• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza wa Mukura VS, Tomáš Trucha, yageze mu Rwanda aho aje gutangira akazi   |   20 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Polisi yashimangiye ko inkengero za Nyungwe zitekanye, yizeza gushakisha ‘Sankara’ wigambye ibikorwa biheruka

Polisi yashimangiye ko inkengero za Nyungwe zitekanye, yizeza gushakisha ‘Sankara’ wigambye ibikorwa biheruka

Ubwanditsi 17 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Theos Badege, yabwiye itangazamakuru ko umutekano ari wose mu mirenge ihana imbibi n’ishyamba rya Nyungwe nyuma y’iminsi havugwa ibikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Yabitangarije mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Kivu, imwe mu mirenge yasuwe na Minisitiri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ari kumwe na bamwe mu bayobozi b’inzego z’umutekano.

Mu minsi ishize umutekano muri ako gace wahungabanyijwe n’abantu bitwaje intwaro, bishe abaturage babiri, bakomeretsa abandi batatu, biba ibintu byiganjemo imyaka yari mu maduka.

Itangazo rya Polisi ryasobanuye ko ‘abo banyabyaha’ banyuze mu ishyamba rya Nyungwe rihana imbibi n’u Burundi ndetse ko inzego z’umutekano zahise zitabara, zikurikira abo bagizi ba nabi aho barengeye mu ishyamba.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi, IGP Gasana Emmanuel, yabwiye abaturage ati “Ibyabaye ejo bundi ntabwo twabyihanganira. Tubijeje ko bitazongera ariko namwe mukomeze ubufatanye n’ababunganira mu mutekano, muba inyangamugayo, mutanga amakuru yo gukumira ibyaha ku gihe.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis, mu nama yagiranye n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’abavuga rikijyana mu Murenge wa Kivu muri Nyaruguru na Kitabi muri Nyamagabe, yagarutse ku ngamba zo gushimangira umutekano.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, aganira n’abaturage bo mu mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru

Atanga ingero ku bikorwa by’ubugizi bwa nabi bwabaye mu minsi yashije, Minisitiri Kaboneka yibukije abaturage ko umutekano ari wo ubanziriza ibindi bikorwa byose byaba iby’iterambere cyangwa iby’imibereho myiza.

Yababwiye ko ataje kubabwira ko bafite umutekano kuko babizi kumurusha bo bahatuye, ahubwo abibutsa ko bakwiye no kwima amatwi bamwe mu bakwiza ibihuha ko mu karere kabo nta mutekano uhari.

Ati “Mwirinde ababashuka bashaka kubasubiza inyuma. Mugaragaze abashaka guhungabanya umutekano. Inzego z’umutekano zirahari kandi mukomeze ubufatanye. Mube abayobozi beza b’intangarugero, ibyagezweho byose ni ukubera ubufatanye.”

Abajijwe icyo avuga kuri amwe mu makuru atangazwa n’ibinyamakuru mpuzamahanga anakwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga ko ubwo bugizi bwa nabi bwakozwe n’umutwe w’ingabo uyobowe n’uwitwa Major Sankara Callixte, CP Badege yashimangiye ko muri aka gace nta mirwano ihari kandi ko uyu mugabo agiye gushakishwa.

Ati “Abatangaje ayo makuru nubwo ushaka kumenya ukuri wese abona neza ko ari impuha, kuri twe aradufasha kumenya ukuri dukeneye mu gushakisha abagizi ba nabi”.

Yakomeje avuga ko “Iryo zina Sankara Callixte, rimaze kuza kenshi mu madosiye y’ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha, kuko asanzwe anashakishwa, kuba rero yiyemerera ibindi byaha birafasha ubutabera. Bizanorohereza kandi igikorwa cy’ubufatanye mpuzamahanga cyo guhererekanya abanyabyaha. Ni inshingano z’igihugu cyose abarizwamo kwitandukanya nawe kikazamushyikiriza ubutabera bw’u Rwanda bumushakisha.”

Uyu Sankara yumvikanye cyane mu manza z’abaregwaga ibyaha byo gushaka guhungabanya umudendezo w’igihugu nko mu rwa Kizito Mihigo na bagenzi be.

Abaturage bashimiye ubuyobozi n’inzego z’umutekano, bizeza Minisitiri ubufatanye mu gukumira ikintu cyose cyakongera guha icyuho abagizi ba nabi.

Senkuye Vedaste wo mu Murenge wa Kitabi, yagize ati “Tugomba gukomeza kurara irondo, tugafatanya n’abayobozi kumenya ko nta cyaduhungabanya ngo cyagize ibikorwa by’amajyambere tumaze kugeraho.”

Abaturage bitabiriye ibi biganiro ubwo bumvaga impanuro ku kwicungira umutekano

 

2018-07-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwanditsi 19 Nov 2025
Urubyiruko rwatangije gahunda yo gushyigikira Perezida Kagame mu kurwanya ibinyoma n’ibikangisho bya mpatsibihugu

Urubyiruko rwatangije gahunda yo gushyigikira Perezida Kagame mu kurwanya ibinyoma n’ibikangisho bya mpatsibihugu

Ubwanditsi 13 Feb 2025
Nyuma ya Lt Gen Mudacumura, Gen Musabyimana Juvenal wa RUD Urunana nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Nyuma ya Lt Gen Mudacumura, Gen Musabyimana Juvenal wa RUD Urunana nawe yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Ubwanditsi 09 Nov 2019
Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ubwanditsi 28 Apr 2021

5 Ibitekerezo

  1. Kwangwaru
    July 17, 20182:45 pm -

    None ko umutekano ari wose kuki Kaboneka yambaye ikote ritamenwa n’amasasu !!?

    Subiza
  2. Thomas Nkunda
    July 17, 20184:33 pm -

    Uribonyehe? Cyangwa urerekwa!

    Subiza
  3. nkunda
    July 17, 20184:58 pm -

    Nonese isasu rifata mwikote gusa urabona hari ikintu yambaye mumutwe konawouraswa!

    Subiza
  4. semajeli ramadhan
    July 17, 20186:00 pm -

    Kangaroo rwose utandukanye ikote rya cuir na anti balle

    Subiza
  5. Shimon
    July 17, 20186:27 pm -

    Muramwamamaje SANKARA. Ko mbona hari ubwoba,kandi bitari ngombwa. ingabo zacu ziri maso.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund
UBUKUNGU

Dr Donald Kaberuka yagizwe Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Global Fund

Ubwanditsi 04 May 2019
Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gushyira hanze Album ye ya Karindwi yise “Ubushobozi” izaba iriho indirimbo zisaga 15
Amakuru

Umuhanzi Ruhumuriza James uzwi nka King James agiye gushyira hanze Album ye ya Karindwi yise “Ubushobozi” izaba iriho indirimbo zisaga 15

Ubwanditsi 20 Sep 2021
Abakuru b’Ibihugu bakomeje kugera i Kigali – AMAFOTO
Mu Mahanga

Abakuru b’Ibihugu bakomeje kugera i Kigali – AMAFOTO

Ubwanditsi 16 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru