• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ba rusaruriramunduru barira ku bimukira bari mu Bwongereza, amaherezo barasubiza amerwe mu isaho!

Ba rusaruriramunduru barira ku bimukira bari mu Bwongereza, amaherezo barasubiza amerwe mu isaho!

Ubwanditsi 13 Dec 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Kuri uyu wa kabiri, tariki 12 Ukuboza 2023, Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’Ubwongereza batoye itegeko ryemeza amasezerano mashya hagati ya Guverinoma y’icyo gihugu n’uRwanda, arebana no kohereza mu Rwanda abimukira bari mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko.

Ni amasezerano impande zombi zashyizeho umukono mu cyumweru gishize, akaba afite ingingo zavuguruwe nyuma y’aho inkiko zifatiye icyemezo cyo kwanga ko amasezerano yari asanzwe ashyirwa mu bikorwa.

 

Amasezerano yaraye anemejwe n’Abadepite b’Ubwongereza, avuga ko

mu gihe abimukira bazaba bari mu Rwanda, dosiye zabo zisaba ubuhungiro mu Bwongereza zizakomeza gusuzumwa. Umwimukira uzangirwa kujya gutura mu Bwongereza, akazaba ashobora kujuririra urukiko ruyobowe n’abaperezida 2, Umunyarwanda n’Umwongereza, kandi urubanza rukaburanishwa n’abacamanza b’Abanyarwanda cyangwa abanyamahanga, ariko bakomoka mu bihugu bigize Umuryango wa Commonwealth.

Harimo kandi ingingo ibuza uRwanda kohereza abo bimukira mu kindi gihugu kitari Ubwongereza.

Kuba aba Badepite batoye itegeko ryemeza amasezerano mashya arebana n’abimukira, ni intsinzi ikomeye kuri Guverinoma iyobowe na Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, Rishi Sunak, warahiriye gukemura ikibazo cy’abantu babarirwa mu bihumbi buri mwaka, binjira rwihishwa mu Bwongereza, abandi amagana bagapfa bataranagerayo, kubera ingorane zishyira ubuzima bwabo mu kaga bahurira na zo mu nzira. Twibutsa ko Inteko Ishinga Amategeko ari rwo rwego rwa politiki rusumbya izindi ijambo mu Bwongereza.

Gukumira abimukira bajya mu Bwongereza binyuranye n’amategeko byarwanyijwe n’amatsinda y’abumva bizabakura amata mu kanwa, barimo abo babanyuza mu nzira z’inzitane ngo babajyanye” ku butaka butagatifu”, amashyirahamwe abashakira amacumbi, ibiribwa, imiti, imyambaro, n’utundi nkenerwa ngo basunike iminsi, abanyamategeko bababuranira ngo bahabwe ubuhungiro, n’abandi biyota “impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu”, kandi ari abanyamitwe barira kuri abo ba nyakugorwa.

Hari kandi na ba” ndayumujinya” bahagurukiye kwangiza isura y’uRwanda, bemeza ko nta mutekano rufite, ndetse ngo rukaba rutubahiriza uburenganzira bw’impunzi. Ni kwa kubura icyo utuka inka, uti dore icyo gicebe cyayo!

Abo bacuruzaba ibinyoma ku Rwanda, barimo n’Ishami rya Loni rishinzwe Impunzi, HCR, birengagiza ubuhamya bw’abimukira ibihumbi bamaze igihe mu Rwanda, ubwabo bakaba bivugira ko uRwanda rwabakiranye ubumuntu batigeze babona ahandi.

Muri abo badasiba kuza mu Rwanda, twavuga abakomoka mu bihugu binyuranye bavanywe mu bucakara muri Libiya, aho bageze bagerageza kujya mu bihugu by’Uburayi, ndetse n’abana b’abakobwa bakomoka muri Afghanistan bahunze itotezwa iwabo, bakaza gukomereza ubuzima n’amashuri mu Rwanda. Abo bose bishimiye ubuzima barimo mu Rwanda, nk’uko n’ibitangazamakuru mpuzamahanga, nka BBC y’Abongereza, bidasiba kubitangaza.

Igitangaje ariko, ni uko nk’iyo HCR yanagize uruhare mu kuzana abo bantu mu Rwanda, ndetse ikanasohora ibyegeranyo bishima uburyo bitaweho mu Rwanda, iyo bigeze ku bimukira bazava mu Bwongereza ihindura imvugo. Izi ndimi nyinshi ku kibazo kimwe, ni ubunyamwuga buke, n’ubunyangamugayo hafi ya ntabwo.

2023-12-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo kwanga ubufasha bahawe impunzi z’abarundi ziramya Zebiya zatangiye gusubira I Burundi

Nyuma yo kwanga ubufasha bahawe impunzi z’abarundi ziramya Zebiya zatangiye gusubira I Burundi

Ubwanditsi 01 Apr 2018
Imodoka ya Polisi igenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga itegerejwe mu karere ka Rusizi

Imodoka ya Polisi igenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga itegerejwe mu karere ka Rusizi

Ubwanditsi 15 Nov 2016
UK :  RNC mu nama yo kuburizamo kandidature ya Mushikiwabo

UK : RNC mu nama yo kuburizamo kandidature ya Mushikiwabo

Ubwanditsi 08 Oct 2018
Hatahuwe isano iri hagati ya RNC n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda mu guhungabanya u Rwanda

Hatahuwe isano iri hagati ya RNC n’Urwego rw’Ubutasi rwa Uganda mu guhungabanya u Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR
INKURU NYAMUKURU

Kayumba Nyamwasa azabazwe urupfu rwa nyirabukwe, amuziza amafaranga yari muri BACAR

Ubwanditsi 13 Nov 2018
Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo kwegura ku mwanya w’ubuvugizi, Jean Paul Turayishimye yirukanywe ku bukomiseri ashinjwa kwigomeka, bakomeje kwitwaza Rushyashya

Ubwanditsi 03 Dec 2019
Ni iki cyihishe inyuma y’igitero cya  FDLR  mu karere ka  Rubavu
Amakuru

Ni iki cyihishe inyuma y’igitero cya FDLR mu karere ka Rubavu

Ubwanditsi 20 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru