• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

FélixTshisekedi nawe ubwe uri mu manegeka, ari mu mugambi umwe n’ibigarasha ngo wo kubuza u Rwanda amahwemo.

Ubwanditsi 23 May 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Nk’uko yivugiye ku mugaragaro ko azashyigikira umuntu wese uzashaka guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda , amakuru dufitiye gihamya aravuga ko Perezida wa Kongo Félix Tshisekedi yatangiye gukorana cyane n’abiyita”opozisiyo nyarwanda”, abasaba kuvugurura imikorere, bakarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bashyizemo imbaraga kurusha uko babikoraga kugeza ubu.

Ayo makuru arahamya ko kuwa gatatu w’icyumweru gishize, tariki 17 Gicurasi 2023, ikigarasha Eugène Richard Gasana yabonaniye na Perezida Tshisekedi i Kinshasa, amusaba guhuza ibikorwa by’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bose, ndetse amwemerera inkunga y’amafaranga kugirango umugambi wo” kubuza u Rwanda amahwemo”ugerweho.

Uyu Eugène Gasana akigera muri Amarika akubutse mu bugambanyi, yahise atumiza inama y’ibindi bigarasha, maze tariki 20 Gicurasi 2023 bahurira mu nama i Washington aho muri Amarika. Ibi biranagaragazwa n’ifoto bafashe nyuma y’inama, ndetse n’inyandiko-mvugo twashoboye kubonera kopi, yashyizweho umukono n’indindagire Charles Kambanda, uvuga ko ari umujyanama n’umunyamategeko w’ihuriro ry’izo ngoroji.

Umwe mu bari muri iyo nama yabwiye Rushyashya ko ibigarasha byishimiye umufatanyabikorwa mushya, Tshisekedi, biniyemeza gukorana umurava, kureka amacakubiri yabaranze, ndetse no gushishikariza ibindi bigarasha n’abajenosideri kwifatanya muri iyi gahunda nshya yo “guhiririka FPR na Perezida Kagame” ku butegetsi.

Inyandiko-mvugo y’inama yirinze kuvuga iby’ inkunga ya Perezida Tshisekedi, ariko mu kujijisha abatazi imigambi yabo, ihishura ko indi nama bazayikorera “ku mugabane w’Afrika”, tariki 20 Nyakanga uyu mwaka. Rushyashya yamenye neza ko aho ku mugabane w’Afrika bavuga ari i Kinshasa muri Kongo.

Abitabiriye iyo nama uko ari 14, ubwabo ni umuti w’amenyo, ku buryo uretse no gusaza mu bitekerezo, n’iyo ubareba ku mubiri ubona ko batazi aho isi yabasize. Ubwoba n’ikimwaro ku maso, utwambaro two hambere, mbese ntibyakugora kubona ko bari mu ikinamico. Muri abo banyarwenya, twavuga Charles Kambanda, Porofeseri wirirwa avuga ubusa ku maradiyo na youtube, igikuri mu gihagararo no muri politiki Mukuzi Rubens wahoze kuri Radio10 ku izina rya Mr Been, Thabita Gwiza wigwijeho uburondogozi kuva musaza we Ben Rutabana yakwicwa ku kagambane na Kayumba Nyamwasa, Jean Paul Turayishimiye wavuye muri RNC agashinga ingirwashyaka ARC-Urunana, Gervais Condo usaziye mu buzererezi, Emmanuel Nsenga, Céléstin Nsengiyumva, Denis Serugendo, n’izindi ndindagire zikirigita zigaseka.

Mu minsi ishize kandi twabagejejeho ivuka ry’ikiswe”Rwanda for All”, kibeshya ngo kiravugira impunzi z’Abanyarwanda, kandi mu by’ukuri bizwi neza ko ari igisabisho, gishinzwe gukusanya imisanzu y’ibi birarasha, ngo yo kunganira imfashanyo ya Tshisekedi. Uyu ni undi muvuno abana b’ijanja bavumbuye wo kwirira amafaranga, dore ko iby’abapfu biribwa n’abapfumu.

Uretse ibi bigarasha by’abasivili, Perezida Tshisekedi yanasabye ko imitwe irwanya u Rwanda yavugururwa ikareka gukora nk’amatsinda y’ingegera, akayiha amafaranga, ibikoresho ndetse n’aho bakorera imyitozo. Ubutumwa Eugène Gasana yashyiriye Col Ntirikina wo mu ngabo za Habyarimana, Faustin Murego uhora mu ngendo hagati ya Buruseli na Kinshasa, Gakwerere wo muri FDLR, Col. BEM Emmanuel Habyarimana ubu utunzwe n’ibisabano mu Busuwisi, n’abandi biyita abasirikari, ni ugukusanya abo mu mitwe ya FDLR-FOCA, RUD-urunana na FLN,ndetse bagashaka abandi barwanyi muri za Kongo-Brazzaville, Zambia, Malawi, Mozambike n’ahandi.

Mu mpungenge izi ngirwa-ngabo zagaragaje mu nama zakoranye zikimara kwakira ubutubwa bwa Tshisekedi bunyuze muri Eugène Gasana, ni uko biyemerera ko izabukuru zibugarije , abandi bakaba barwaye indwara zidakira, ku buryo kuyobora urugamba babyibuka mu mateka. Tshisekedi arabemerera byose, ariko akabasaba gufata nibura agace k’uRwanda, ibintu nabo bazi ko ari inzozi, kuko imyaka ibaye hafi 30 babigerageza ariko ntibamenye inkuba ibakubise.

Indashima Eugène Richard Gasana, abo baziranye mu buto bakunze kwita”Kinyoteri”, yabaye mu myanya ikomeye mu buyobozi bw’u Rwanda rwa nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, harimo no kuruhagararira mu Muryango w’Abibumbye. Aho atahuriweho imikorere ihabanye n’icyerekezo cy’uRwanda, agashyirwa ku ruhande ngo adakomeza kuvangira abandi, yahisemo inzira y’ubuyobe, imuganisha muri”gehonomu”.

Ubwo umutwe w’iterabwoba, RNC wa Kayumba Nyamwasa wari ukivuna umuheha ukongezwa undi muri Uganda, uyu Gasana Eugène yagaragaye mu bikorwa by’abo bagizi ba nabi i Kampala, ndetse anakirwana”by’impanuka” na Perezida Museveni. Ubugambanyi buherekejwe n’ubuswa ntacyo byamugejejeho we na bagenzi be, bitewe ahanini no guhemukira uwagukamiye. Eugène Gasana n’izindi nzererezi, babonye ko muri Uganda ibintu bisa n’ibyahinduye isura, none bahisemo gukorana na Tshisekedi nawe uri mu manegeka. Imitekerereze y’ibigarasha iracuramye kweli! Biratangaje kuba Gasana atabona ko kubonana na Tshisekedi ntacyo byamugezaho, kimwe n’uko kubonana na Museveni ntacyo byamufashije. Ubugome bwabo bwabo bubahuma amaso, ntibutume biga amasomo.

Ubushyamirane n’amacakubiri bishingiye ahanini kunanirwa kugabana ibisabano n’ibisahurano, no kutagira umurongo wa politiki ufatika, ni bimwe mu byaranze abiyita ”abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda”.

Byabaviriyemo gusigarana imitwe ya politiki ya baringa, mu by’ukuri ibafasha gusa kurenza umunsi mu buzima bugoye bwo mu buhungiro. Ngabo rero abashingiye amizero kuri Tshisekedi nawe wugarijwe n’ibibazo adashobora kubonera ibisubizo, birimo ubutegetsi buriho ku izina, intambara hirya no hino mu gihugu, ariko by’umwihariko mu burasirazuba bwa Kongo, no kuba nawe ubwe atazi aho ahagaze, kuko atizeye gutorwa mu matora ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka.

Rushyashya iracyakurikiranira hafi iby’uyu mugambi, umunsi ku wundi, isaha ku yindi, kandi turabizeza gukomeza kubagezaho amakuru dufitiye ibimenyetso.

2023-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Bitunguranye, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yirukanye Minisitiri w’Inteba Bunyoni yashinjaga gutegura Coup d’Etat

Ubwanditsi 07 Sep 2022
Batatu batawe muri yombi bakekwaho kwiba insinga zijyana umuriro mu ruganda rw’Amazi ya Huye

Batatu batawe muri yombi bakekwaho kwiba insinga zijyana umuriro mu ruganda rw’Amazi ya Huye

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Perezida Kagame na mugenzi we wa Uganda, Museveni, bategerejwe muri Ethiopia

Perezida Kagame na mugenzi we wa Uganda, Museveni, bategerejwe muri Ethiopia

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Inzego z’ubutabera mu Bufaransa zatangiye gukora iperereza kuri Ruharwa Lt Col Nzapfakumunsi wishe Abatutsi I Nyange

Ubwanditsi 25 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasabye abaturiye Pariki y’Ibirunga kurushaho kuyifata neza
UBUKERARUGENDO

Perezida Kagame yasabye abaturiye Pariki y’Ibirunga kurushaho kuyifata neza

Ubwanditsi 06 Sep 2019
U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja
POLITIKI

U Rwanda rwatumiwe muri G7 ku ngingo ireba inyanja

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Ingabire Victoire akomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, ashishikariza abaturage ba Kangondo na Kibiraro kwigomeka kuri Leta. Harya amategeko azakomeza arebere ikibi?
Amakuru

Ingabire Victoire akomeje ibikorwa by’ubushotoranyi, ashishikariza abaturage ba Kangondo na Kibiraro kwigomeka kuri Leta. Harya amategeko azakomeza arebere ikibi?

Ubwanditsi 12 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru