• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Ubwanditsi 08 Feb 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuwa gatandatu tariki 04 Gashyantare 2023, i Bujumbura mu Burundi habereye inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, ikaba yari igamije gusuzuma uko umutekano wifashe mu burasirazuba bwa Kongo, no kongera gufatira hamwe ingamba zo guhagarika intambara ikomeje guca ibintu hagati ya Leta ya kongo n’umutwe wa M23.

Imwe mu myanzuro yafatiwe muri iyo nama, ni uko impande zishyamiranye zihagarika imirwano, zikayoboka inzira y’ibiganiro, imitwe yitwaje intwaro ikazishyira hasi, iy’abanyamahanga igasubira mu bihugu ikomokamo, nk’uko byari byaremejwe mu nama zinyuranye, zirimo iyabereye i Luanda muri Angola, mu Gushyingo umwaka ushize. Nyuma y’amasaha 48 gusa iyo nama ibaye ariko, Leta ya Kongo yahise itangaza ko abo Bakuru b’Ibihugu bataye igihe, kuko Kongo itazigera yubahiriza imyanzuro yabo.

Atabiciye ku ruhande, Umuvugizi wa Leta ya Kongo, Patrick Muyaya, yabwiye itangazamakuru ko nta kintu kinini inama ya Bujumbura yagezeho, ko bo bareba ibyavugiwe i Luanda gusa. Yagize ati:” N’ikimenyimenyi Perezida wacu, [Félix Tshisekedi] nta nyandiko n’imwe yashyizeho umukono, bigaragaza ko nta nshingano yigeze yiyemeza gushyira mu bikorwa”.Abajijwe niba igihugu cye kigifitiye icyizere ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba zagiye kugarura amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, Patrick Muyaya yatanze igisubizo kigaragaza ko izo ngabo zitagikenewe muri Kongo.

Yagize ati:” Izo ngabo zaje kurwana na M23 none ntabyo zikora….uburakari bw’abaturage bigaragambya[ bamagana izo ngabo ]bufite ishingiro”.Nyamara kandi inama y’i Bujumbura yari yasabye Kongo korohereza akazi izo ngabo, ndetse ibihugu bya Uganda na Sudan y’Epfo bigakomeza kohereza abasirikari muri Kongo.

Amagambo ya Patrick Muyaya rero ahabanye kure n’icyo cyemezo, kuko ahubwo yabaye nk’ayatsa umuriro, ubwo abaturage birohaga mu mihanda yo mu mujyi wa Goma, mu burakari bwinshi basaba ingabo z’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba kugaba ibitero ku mutwe wa M23, bitaba ibyo zigahambira ibirago, zigataha iwazo. Iyo myigaragambyo irimo kugwamo abantu ari na ko isenya ibikorwaremezo ntitunguranye ariko, cyane cyane ko atari na bwo bwa mbere ibaye. Ikigaragaza ko Leta ya Kongo iyiri inyuma, ni uko nyuma y’inama y’i Bujumbura Perezida Tshisekedi ubwe yatontomeye Gen , Umunyakenya uyoboye Ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, amubwira ango:” Ntimwaje gufasha M23. Birababaje kuba abaturage babarakariye cyane. Mugomba kumva ibyifuzo byabo”.

Abasesenguzi bemeza ko uburakari bwa Leta ya Kongo bwatewe n’uko Perezida Tshisekedi yagiye i Bujumbura yizeye ko bagenzi be bategeka izo ngabo gutangira kurwana na M23, nyamara bo bisabira gusa ko imirwano yahagaraga, abashyamiranye bakayoboka inzira ya politiki.

Nk’uko agenda akwiza aho anyuze hose ko u Rwanda ari rwo ruteza ibibazo igihugu cye, yari yizeye ko abo Bakuru b’Ibihugu bikiriza iyo ndirimbo ye ishaje, ariko bamwereka ko umuti ufitwe n’Abanyekongo ubwabo. Leta ya Kongo rero ikomeje gusuzugura Abakuru b’Ibihugu by’aka Karere, badahwema gushakisha uko amahoro n’umutekano byagaruka muri Kongo.

Muri icyo kiganiro n’itangazamakuru, Patrick Muyaya yavuze ashize amanga ko Leta ye itazigera igirana ibiganiro na M23, kandi nyamara abo Bakuru b’Ibihugu bo basanga ibiganiro ariyo nzira rukumbi yo gusubiza ibintu mu buryo. Leta ya Kongo kandi yakomeje gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’abajenosideri ba FDLR, kandi bagombye kuba baratashye mu Rwanda bitarenze tariki 30 Ugushyingo 2022, nk’uko bikubiye mu myanzuro ya Luanda. Ibonye bidahagije iyo Leta yiyambaje abacancuro ba “Wagner”, umutwe wafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ndetse na Loni, kubera ubugizi bwa nabi wagiye ukora aho wanyuze hose.

Ikindi kigaragaza icyizere gike Tshisekedi afitiye bagenzi be bahuriye mu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba, ni uko ubu inzira yazimarishije ibirenge, ashakisha ubufasha mu bihugu byo hanze y’uyu Muryango, birimo ibyo mu karere k’Afrika y’amajyepfo, nka Angola, Afrika y’Epfo n’ibindi.

Ikibazo rero: Ese Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba bazakomeza guhangayikishwa n’ibibazo bya kongo, kandi ba nyirabyo ntacyo bibabwiye? Abasesenguzi bafite umpungenge z’uko imyitwarire y’abategetsi ba Kongo ituma ibintu birushaho kudogera, ku buryo bizagera aho bitagifite igaruriro.

2023-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwatubyaye Abdoul ntari kumwe n’Amavubi yerekeje muri Cote d’Ivoire gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Rwatubyaye Abdoul ntari kumwe n’Amavubi yerekeje muri Cote d’Ivoire gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Ubwanditsi 03 Jun 2024
Uganda: Umudepite wihagaritse kuri Minisiteri yishwe arashwe

Uganda: Umudepite wihagaritse kuri Minisiteri yishwe arashwe

Ubwanditsi 10 Jun 2018
Ibikorwa bya siporo biteganyijwe mu gihe cya CHOGM, Haringingo Francis yerekeje muri Raayon Sports nk’umutoza mukuru, Babua Samson yasinye muri Sunrise FC

Ibikorwa bya siporo biteganyijwe mu gihe cya CHOGM, Haringingo Francis yerekeje muri Raayon Sports nk’umutoza mukuru, Babua Samson yasinye muri Sunrise FC

Ubwanditsi 21 Jun 2022
Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.
Amakuru

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ubwanditsi 20 Jul 2023
Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo
INKURU NYAMUKURU

Museveni akomeje kwikanga Bobi Wine, yamufungiye iwe ku munsi w’ubwigenge ngo adakoresha igitaramo

Ubwanditsi 09 Oct 2019
Amafoto – Amavubi y’u Rwanda yanganyije na Harambe Stars ya Kenya igitego kimwe kuri kimwe mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022
Amakuru

Amafoto – Amavubi y’u Rwanda yanganyije na Harambe Stars ya Kenya igitego kimwe kuri kimwe mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’isi 2022

Ubwanditsi 05 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru