• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Kate Bashabe wahisemo gukora urugendo rw’amaguru ashakisha cash ubu ni umukobwa umaze kugira aho yageze

Kate Bashabe wahisemo gukora urugendo rw’amaguru ashakisha cash ubu ni umukobwa umaze kugira aho yageze

Ubwanditsi 15 Jun 2018 SHOWBIZ

Kate Bashabe wiyambuye kwitwa Nyampinga agakora urujyendo rw’amaguru ashaka amafaranga ,ubu ni umukobwa umaze kugira aho yigeze abikesha kuba yariyambuye icyubahiro cyo kwita nyampinga agatangira gucuruza imyenda iciriritse bityo bikaba bimaze kumugira uwo yifuje kuba we.

Bashabe Catherine, wamamaye nka Kate Bashabe, ni umwe mu bashabitsi bakiri bato b’abahanga mu guhanga imideli, gutaka inzu n’indi mirimo ijyanye nabyo; mu myaka ikabakaba itanu abimazemo yageze ku iterambere rigaragarira ijisho rya benshi bamukurikira ku mbuga nkoranyambaga zirimo Instagram.

Uretse ubuhanga n’umurava mu gukora ubushabitsi, Kate Bashabe ni umwe mu bakobwa bafite uburanga n’ikimero ndetse byashimangiwe mu mwaka wa 2010 agirwa Nyampinga wa MTN, muri 2012 yabishyizeho akadomo yambikwa ikamba rya Nyampinga wa Nyarugenge igicumbi cy’abakobwa b’indobanure mu bwiza.

Ntiyabaye nka ya hene babwiye ko ari nziza guhera ubwo ntiyongere gushokora ibyatsi ngo irishe ndetse ishishe kurushaho. Guhera muri 2011, Kate Bashabe ntiyongeye kuryama ngo ahezeyo, yahoranaga umutima uhagaze ashakisha inzira zamuvana mu cyiciro cy’abakora bakarindira umushahara w’ukwezi.

Kate Bashabe avuga ko yatangiye urugendo rukomeye mu mwaka wa 2012, yahereye ku mafaranga yizigamiraga ku mushahara yakoreraga icyo gihe.

Yagize ati “Icyo gihe nahoraga mfite inyota yo kwikorera business yanjye, nakundaga ibintu by’imideli bityo ngira igitekerezo cyo gukora ibintu byo gucuruza imyenda. Nari mfite amafaranga nazigamye ku mushahara ndavuga reka nyoherereze umushuti wanjye uba hanze andangurire imyenda.”

Iby’ubwiza no kwitwa Nyampinga yabishyize ku ruhande. Yatangiye acuruza imyenda iciriritse ariko myiza, nta duka yagiraga ahubwo yakoraga urugendo rw’amaguru ashakisha abakiriya, yategaga moto ari uko yabonye inyungu y’umurengera muri duke yacuruzaga.
Yizigamiye ahereye ku bikoroto

Ibi byose yabikoraga muri ubu buryo ashakisha uko yarundarunda udufaranga ngo azagwize ayo gushinga iduka. Inshuti ze n’abari bamuzi icyo gihe, hari abamubonaga bakamuha urw’amenyo, abandi bakamuca intege ‘ko atazabishobora’.

Ati “Ntabwo yari imyenda myinshi cyane ariko yari myiza. Icyo gihe natangiye kubwira abantu bose ko natangiye gucuruza imyenda, bamwe baransekaga ariko bakagura, abandi bakantera ingufu.”

Yongeraho ati “Namaze umwaka hafi ibiri nkora ubwo bucuruzi bwo gusanga abantu ahantu bari mbashyiriye imyenda. Nacibwaga intege, n’abo mu muryango batangira kumbwira ko ntazabishobora ariko nkomeza urugendo.”

Ku bwo kwihangana no gushyira umutima ku nzozi ze, mu mwaka wa 2013 yagwije amafaranga yamufashije gushinga inzu y’imideli yitwa ‘Kabash Fashion House’. Yaje no gushinga indi nzu yise ‘Kabash House’ ikoreramo ibintu by’ubukorikori, kudoda imyenda, gukora utubati, ibitanda n’ibindi bikoresho bigezweho byo mu nzu.

Ati “Icyamfashije ni uko nabikaga inyungu cyane kuko nifuzaga kuzashinga iduka kandi sinari kubigeraho ntizigamira. Ndibuka muri 2012 irangira hafi muri 2013 nibwo nafunguye iduka rya Kabash Fashion House, mbere y’uko ndifungura nari nararanguye, nari mfite imyenda myinshi.”

“Maze nk’umwaka ndifunguye, nashinze irindi duka rya Kabash House, dukora ibijyanye n’imitako, utubati, ibitanda […] Nageze igihe ntangira gutegura no gushyira imitako mu nzu z’abandi(interior design), nahereye ku nzu yanjye mbona bibaye byiza. Nasanze mfite impano yo kubikora, nakoreye benshi mu ngo zabo no mu biro, nzamuka gutyo.”

Yahuye n’ibigusha abirusha imbaraga

Mu rugendo rw’iterambere, Kate Bashabe yanyuze muri byinshi byamucaga intege ariko akabyima amatwi. Ni imwe mu nkingi yubakiyeho ndetse kugeza uyu munsi ikibi cyose kimwitambika agitsindisha kudacika intege yerekeza ku nzozi ze.

Ati “Nanyuze mu bintu byinshi bikomeye, abantu banciye intege […] kuko nari nzi icyo nshaka, nari mfite intego byose nabyimye amatwi ndakomeza ndabikora. Ntabwo byari byoroshye, naraye amajoro, nararaga nirukanka ku bakiriya ariko uyu munsi navuga ko nageze aho nshaka.”

Nka rwiyemezamirimo ukiri muto, yatangiranye intego zijegajega bityo bikamugusha mu gihombo. Ati “Ikosa nakoze ngitangira habayeho kwizera abantu, akenshi barantenguhaga ntibanyishyure bikabamo imvururu. Maze kwigirira icyizere namenye uko mbitwara iryo kosa rivaho.”

Abanzi batangiye kumwitambika

Intambwe amaze kugeraho avuga ko abatayishimiye batangiye kumwitambika mu kugerageza kumuca intege bya burundu gusa aracyahagaze bwuma kandi yizeye kuzabarusha imbaraga.

Ati “Iyo umuntu hari aho amaze kugera heza ahura n’abantu bamwe bidashimisha, sinzi niba nabita aba-haters[abanzi]. Mu gihe gishize navuzwe mu itangazamakuru ko nakubise abantu, ni byinshi ntasubiramo…”

“Abatangaje ibyo bintu, ni nk’umuntu wafashe filime y’i Hollywood nayo y’imirwano ayivangamo urwenya n’ibindi bibabaje. Ntabwo ndi indwanyi, ku banzi uko narezwe ntabwo ngira amagambo mabi.”

Abakobwa bashyize Kate mu itangazamakuru bamushinja kubashimuta no kubakorera iyicarubozo, ngo ni bagenzi be babikoze bafite umugambi mubisha.

Ati “Icyabayeho ni ukutumvikana n’abo bagenzi banjye ariko byari ibintu by’amafuti ariko bo babigira ibintu birebire. Abakiriya banjye ndabiseguraho, ibyamvuzweho mu by’ukuri nta kuri kurimo, ntabwo ndi umuntu umeze gutyo. Mungarurire icyizere n’abari bakinkuyeho.”

Bashabe w’imyaka 27 y’amavuko amaze kugera ku ntera ikomeye mu byo guhanga imideli no gukora imitako yifashishwa mu nzu ndetse ubucuruzi bwe bw’imyenda bwaragutse ku buryo na we ubwe atangiye kwemera ko igishoro gito yatangije kimaze kubyara byinshi.

Yatanze imirimo ku bakozi akorana na bo haba muri Kabash Fashion House, Kabash House n’abo mu makoperative akorana nayo barimo abadoda n’abamufasha mu guha ubwiza inzu n’ibiro by’abakiriya be.

Amafaranga yashoye mu mwaka wa 2011 yatangiye kumugeza ku musaruro ufatika ndetse kugeza ubu abarirwa mu rubyiruko rwibeshejeho akaba anabasha gukemura ibibazo by’amafaranga bisaba ubushobozi ku bamugana, umuryango we na wo watangiye kwizihirwa n’igishoro umwana wabo agezeho.

Ati “Nyuma y’imyaka itanu nkora ibi bintu maze kugera ku ntambwe ishimishije kuko uyu munsi mfite abakozi bahora ku maduka, bita ku bintu byanjye nubwo naba ntahari. Mfite n’andi makoperative arimo abantu benshi nkoresha, mfite abakiriya banjye bahoraho, mbona inyungu binyoroheye.”

Kate aragira inama abakobwa bagenzi be

Ati “Inama nagira urubyiruko cyane cyane abakobwa ni ukwigirira icyizere bakumva ko bashoboye. Iyo wihangiye umurimo ugishyiramo imbaraga zose ugashakisha ibitekerezo ahantu hose, niryo banga nakoresheje.”

Itarambere amaze kugeraho avuga ko ritamuhagije ndetse ko agihihibikana ashakisha uko yakorera ubucuruzi mu bindi bihugu, Kabash Fashion House n’ibindi akora bikamamara mu mahanga.

Ati “Nubwo hari byinshi maze kugeraho ndacyafite urugendo runini. Ni ibintu byinshi nshaka kugeraho, ndashaka gufungura amaduka hanze y’u Rwanda no kwagura ibikorwa byanjye.”

2018-06-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishimwe Clement yavuze ku burwayi bukekwa ku mwana we na Knowless

Ishimwe Clement yavuze ku burwayi bukekwa ku mwana we na Knowless

Ubwanditsi 04 Apr 2018
AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Ubwanditsi 03 May 2021
Gukora umuziki, kuwutunganya ndetse no ku wigisha ntacyo bizica ku iterambere rya Igor Mabano bitewe nuko abifatanya kandi bikagenda neza

Gukora umuziki, kuwutunganya ndetse no ku wigisha ntacyo bizica ku iterambere rya Igor Mabano bitewe nuko abifatanya kandi bikagenda neza

Ubwanditsi 14 Mar 2021
Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Ubwanditsi 24 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?
Amakuru

Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?

Ubwanditsi 31 Jul 2025
Abanyarwanda hirya no hino  bitabiriye amatora
Mu Rwanda

Abanyarwanda hirya no hino bitabiriye amatora

Ubwanditsi 04 Aug 2017
Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside
HIRYA NO HINO

Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside

Ubwanditsi 28 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru