• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Ubwanditsi 08 Feb 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuwa gatandatu tariki 04 Gashyantare 2023, i Bujumbura mu Burundi habereye inama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, ikaba yari igamije gusuzuma uko umutekano wifashe mu burasirazuba bwa Kongo, no kongera gufatira hamwe ingamba zo guhagarika intambara ikomeje guca ibintu hagati ya Leta ya kongo n’umutwe wa M23.

Imwe mu myanzuro yafatiwe muri iyo nama, ni uko impande zishyamiranye zihagarika imirwano, zikayoboka inzira y’ibiganiro, imitwe yitwaje intwaro ikazishyira hasi, iy’abanyamahanga igasubira mu bihugu ikomokamo, nk’uko byari byaremejwe mu nama zinyuranye, zirimo iyabereye i Luanda muri Angola, mu Gushyingo umwaka ushize. Nyuma y’amasaha 48 gusa iyo nama ibaye ariko, Leta ya Kongo yahise itangaza ko abo Bakuru b’Ibihugu bataye igihe, kuko Kongo itazigera yubahiriza imyanzuro yabo.

Atabiciye ku ruhande, Umuvugizi wa Leta ya Kongo, Patrick Muyaya, yabwiye itangazamakuru ko nta kintu kinini inama ya Bujumbura yagezeho, ko bo bareba ibyavugiwe i Luanda gusa. Yagize ati:” N’ikimenyimenyi Perezida wacu, [Félix Tshisekedi] nta nyandiko n’imwe yashyizeho umukono, bigaragaza ko nta nshingano yigeze yiyemeza gushyira mu bikorwa”.Abajijwe niba igihugu cye kigifitiye icyizere ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba zagiye kugarura amahoro n’umutekano muri icyo gihugu, Patrick Muyaya yatanze igisubizo kigaragaza ko izo ngabo zitagikenewe muri Kongo.

Yagize ati:” Izo ngabo zaje kurwana na M23 none ntabyo zikora….uburakari bw’abaturage bigaragambya[ bamagana izo ngabo ]bufite ishingiro”.Nyamara kandi inama y’i Bujumbura yari yasabye Kongo korohereza akazi izo ngabo, ndetse ibihugu bya Uganda na Sudan y’Epfo bigakomeza kohereza abasirikari muri Kongo.

Amagambo ya Patrick Muyaya rero ahabanye kure n’icyo cyemezo, kuko ahubwo yabaye nk’ayatsa umuriro, ubwo abaturage birohaga mu mihanda yo mu mujyi wa Goma, mu burakari bwinshi basaba ingabo z’Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba kugaba ibitero ku mutwe wa M23, bitaba ibyo zigahambira ibirago, zigataha iwazo. Iyo myigaragambyo irimo kugwamo abantu ari na ko isenya ibikorwaremezo ntitunguranye ariko, cyane cyane ko atari na bwo bwa mbere ibaye. Ikigaragaza ko Leta ya Kongo iyiri inyuma, ni uko nyuma y’inama y’i Bujumbura Perezida Tshisekedi ubwe yatontomeye Gen , Umunyakenya uyoboye Ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, amubwira ango:” Ntimwaje gufasha M23. Birababaje kuba abaturage babarakariye cyane. Mugomba kumva ibyifuzo byabo”.

Abasesenguzi bemeza ko uburakari bwa Leta ya Kongo bwatewe n’uko Perezida Tshisekedi yagiye i Bujumbura yizeye ko bagenzi be bategeka izo ngabo gutangira kurwana na M23, nyamara bo bisabira gusa ko imirwano yahagaraga, abashyamiranye bakayoboka inzira ya politiki.

Nk’uko agenda akwiza aho anyuze hose ko u Rwanda ari rwo ruteza ibibazo igihugu cye, yari yizeye ko abo Bakuru b’Ibihugu bikiriza iyo ndirimbo ye ishaje, ariko bamwereka ko umuti ufitwe n’Abanyekongo ubwabo. Leta ya Kongo rero ikomeje gusuzugura Abakuru b’Ibihugu by’aka Karere, badahwema gushakisha uko amahoro n’umutekano byagaruka muri Kongo.

Muri icyo kiganiro n’itangazamakuru, Patrick Muyaya yavuze ashize amanga ko Leta ye itazigera igirana ibiganiro na M23, kandi nyamara abo Bakuru b’Ibihugu bo basanga ibiganiro ariyo nzira rukumbi yo gusubiza ibintu mu buryo. Leta ya Kongo kandi yakomeje gukorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo n’abajenosideri ba FDLR, kandi bagombye kuba baratashye mu Rwanda bitarenze tariki 30 Ugushyingo 2022, nk’uko bikubiye mu myanzuro ya Luanda. Ibonye bidahagije iyo Leta yiyambaje abacancuro ba “Wagner”, umutwe wafatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ndetse na Loni, kubera ubugizi bwa nabi wagiye ukora aho wanyuze hose.

Ikindi kigaragaza icyizere gike Tshisekedi afitiye bagenzi be bahuriye mu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba, ni uko ubu inzira yazimarishije ibirenge, ashakisha ubufasha mu bihugu byo hanze y’uyu Muryango, birimo ibyo mu karere k’Afrika y’amajyepfo, nka Angola, Afrika y’Epfo n’ibindi.

Ikibazo rero: Ese Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba bazakomeza guhangayikishwa n’ibibazo bya kongo, kandi ba nyirabyo ntacyo bibabwiye? Abasesenguzi bafite umpungenge z’uko imyitwarire y’abategetsi ba Kongo ituma ibintu birushaho kudogera, ku buryo bizagera aho bitagifite igaruriro.

2023-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS

Abanyarwanda 17,800 bashya bagiye guhabwa imiti igabanya ubukana bwa HIV-AIDS

Ubwanditsi 30 Jun 2016
Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ingabo z’u Rwanda zongeye guha isomo rikomeye ibyihebe muri Mozambique

Ubwanditsi 04 May 2024
Isiganwa ry’Amagare rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda, irya 2024 rizakinwa mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare 2024

Isiganwa ry’Amagare rizenguruka igihugu rizwi nka Tour du Rwanda, irya 2024 rizakinwa mu cyumweru cya 3 cya Gashyantare 2024

Ubwanditsi 10 Oct 2023
Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Ubwanditsi 21 Feb 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n’umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza
Amakuru

Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n’umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza

Ubwanditsi 14 Feb 2023
Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana
Mu Mahanga

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Ubwanditsi 15 Apr 2016
Perezida Kagame yitabiriye inama ku iterambere rirambye i Abu Dhabi
UBUKUNGU

Perezida Kagame yitabiriye inama ku iterambere rirambye i Abu Dhabi

Ubwanditsi 13 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru