• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Polisi yashimangiye ko inkengero za Nyungwe zitekanye, yizeza gushakisha ‘Sankara’ wigambye ibikorwa biheruka

Polisi yashimangiye ko inkengero za Nyungwe zitekanye, yizeza gushakisha ‘Sankara’ wigambye ibikorwa biheruka

Ubwanditsi 17 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Theos Badege, yabwiye itangazamakuru ko umutekano ari wose mu mirenge ihana imbibi n’ishyamba rya Nyungwe nyuma y’iminsi havugwa ibikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Yabitangarije mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Kivu, imwe mu mirenge yasuwe na Minisitiri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ari kumwe na bamwe mu bayobozi b’inzego z’umutekano.

Mu minsi ishize umutekano muri ako gace wahungabanyijwe n’abantu bitwaje intwaro, bishe abaturage babiri, bakomeretsa abandi batatu, biba ibintu byiganjemo imyaka yari mu maduka.

Itangazo rya Polisi ryasobanuye ko ‘abo banyabyaha’ banyuze mu ishyamba rya Nyungwe rihana imbibi n’u Burundi ndetse ko inzego z’umutekano zahise zitabara, zikurikira abo bagizi ba nabi aho barengeye mu ishyamba.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi, IGP Gasana Emmanuel, yabwiye abaturage ati “Ibyabaye ejo bundi ntabwo twabyihanganira. Tubijeje ko bitazongera ariko namwe mukomeze ubufatanye n’ababunganira mu mutekano, muba inyangamugayo, mutanga amakuru yo gukumira ibyaha ku gihe.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis, mu nama yagiranye n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’abavuga rikijyana mu Murenge wa Kivu muri Nyaruguru na Kitabi muri Nyamagabe, yagarutse ku ngamba zo gushimangira umutekano.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, aganira n’abaturage bo mu mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru

Atanga ingero ku bikorwa by’ubugizi bwa nabi bwabaye mu minsi yashije, Minisitiri Kaboneka yibukije abaturage ko umutekano ari wo ubanziriza ibindi bikorwa byose byaba iby’iterambere cyangwa iby’imibereho myiza.

Yababwiye ko ataje kubabwira ko bafite umutekano kuko babizi kumurusha bo bahatuye, ahubwo abibutsa ko bakwiye no kwima amatwi bamwe mu bakwiza ibihuha ko mu karere kabo nta mutekano uhari.

Ati “Mwirinde ababashuka bashaka kubasubiza inyuma. Mugaragaze abashaka guhungabanya umutekano. Inzego z’umutekano zirahari kandi mukomeze ubufatanye. Mube abayobozi beza b’intangarugero, ibyagezweho byose ni ukubera ubufatanye.”

Abajijwe icyo avuga kuri amwe mu makuru atangazwa n’ibinyamakuru mpuzamahanga anakwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga ko ubwo bugizi bwa nabi bwakozwe n’umutwe w’ingabo uyobowe n’uwitwa Major Sankara Callixte, CP Badege yashimangiye ko muri aka gace nta mirwano ihari kandi ko uyu mugabo agiye gushakishwa.

Ati “Abatangaje ayo makuru nubwo ushaka kumenya ukuri wese abona neza ko ari impuha, kuri twe aradufasha kumenya ukuri dukeneye mu gushakisha abagizi ba nabi”.

Yakomeje avuga ko “Iryo zina Sankara Callixte, rimaze kuza kenshi mu madosiye y’ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha, kuko asanzwe anashakishwa, kuba rero yiyemerera ibindi byaha birafasha ubutabera. Bizanorohereza kandi igikorwa cy’ubufatanye mpuzamahanga cyo guhererekanya abanyabyaha. Ni inshingano z’igihugu cyose abarizwamo kwitandukanya nawe kikazamushyikiriza ubutabera bw’u Rwanda bumushakisha.”

Uyu Sankara yumvikanye cyane mu manza z’abaregwaga ibyaha byo gushaka guhungabanya umudendezo w’igihugu nko mu rwa Kizito Mihigo na bagenzi be.

Abaturage bashimiye ubuyobozi n’inzego z’umutekano, bizeza Minisitiri ubufatanye mu gukumira ikintu cyose cyakongera guha icyuho abagizi ba nabi.

Senkuye Vedaste wo mu Murenge wa Kitabi, yagize ati “Tugomba gukomeza kurara irondo, tugafatanya n’abayobozi kumenya ko nta cyaduhungabanya ngo cyagize ibikorwa by’amajyambere tumaze kugeraho.”

Abaturage bitabiriye ibi biganiro ubwo bumvaga impanuro ku kwicungira umutekano

 

2018-07-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame avuga ko imvururu zigaragara hirya no hino ku Isi zitakemurwa n’igihugu kimwe

Perezida Kagame avuga ko imvururu zigaragara hirya no hino ku Isi zitakemurwa n’igihugu kimwe

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Kayumba ni umuterabwoba, aho kuba umudemokarate nkuko yifuza ko isi imumenya gutyo

Kayumba ni umuterabwoba, aho kuba umudemokarate nkuko yifuza ko isi imumenya gutyo

Ubwanditsi 07 May 2019
Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi

Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi

RUSHYASHYA 30 Jul 2026
Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.

Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza gutera u Rwanda ko bazirengera ingaruka bazahura na zo z’iyo ntambara.

Ubwanditsi 08 Apr 2019

5 Ibitekerezo

  1. Kwangwaru
    July 17, 20182:45 pm -

    None ko umutekano ari wose kuki Kaboneka yambaye ikote ritamenwa n’amasasu !!?

    Subiza
  2. Thomas Nkunda
    July 17, 20184:33 pm -

    Uribonyehe? Cyangwa urerekwa!

    Subiza
  3. nkunda
    July 17, 20184:58 pm -

    Nonese isasu rifata mwikote gusa urabona hari ikintu yambaye mumutwe konawouraswa!

    Subiza
  4. semajeli ramadhan
    July 17, 20186:00 pm -

    Kangaroo rwose utandukanye ikote rya cuir na anti balle

    Subiza
  5. Shimon
    July 17, 20186:27 pm -

    Muramwamamaje SANKARA. Ko mbona hari ubwoba,kandi bitari ngombwa. ingabo zacu ziri maso.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.
INKURU NYAMUKURU

Ibintu bitandatu [ 6 ] bigaragaza isenyuka rya RNC na P5.

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Gabiro: Perezida Kagame yashoje  imyitozo yo guhangana n’umwanzi
INKURU NYAMUKURU

Gabiro: Perezida Kagame yashoje imyitozo yo guhangana n’umwanzi

Ubwanditsi 11 Dec 2018
Uganda yegukanye CECAFA U18 2023, u Rwanda rutahana umwanya wa Kane mu irushanwa ryaberaga muri Kenya
Amakuru

Uganda yegukanye CECAFA U18 2023, u Rwanda rutahana umwanya wa Kane mu irushanwa ryaberaga muri Kenya

Ubwanditsi 08 Dec 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru