• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 23 Apr 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Uyu mugore Debora KAYEMBE ni umwe mu bayobozi bakuru(Rector) ba Kaminuza Mpuzamahanga ya EDINBURGH yo muri Ecosse. Muri iki cyumweru rero yivuyemo nk’inopfu, ashyira ku mbuga nkoranyambaga ze ubutumwa buhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, agera ndetse n’aho agereka ubwicanyi kuri Perezida wa Repubulika Paul Kagame, agamije gutagatifuza abajenosideri.

Abantu benshi bahise bamagana Debora Kayembe, ndetse Ambasaderi Johnson BUSINGYE uhagarariye u Rwanda mu Bwongereza yandikira ubuyobozi bw’iyo Kaminuza abugaragariza ko imyitwarire igayitse ya Debora Kayembe idakomeretsa Abanyarwanda gusa, ko ahubwo inangiza isura y’iyo kaminuza ikomeye ku isi.

Mu ibaruwa Prof. Peter MATHIESON, Vice-Chancelor wa Kaminuza ya Edinburgh, yandikiye Amb. Busingye ejo kuwa gatanu, yashimangiye ko isi yose izi neza uruhare rwa Perezida Paul Kagame mu guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi no guhirika ubutegetsi bw’abajenosideri, bikaba rero byaba ari ugucurika nkana amateka, uramutse ushinje Jenoside abayihagaritse.

Prof Mathieson yavuze ko Kaminuza ya Edinburgh yemera, ibikuye ku mutima, ko mu Rwanda habaye Jenoside imwe yakorewe Abatutsi, ikaba ibabajwe cyane n’amagambo ya Debora Kayembe n’abandi nkawe, cyane cyane muri ibi bihe by’icyunamo, “….agamije kwambura agaciro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, no gutoneka ibikomere by’abayirokotse”.

Prof. Mathieson yavuze ko Kaminuza ya Edinburgh ibona u Rwanda nk’Igihugu gifite icyerekezo ntangarugero, ari nayo mpamvu ifite ubufatanye bukomeye n’u Rwanda mu nzego zinyuranye, ngo ikaba itakwemera rero ko umwe mu bakozi bayo agaragaza imyitarire ikomeretsa Abanyarwanda. Yaboneyeho kuvuga ko Kaminuza yabo yitandukanyije ku mugaragaro na Debora Kayembe, bityo amahano yakoze akaba agomba kuyaryozwa ku giti cye.

Prof. Peter Mathieson yasobanuriye Amb.Busingye ko imyitwarire ya Debora Kayembe izafatwaho umwanzuro n’abagize Inama y’Ubutegetsi ya Kaminuza ya Edinburgh, umuntu yagereranya n’urukiko rw’iyo Kaminuza, bazaterana kuwa mbere tariki 25 Mata 2022.

Debora Kayembe akomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, akaba umwe mu bakongomani birirwa ku mbuga nkoranyambaga batuka u Rwanda n’Abayobozi barwo. Abamuzi neza bavuga ko umuryango we wari inkoramutima z’uwa Mobutu Sese Seko wahoze ari Perezida w’icyo gihugu kikitwa Zayire, bikaba bizwi neza ko Mobutu yashyigikiye abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuba rero Debora Kayembe yifatira ku gahanga Perezida w’ u Rwanda, akaba ku isonga mu bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, arabiterwa n’uko nawe afite aho ahuriye n’abajenosideri, afata nk’ imfubyi za “Sewabo” Mobutu sese seko. Ararushywa n’ubusa ariko, kuko gushyigikira inkoramaraso ari uguta igihe.

2022-04-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayumba ni umuhemu”…”yaguze amapeti”

Kayumba ni umuhemu”…”yaguze amapeti”

Ubwanditsi 05 Sep 2019
Uko Kayumba yibye inka z’Abagogwe mu majyaruguru y’u Rwanda azijyana  Uganda mu bushyo bwitwa Banyankore kweterana hagati ya 1997-1998

Uko Kayumba yibye inka z’Abagogwe mu majyaruguru y’u Rwanda azijyana  Uganda mu bushyo bwitwa Banyankore kweterana hagati ya 1997-1998

Ubwanditsi 04 Mar 2018
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016

Ubwanditsi 28 Apr 2016
Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Kugereka ibibazo byabo ku Rwanda, ishyari n’iturufu by’abananiwe kuyobora ibihugu byabo.

Ubwanditsi 30 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Urubanza rwa Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi rwasubitswe
ITOHOZA

Kigali: Urubanza rwa Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi rwasubitswe

Ubwanditsi 07 May 2018
Ibibazo by’umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda bigiye kuvugutirwa umuti
INKURU NYAMUKURU

Ibibazo by’umubano mubi hagati y’u Rwanda na Uganda bigiye kuvugutirwa umuti

Ubwanditsi 19 Aug 2019
Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo
INKURU NYAMUKURU

Urwishe ya nka ruracyayirimo, RNC igeze ku buce , Serge Ndayizeye arasaba gukubirwa umushahara inshuro eshatu cyangwa akabivamo

Ubwanditsi 31 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru