Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.
POLITIKI

Muri Zimbabwe hakozwe kudeta ya ‘kivandimwe’  ariko irimo ihurizo rikomereye SADC.

Ubwanditsi 17 Nov 2017
Ishyamba si ryeru muri New RNC : Bamwe mu baherutse gutorwa  bitandukanyije n’iri shyaka
ITOHOZA

Ishyamba si ryeru muri New RNC : Bamwe mu baherutse gutorwa bitandukanyije n’iri shyaka

Ubwanditsi 17 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru