• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abayisilamu bo muri Gatsibo na Kayonza basabwe kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Abayisilamu bo muri Gatsibo na Kayonza basabwe kuba abafatanyabikorwa mu gukumira ibyaha

Editorial 13 Dec 2016 Mu Mahanga

Abayoboke b’Idini ya Isilamu mu turere twa Gatsibo na Kayonza basabwe kuba abafatanyabikorwa b’inzego z’umutekano mu gukumira no kurwanya ikintu cyose kinyuranije n’amategeko nk’umusanzu wabo mu gusigasira umutekano.

Ubu butumwa bwatanzwe mu mpera z’icyumweru gishize mu nama urubyiruko rw’iyi Dini muri utu turere rugera kuri 600 rwagiranye na Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’Ubuyobozi bwatwo.

Mu kiganiro yagiranye n’urwo muri Gatsibo mu cyumba cy’Inama cy’Umusigiti wa Kiramuruzi ,ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego muri aka karere, Inspector of Police (IP) Jean Baptiste Bucyangenda yagize ati:”Uko isi irushaho gutera imbere, ni ko ibyaha birushaho kwiyongera; kandi bamwe mu babikora bifashisha ikoranabuhanga. Muri ibyo byaha harimo icuruzwa ry’abantu, iterabwoba, n’ubujura bw’ibintu bitandukanye.”

Ku bijyanye n’uruhare rw’urwo rubyiruko mu kubumbatira umutekano, IP Bucyangenda yarubwiye ati:” Umutekano uhatse byose kuko aho utari nta terambere rirambye rishobora kuharangwa. Urubyiruko murasabwa gufata iya mbere mu kuwusigasira; mwirinda kandi murwanya ikintu cyose giciye ukubiri n’amategeko; ibyo mukabikora mutanga amakuru atuma gikumirwa no gufata abagikoze.”

Aganira n’urwo mu karere ka Kayonza mu nzu y’ urubyiruko iri mu Murenge wa Mukarange, ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego muri aka karere, Assistant Inspector of Police (AIP) Jean Pierre Bimenyimana yagize ati:”Iterambere n’umutekano birambye bishingira ku gusigasira ibyagezweho; kandi kugira ngo ibyo bigerweho buri wese akwiriye kugira uruhare mu gukumira no kurwanya ibyaha aho biva bikagera.”

AIP Bimenyimana yakomeje ubutumwa bwe abwira urwo rubyiruko ko hari bagenzi babo bishora mu bikorwa binyuranije n’amategeko birimo kunywa ibiyobyabwenge ku buryo bahura n’ingaruka zirimo kuva mu ishuri no kwandura zimwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina; hanyuma abasaba kutabyishoramo, ahubwo bagatanga amakuru y’ababikoresha n’ababitunda.

Yarusabye kandi kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ibyaha birimo ubujura bw’amatungo, ingengabitekerezo y’ubutagondwa n’ubuhezanguni, icuruzwa ry’abantu, n’ihohoterwa ririmo iryo mu ngo, irishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Mu ijambo rye, Imamu ku rwego rw’Intara y’Iburasirazuba, Sheikh Kamanzi Jumayine yasabye urwo rubyiruko ndetse n’abandi bayoboke b’iyi Dini muri iyi Ntara kurangwa n’umuco wo gukunda igihugu bafatanya n’abandi mu bikorwa bigamije kubungabunga no gusigasira umutekano no kwihutisha iterambere.

-5013.jpg

Yagize ati:”Umutekano ni ishingiro rya byose. Nk’abandi benegihugu; tugomba kugira uruhare mu gukumira ikintu cyose cyawuhungabanya dufatanyije n’inzego z’umutekano ndetse n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze.”

RNP

2016-12-13
Editorial

IZINDI NKURU

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Editorial 17 Jul 2024
Burundi: Haribazwa niba abagize ihuriro CNARED bahunze bagiye gutaha

Burundi: Haribazwa niba abagize ihuriro CNARED bahunze bagiye gutaha

Editorial 08 Oct 2019
Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo

Jean-Pierre Bemba yasubije amerwe mu isaho ntakiri Minisitiri w’Ingabo

Editorial 29 May 2024
Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Uko Inkende Yurira cyane, niko ubwambure bwayo bugaragara: Ibyo mutamenye kuri Ignace Rusagara, ubu uvugira umutwe w’iterabwoba wa RNC.

Editorial 18 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden
Amakuru

Kuri iki cyumweru umutoza mukuru wa Kiyovu SC Kerekezi Olivier aragera mu Rwanda avuye muri Sweden

Editorial 23 Apr 2021
Abanyayuganda bitegure kwemera uruhererekane rw’ingoma ya Museveni?
INKURU NYAMUKURU

Abanyayuganda bitegure kwemera uruhererekane rw’ingoma ya Museveni?

Editorial 29 Apr 2019
Umubonano wa Gen. Mujyambere na Kayumba Nyamwasa muri Afrika y’Epfo usize FDLR icitsemo ibice bibiri
Mu Rwanda

Umubonano wa Gen. Mujyambere na Kayumba Nyamwasa muri Afrika y’Epfo usize FDLR icitsemo ibice bibiri

Editorial 07 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru