• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»  Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

  Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Apr 2022 INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Biragoye  ko igihugu cyangwa ko umwenegihugu yirukanwa ku butaka bw’igihugu cye ariko iyo bibaye ngombwa birakorwa. Robert Mukoombozi umugande ushaka amaronko yiyita umunyarwanda yasubijwe mu gihugu cya Australia ku mugoroba w’ejo ubwo yageraga ku kibuga mpuzamahanga cya Entebbe

Robert Mukoombozi ni umugande ariko urwango afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda, ruturuka ku kuba muw’2008 yarirukanywe mu Rwanda, aho yiyitaga umunyamakuru, kandi ahubwo yari umukwizabinyoma. Ubu ni umuhuzabikorwa wa RNC muri Australia ariko umutwe wose urwanya u Rwanda awubarizwamo, dore ko ubwo FLN yagabaga ibitero ari umwe mu bayishakira inkunga hirya no hino nu isi, harimo na Uganda, igihugu cye cy’amavuko.

Umukuru w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka akaba n’umujyanama wa Perezida Museveni Lt Gen washyize aya makuru kuri Twitter yabanje kwihaniza Kayumba Nyamwasa gukoresha Uganda nk’indiri yo gukora ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda.

 Yagize ati “Kayumba, ndagusabye gerageza kubaha Uganda. Dufitanye amahoro na Afande Kagame n’u Rwanda. Gerageza kubyubaha. Twaraye twohereje umuntu wawe.”

Hanyuma saa 10:00 yanditse ubundi butumwa ashyiraho amafoto y’umuntu atavuze izina ari gusohoka mu Kibuga cy’Indege i Kampala.

Yanditse ati “Ntabwo nkunda gukora ibi bintu, ariko niba birokora ubuzima bw’abasirikare banjye, nzakora icyo aricyo cyose. Ndashimira CMI, iyobowe na Gen Maj. Birungi ku gikorwa cyiza. Umwanzi w’u Rwanda na Uganda yafashwe yoherezwa aho yaturutse.”

Mu minsi ishize, nyuma y’ingendo yagiriye mu Rwanda, Muhoozi Kainerugaba yakomeje kwiyama Kayumba uyobora RNC n’ishami ry’ingabo rya P5 rikorerea mu bice bya Uganda ndetse na Repubulika ya Demokarasi ya Congo bya Fizi na Uvira mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

P5 igizwe n’amashyaka arimo Amahoro People’s Congress (AMAHORO-PC), Forces démocratiques Unifées-Inkingi (FDU INKINGI), People’s Defence Pact-Imanzi (PDP-IMANZI), Party-Imberakuri (PS IMBERAKURI), RUD-Urunana NA Rwanda National Congress (RNC).

Ifitanye n’imikoranire n’umutwe wa FDLR ugizwe n’abavuye mu Rwanda bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

U Rwanda rwagiye rugaragaza kenshi ko ikibazo kiri hagati yayo na Uganda Atari ifungwa ry’umupaka wa Gatuna nkuko byavugwaga ahubwo ko ari ikibazo cy’abahungabanya umutekano w’u Rwanda babarizwa muri icyo gihugu.

2022-04-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe

U Rwanda rwemeje burundu Amasezerano y’i Paris yerekeye imihindagurikire y’ibihe

Ubwanditsi 20 Oct 2016
Umuyobozi wa RCA Mugabo Damien yasezerewe kuri uyu mwanya

Umuyobozi wa RCA Mugabo Damien yasezerewe kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 13 Aug 2016
Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakomeje gupfa nk’ibimonyo, mu bitero ingabo za Kongo zikomeje kuwugabaho kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru

Abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR bakomeje gupfa nk’ibimonyo, mu bitero ingabo za Kongo zikomeje kuwugabaho kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru

Ubwanditsi 16 Jan 2022
Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ubwanditsi 17 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu
Amakuru

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Ubwanditsi 25 May 2025
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 04 May 2023
APR FC yaguye miswi na Kiyovu SC banganya 2-2, rutahizamu Mugenzi Bienvenue yigaragaza atsinda ibitego 2
Amakuru

APR FC yaguye miswi na Kiyovu SC banganya 2-2, rutahizamu Mugenzi Bienvenue yigaragaza atsinda ibitego 2

Ubwanditsi 23 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru