• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Polisi yashimangiye ko inkengero za Nyungwe zitekanye, yizeza gushakisha ‘Sankara’ wigambye ibikorwa biheruka

Polisi yashimangiye ko inkengero za Nyungwe zitekanye, yizeza gushakisha ‘Sankara’ wigambye ibikorwa biheruka

Ubwanditsi 17 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Theos Badege, yabwiye itangazamakuru ko umutekano ari wose mu mirenge ihana imbibi n’ishyamba rya Nyungwe nyuma y’iminsi havugwa ibikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Yabitangarije mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Kivu, imwe mu mirenge yasuwe na Minisitiri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ari kumwe na bamwe mu bayobozi b’inzego z’umutekano.

Mu minsi ishize umutekano muri ako gace wahungabanyijwe n’abantu bitwaje intwaro, bishe abaturage babiri, bakomeretsa abandi batatu, biba ibintu byiganjemo imyaka yari mu maduka.

Itangazo rya Polisi ryasobanuye ko ‘abo banyabyaha’ banyuze mu ishyamba rya Nyungwe rihana imbibi n’u Burundi ndetse ko inzego z’umutekano zahise zitabara, zikurikira abo bagizi ba nabi aho barengeye mu ishyamba.

Umuyobozi Mukuru wa Polisi, IGP Gasana Emmanuel, yabwiye abaturage ati “Ibyabaye ejo bundi ntabwo twabyihanganira. Tubijeje ko bitazongera ariko namwe mukomeze ubufatanye n’ababunganira mu mutekano, muba inyangamugayo, mutanga amakuru yo gukumira ibyaha ku gihe.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kaboneka Francis, mu nama yagiranye n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’abavuga rikijyana mu Murenge wa Kivu muri Nyaruguru na Kitabi muri Nyamagabe, yagarutse ku ngamba zo gushimangira umutekano.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, aganira n’abaturage bo mu mu Murenge wa Kivu mu Karere ka Nyaruguru

Atanga ingero ku bikorwa by’ubugizi bwa nabi bwabaye mu minsi yashije, Minisitiri Kaboneka yibukije abaturage ko umutekano ari wo ubanziriza ibindi bikorwa byose byaba iby’iterambere cyangwa iby’imibereho myiza.

Yababwiye ko ataje kubabwira ko bafite umutekano kuko babizi kumurusha bo bahatuye, ahubwo abibutsa ko bakwiye no kwima amatwi bamwe mu bakwiza ibihuha ko mu karere kabo nta mutekano uhari.

Ati “Mwirinde ababashuka bashaka kubasubiza inyuma. Mugaragaze abashaka guhungabanya umutekano. Inzego z’umutekano zirahari kandi mukomeze ubufatanye. Mube abayobozi beza b’intangarugero, ibyagezweho byose ni ukubera ubufatanye.”

Abajijwe icyo avuga kuri amwe mu makuru atangazwa n’ibinyamakuru mpuzamahanga anakwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga ko ubwo bugizi bwa nabi bwakozwe n’umutwe w’ingabo uyobowe n’uwitwa Major Sankara Callixte, CP Badege yashimangiye ko muri aka gace nta mirwano ihari kandi ko uyu mugabo agiye gushakishwa.

Ati “Abatangaje ayo makuru nubwo ushaka kumenya ukuri wese abona neza ko ari impuha, kuri twe aradufasha kumenya ukuri dukeneye mu gushakisha abagizi ba nabi”.

Yakomeje avuga ko “Iryo zina Sankara Callixte, rimaze kuza kenshi mu madosiye y’ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha, kuko asanzwe anashakishwa, kuba rero yiyemerera ibindi byaha birafasha ubutabera. Bizanorohereza kandi igikorwa cy’ubufatanye mpuzamahanga cyo guhererekanya abanyabyaha. Ni inshingano z’igihugu cyose abarizwamo kwitandukanya nawe kikazamushyikiriza ubutabera bw’u Rwanda bumushakisha.”

Uyu Sankara yumvikanye cyane mu manza z’abaregwaga ibyaha byo gushaka guhungabanya umudendezo w’igihugu nko mu rwa Kizito Mihigo na bagenzi be.

Abaturage bashimiye ubuyobozi n’inzego z’umutekano, bizeza Minisitiri ubufatanye mu gukumira ikintu cyose cyakongera guha icyuho abagizi ba nabi.

Senkuye Vedaste wo mu Murenge wa Kitabi, yagize ati “Tugomba gukomeza kurara irondo, tugafatanya n’abayobozi kumenya ko nta cyaduhungabanya ngo cyagize ibikorwa by’amajyambere tumaze kugeraho.”

Abaturage bitabiriye ibi biganiro ubwo bumvaga impanuro ku kwicungira umutekano

 

2018-07-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Perezida Paul Kagame azatanga “Igihango”, Impeta y’Ishimwe y’Ubucuti, kubantu icyenda kubera ibikorwa by’ikirenga bakoreye igihugu.

Ubwanditsi 15 Nov 2017
”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame

”Nanone kandi, mureke tureke kuba nk’ingunguru zirimo ubusa” -Perezida Kagame

Ubwanditsi 16 May 2019
Impamvu Amashyaka atanu atavuga rumwe n’ubutegetsi yibumbiye mu ihuriro bise P5 yatinyutse kwandikira Perezida Kagame, asaba imishyikirano.

Impamvu Amashyaka atanu atavuga rumwe n’ubutegetsi yibumbiye mu ihuriro bise P5 yatinyutse kwandikira Perezida Kagame, asaba imishyikirano.

Ubwanditsi 20 Nov 2018
Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Rwa rubyaro rw’abajenosideri rwakoranaga na FDLR rwihishwa, noneho rubishyize ku mugaragaro

Ubwanditsi 23 Jun 2024

5 Ibitekerezo

  1. Kwangwaru
    July 17, 20182:45 pm -

    None ko umutekano ari wose kuki Kaboneka yambaye ikote ritamenwa n’amasasu !!?

    Subiza
  2. Thomas Nkunda
    July 17, 20184:33 pm -

    Uribonyehe? Cyangwa urerekwa!

    Subiza
  3. nkunda
    July 17, 20184:58 pm -

    Nonese isasu rifata mwikote gusa urabona hari ikintu yambaye mumutwe konawouraswa!

    Subiza
  4. semajeli ramadhan
    July 17, 20186:00 pm -

    Kangaroo rwose utandukanye ikote rya cuir na anti balle

    Subiza
  5. Shimon
    July 17, 20186:27 pm -

    Muramwamamaje SANKARA. Ko mbona hari ubwoba,kandi bitari ngombwa. ingabo zacu ziri maso.

    Subiza

Leave a Reply to semajeli ramadhan Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n’utundi dutsiko tw’abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside
INKURU NYAMUKURU

Nta kuntu ubutegetsi bwa CNDD-FDD butari gushyigikira ibikorwa bya FDLR n’utundi dutsiko tw’abicanyi,kandi benshi mu bagize iyo mitwe yose baratorejwe hamwe ingengabitekerezo ya jenoside

Ubwanditsi 03 Dec 2020
Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]
Mu Rwanda

Izi nkweto zanjye imwe ni Hummer indi ni V8 no mu manegeka ndahagenda- Barafinda Fred [ VIDEO ]

Ubwanditsi 29 Jun 2017
Komisiyo Ya Loni Yakoze Iperereza Ku Burundi Irashima Uruhare Rw’u Rwanda
POLITIKI

Komisiyo Ya Loni Yakoze Iperereza Ku Burundi Irashima Uruhare Rw’u Rwanda

Ubwanditsi 19 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru