• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abandi Banyarwanda batatu birukanwe ku butaka bwa Uganda nyuma yo gufungwa

Abandi Banyarwanda batatu birukanwe ku butaka bwa Uganda nyuma yo gufungwa

Editorial 15 Mar 2019 Mu Mahanga

Abanyarwanda batatu bavuga ko bari bafungiwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko muri Uganda bashyikirijwe ubutegetsi bw’u Rwanda ku mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare.

Aba barimo  Amon Ngabonzima, Xavier Gashongore na Augustin Maniragaba nk’uko TNT dukesha iyi nkuru ibitangaza.

Ngabonzima w’imyaka 15 atuye mu Karere ka Gakenke akaba yari yaratawe muri yombi kuwa 5 Ukwakira 2018, afungirwa muri Gereza ya Gisirikare ya Makenke iri mu Karere ka Mbarara. Avuga ko yari agiye muri Uganda gusura mushiki we.

Yagize ati  “ Ubwo nari ngeze Kisoro, nafashe bisi injyana Fort portal (…) ngeze mu gasanteri ka Bushenyi basi irahagarara (…). Abanyarwanda  batatu twari kumwe  bahise babavanamo ari nako badushinja kuba intasi z’u Rwanda.”

Ngabonziza avuga ko polisi yahise ibajyana ahitwa Makenke ndetse akemeza ko abandi Banyarwanda babiri bapfuye bitewe no gukorerwa iyicarubozo.

Mugenzi we Gashongore w’imyaka 39 ukomoka mu Karere ka Bugesera avuga ko yabaga muri Uganda kuva mu 2000. Ubusanzwe yari umuhinzi akanogosha. Avuga ko yafatiwe aho yakoreraga imirimo yo kogosha kuwa 1 Gashyantare 2019 ajyanwa mu kigo cya gisirikare ngo akorerwa iyicarubozo.

Ati “ Twajyanwe Fort Portal aba ariho dufungirwa nyuma tujyanwa Makenke. Twari abantu batatu mu cyumba cya gereza(…), batumenagaho amazi mu maso inshuro eshatu, agahita atwinjira mu mazuru. Ibi byatumaga tuva amaraso mu mazuru.”

Uyu avuga ko iyo bajyaga hanze, babambikaga imyenda ya gisirikare ku buryo utabizi wese yagiraga ngo ni abasirikare.

Gashongore avuga ko bavuye Makenke bakajyanwa  kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mbarara, nyuma bagezwa imbere y’ubutabera bashinjwa kwinjira mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko.

Uyu mugabo kandi avuga ko ibyangombwa bye byose byafatiriwe ndetse akamburwa miliyoni  imwe n’ibihumbi 200 by’amashilingi yari afite kandi ko umuryango we wari utazi aho aherereye.

“ Ku Banyarwanda niyo waba ufite ibyangombwa byemewe, baragufunga bagushinja ko uri intasi. Inama nagira Abanyarwanda ni uko Uganda atari ahantu ho kuba, mureke dukore cyane duteze imbere iguhugu cyacu.” Ibi ni ibivugwa na Ngabonziza ari na we muto mu birukanwe.

 

U Rwanda rutangaza ko hari Abanyarwanda 190 bafungiwe mu magereza atandukanye yo muri Uganda. Ruvuga ko kandi abasaga 900 bamaze kwirukanwa ku butaka bw’iki gihugu. Ku rundi ruhande, Uganda ihakana ko nta Munyarwanda n’umwe ifunze. Ku bw’ibyo, u Rwanda rwamaze kugira inama abaturage barwo kuba baretse kujya muri Uganda kuko umutekano wabo utizewe.

2019-03-15
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi irihanangiriza abakoresha “Banque Lambert” kuyireka kuko itemewe n’amategeko

Polisi irihanangiriza abakoresha “Banque Lambert” kuyireka kuko itemewe n’amategeko

Editorial 18 Apr 2016
Nyuma ya Perezida Mugabe,  Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Nyuma ya Perezida Mugabe, Perezida Sirleaf wa Liberia yageze mu Rwanda

Editorial 15 Jul 2016
U Rwanda mu bihugu 10 biza imbere mu miyoborere  myiza  muri Afurika  -Mo Ibrahim Index

U Rwanda mu bihugu 10 biza imbere mu miyoborere myiza muri Afurika -Mo Ibrahim Index

Editorial 04 Oct 2016
Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Police Handball Club ikomeje kurangwa n’instinzi muri Shampiyona

Editorial 02 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tombola y’igikombe cy’Isi 2022 yagaragaje ko Portugal iri mu itsinda rimwe na Ghana na Uruguay ndetse na South Korea – Uko tombola yose yagenze
Amakuru

Tombola y’igikombe cy’Isi 2022 yagaragaje ko Portugal iri mu itsinda rimwe na Ghana na Uruguay ndetse na South Korea – Uko tombola yose yagenze

Editorial 04 Apr 2022
Tumenye bamwe mubarwanya Leta y’u Rwanda
ITOHOZA

Tumenye bamwe mubarwanya Leta y’u Rwanda

Editorial 26 Feb 2016
Akagabo gahimba akandi kataraza : Ingimbi z’u Rwanda zahoreye bashiki bazo ku bagande, ziyongerera amahirwe yo gukina Afrobasket U-16
IMIKINO

Akagabo gahimba akandi kataraza : Ingimbi z’u Rwanda zahoreye bashiki bazo ku bagande, ziyongerera amahirwe yo gukina Afrobasket U-16

Editorial 13 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru