• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Diamond Yasobanuye Ibikomeje Kumuvugwaho ko Yateye Inda Hamisa Umukobwa Wagaragaye Mu Mashusho ye ya Salome

Diamond Yasobanuye Ibikomeje Kumuvugwaho ko Yateye Inda Hamisa Umukobwa Wagaragaye Mu Mashusho ye ya Salome

Ubwanditsi 24 Jun 2017 SHOWBIZ

Umuririmbyi Diamond Platnumz umaze kwamamara muri Afurika yihakanye inda bivugwa ko yateye umunyamideli Hamisa Mobeto, wakunze kuvugwaho kugirana umubano wihariye n’uyu muhanzi ukundana na Zari babanye badasezeranye.

Naseeb Abdul Juma [Diamond] ukorera muzika muri Tanzania amaze gusohora ibihangano byinshi byamenyekanye bimushyira mu bakomeye. Yaririmbye indirimbo zizwi zirimo ’Mbagala’, ’Nataka Kulewa’, ’Moyo Wangu’, ’Nana’ na ’Number One’ yasubiranyemo na Davido igatuma amenyekana muri Afurika.

Mu kiganiro uyu muhanzi yagiranye na radiyo ya Clouds Fm iri mu zikomeye muri Tanzania, yagarutse ku biherutse kuvugwa ku mibanire ye na Zari, avuga ku cyabateranyije ubwo baheruka gushinjana gucana inyuma, anakomoza ku munyamideli Hamisa bivugwa ko atwite inda ye.

Hamisa Mobeto uvugwaho gutwita inda ya Diamond ni umwe mu bagaragaye mu mashusho y’indirimbo ’Salome’, kuva yasohoka hatangiye kumvikana inkuru zivuga umwana atwite ari uw’uyu muhanzi hanatutumba umwuka mubi hagati y’uyu mukobwa na Zari.

-7074.jpg

Diamond yasabye uyu mukobwa ko avuga uwamuteye inda

Diamond yavuze ko ibyamuvuzweho we na Hamisa, bitamworoheye kubisobanurira umugore we, asaba uyu mukobwa gukuraho urujijo akavuga se w’umwana atwite ukurikira undi yabyaye muri 2015.

Yagize ati “Ndabimenyereye kumva inkuru nk’izi kuri njye. Kuva nasohora ’Salome’, hakwirakwiye inkuru nahuriragamo na Hamisa kuko abantu batumvaga impamvu namuhisemo ngo ajye muri iyo ndirimbo.”

Yakomeje ati “Byansabye kwizeza Mama Tiffah ko ibyavugwaga byose ari ibihuha. Nagombaga kwitandukanya na Hamisa kuko byanshyize mu bibazo byinshi. Inkuru zivuga ko nateye inda Hamisa ni ibinyoma, ndetse nabyumvise vuba aha ko atwite, ntungurwa cyane no gusanga inda ye yaranshyizweho. Ntacyo nabikoraho kuko abantu bavuga byinshi, gusa nifuza ko Hamisa yasobanura neza, akavuga se w’umwana atwite.”

Diamond avuga ku mibanire ye na Zari muri iki gihe yasobanuye ko umwuka mubi wavuzwe mu rugo rwabo mu minsi ishize wari ufite ishingiro, gusa ngo ntiwamaze amasaha kuko bwari uburakari budakakaye bwagizwe na bombi, bigatuma badukirana bagashinjana gucana inyuma ku mbuga nkoranyambaga.

Yavuze ko akimara kubona ifoto ya Zari ari kumwe n’undi mugabo mu mazi, yabaye nk’utaye umutwe agahita amuhamagara amusaba ibisobanuro, yagize ati “Nkimubaza, ati ’Uriya rero ni muramu wanjye, ejo twari turi kumwe ndetse hari n’umugore we, gusa kuko twari turi mu mazi bigaragara nk’aho yari ampobeye, ariko ntabwo ari ko bimeze.”

Yakomeje ati “Zari amaze kumbwira gutyo numvise ndakaye cyane nkabona ibyo ambwira ari urwiyerurutso no kwisobanura bidafite ishingiro. Naramubwiye nti ’ko mbona utarayishyira kuri konti zawe ku mbuga nkoranyambaga? Ndabona abantu ahubwo ari bo bari kuyihererekanya… Byagenze gute? Washakaga

kwimenyekanisha? Washakakaga iki?’ Naramubwiye nti ’Njyewe rero iyi foto ngiye kuyereka abantu Isi yose ibibone niba udashaka ko imenyekana, bose baramenya ibyawe.”

“Nyuma yo kuyishyira kuri Instagram nagiye kubona mbona aje mu biro byanjye yihuta cyane, anyereka amafoto yose ati ’Ntureba ko nari ndi kumwe n’umugore w’uriya mugabo? Uri mu biki koko? Uzi ko umugore we ari na we wadufotoye?’ Amaze kubinyemeza nibwo nahise nsiba ibyo nari nanditse ku mbuga nkoranyambaga turiyunga.”

-7073.jpg

Diamond yasobanuye iby’umwuka mubi uherutse kuvugwa hagati ye na Zari

Zari na Diamond baherukaga kuvugwa mu nkuru zo gucana inyuma basanzwe bafitanye abana babiri, uwa mbere witwa Latiffah Naseeb [Dangote] yavutse ku wa 6 Kanama 2015, uw’umuhungu ufite amezi atanu bamwise Prince Nillan Dangote. Aba biyongera ku bandi batatu yabyaranye na nyakwigendera Ivan Ssemwanga barimo Pinto, Quincy n’uwitwa Didy.

Diamond uvugwaho gutera inda umukobwa yifashishije mu mashusho, yari aherutse gutangaza ko kugira inshingano zo kurera abana yabyaranye na Zari, byamuhujije burundu ingeso z’ubushurashuzi no kwinjira mu nkundo za hato na hato n’abandi bagore.

-7075.jpg

Diamond aherutse kuvuga ko inshingano afite zo gutunga umuryango zamukuye mu bushurashuzi

2017-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Italiki ndetse n’ Isaha Nyakwigendera Mozes Radio Azashyingurirwaho yamaze kumenyekana

Italiki ndetse n’ Isaha Nyakwigendera Mozes Radio Azashyingurirwaho yamaze kumenyekana

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Dore amagambo buri mugore wese ufite umukunda aba akeneye kumva

Dore amagambo buri mugore wese ufite umukunda aba akeneye kumva

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Danny Vumbi yashyize hanze indirimbo yahimbiye umugore we ikaba imaze imyaka 10 ayihimbye

Danny Vumbi yashyize hanze indirimbo yahimbiye umugore we ikaba imaze imyaka 10 ayihimbye

Ubwanditsi 27 Mar 2021
Kate Bashabe wahisemo gukora urugendo rw’amaguru ashakisha  cash  ubu ni umukobwa umaze kugira aho yageze

Kate Bashabe wahisemo gukora urugendo rw’amaguru ashakisha cash ubu ni umukobwa umaze kugira aho yageze

Ubwanditsi 15 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yamaganye itangazo rivuga ko igiye  kwivuna abatuka Perezida Kagame
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yamaganye itangazo rivuga ko igiye kwivuna abatuka Perezida Kagame

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.
Amakuru

Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Ubwanditsi 08 Feb 2023
Burera: Abaturage  baragurisha  amasambu  kugira ngo babone amashilingi  yo kugomboza ababo bafatiwe Uganda
HIRYA NO HINO

Burera: Abaturage baragurisha amasambu kugira ngo babone amashilingi yo kugomboza ababo bafatiwe Uganda

Ubwanditsi 10 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru