• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abayobozi bakomeye ku Isi bakomeje gushimira Perezida Kagame ku bw’intsinzi mu matora

Abayobozi bakomeye ku Isi bakomeje gushimira Perezida Kagame ku bw’intsinzi mu matora

Editorial 09 Aug 2017 Mu Rwanda

Abayobozi bakomeye ku Isi n’inshuti z’u Rwanda bakomeje gushimira Perezida Kagame ku bw’intsinzi yegukanye mu matora yo kuwa 4 Kanama 2017, aho yatsinze ku kigero cyo hejuru cyane abo bari bahanganye, akegukana amajwi 98.63%.

Perezida Uhuru Kenyatta : Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu, ni we wabimburiye abandi bakuru b’ibihugu mu gushimira Kagame ku ntsinzi yagize.

-7487.jpg

Perezida Uhuru Kenyatta

Perezida Dr John Pombe Magufuli : Perezida waTanzania na we yahise yandika kuri Twitter Perezida Kagame amushimira.

-7488.jpg

Perezida Dr John Pombe Magufuli

Umwami wa Oman na we yashimiye Perezida Kagame : Umwami wa Oman, Sultan Qaboos bin Said, yoherereje Perezida Kagame ubutumwa bwo kumushimira ko yongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka irindwi.

-7486.jpg

Umwami wa Oman, Sultan Qaboos bin Said

Times of Oman dukesha iyi nkuru yanditse ko Umwami Qaboos yamwifurije ishya n’ihirwe mu gihe cyose cy’ubutegetsi bwe ashimangira ko Perezida Kagame ayoboye Abanyarwanda mu nzira y’iterambere n’ubukire.

Sultan Qaboos bin Said yifuza ko umubano hagati y’ibihugu byombi ukomeza gukura no gushinga imizi.

U Rwanda rusanzwe rufitanye umubano mwiza n’ubwami bwa Oman. Muri Gashyantare 2016, Leta y’u Rwanda na Sosiyete yo muri iki gihugu yitwa Mawarid Mining LLC ikora imirimo myinshi irimo gucukura Peteroli, amabuye y’agaciro n’ibindi mu bihugu bitandukanye bashyize umukono ku masezerano y’imyaka itatu ajyanye n’ubucukuzi buzakorerwa mu Karere ka Karongi mu Bisesero.

Usibye umwami wa Oman ushimiye Perezida Kagame ku bw’intsinzi, Umwami wa Maroc, Mohammed VI nawe ku munsi w’ejo yamwifurije ishya n’ihirwe nyuma yo gutorerwa kuyobora u Rwanda.

Umwami wa Maroc Mohammed VI: Yashimye Perezida Kagame ku bw’intsinzi ye mu matora y’Umukuru w’Igihugu yarangiye ku wa 4 Kanama 2017 aho amajwi y’agateganyo yerekana ko ari imbere y’abo bari bahanganye n’amajwi 98.63%.

Umwami Mohammed VI yavuze ko yifuriza Kagame ishya n’ihirwe mu buyobozi bwe buganisha igihugu ku iterambere rirambye.

-7489.jpg

Umwami Mohammed VI na Perezida Kagame

Yagize ati “Abanyarwanda bagaragaje icyizere bagufitiye, bigaragaza ko bumva neza gahunda ufite zo kugana ku iterambere rirambye ry’igihugu cyanyu cy’ikivandimwe no gukomeza gushimangira umwanya gifite mu karere no ku mugabane nk’igihugu gishinze imizi kandi gihamye.”

Umwami yavuze ko “Tuzakomeza imikoranire na Perezida Kagame hashyirwa mu bikorwa ubufatanye bw’intangarugero hagati y’abaturage b’ibihugu bibiri by’ibivandimwe no kugira uruhare mu iterambere ry’ubukungu no gufatanya mu by’umutekano n’amahoro muri Afurika.”

Umwami Mohammed VI aherutse gukorera uruzinduko mu Rwanda mu Ukwakira 2016. Ni urugendo rwasinyiwemo amasezerano y’ubufatanye asaga 20 arimo ashingiye ku buhinzi, ikoranabuhanga, ubucuruzi, ubwikorezi bw’indege, ingufu n’andi yose yari agamije kuzamura ubuhahirane hagati y’ibihugu byombi.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga wa Ethiopia, Hirut Zemene : Yashimye ibyo u Rwanda rumaze kugeraho ku buyobozi bwa Perezida Kagame, anamushimira ku ntsinzi yegukanye yo gukomeza kuyobora Abanyarwanda mu myaka irindwi iri imbere.

-7490.jpg

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga wa Ethiopia, Hirut Zemene

Ibi yabitangaje ku wa Gatandatu mu birori byateguwe na Ambasade y’u Rwanda muri Ethiopia byo kwizihiza umunsi wo kwibohora no kwishimira intsinzi ya Perezida Kagame mu matora y’Umukuru w’Igihugu yabaye ku wa 3 no ku wa 4 Kanama 2017.

Zemene yavuze ko ku buyobozi bwa Perezida Kagame Abanyarwanda bageze kuri byinshi bidasanzwe ku bw’umuhate udacogora wo gukomeza gukora ibikwiye igihugu cyabo.

Yagize ati “Mu by’ukuri u Rwanda nk’igihugu ubu cyateye intambwe mu kwihitiramo inzira zacyo, gushyira mu bikorwa gahunda zo kwishakamo ibisubizo kandi zikabyara umusaruro benshi bifuza kwigana. Ndamushimira ndetse n’Abanyarwanda kuba bongeye kumutora mu matora aheruka.”

Yakomeje avuga ko uyu mwaka ari intagereranywa mu mubano w’u Rwanda na Ethiopia abihereye ku kuba aribwo Minisitiri w’intebe w’igihugu cye Hailemariam Desalegn, yasuye u Rwanda kandi ibihugu byombi bikaba bikomeje ubufatanye mu mishinga itandukanye.

Umwanditsi wacu

2017-08-09
Editorial

IZINDI NKURU

Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Editorial 07 Nov 2017
Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro  ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari  ‘ Ibirori ‘

Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari ‘ Ibirori ‘

Editorial 19 Jul 2017
Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye

Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye

Editorial 24 Aug 2017
Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta

Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta

Editorial 15 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki hari ibigo bya Leta bikorera ahantu hatorohereza Abafite Ubumunga
Mu Rwanda

Kuki hari ibigo bya Leta bikorera ahantu hatorohereza Abafite Ubumunga

Editorial 27 Jun 2018
Ikinyoma :  Judi Rever, Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho Abeshya Ko Rwashatse Kwica Museveni.
INKURU NYAMUKURU

Ikinyoma : Judi Rever, Yongeye Gukora U Rwanda Mu Jisho Abeshya Ko Rwashatse Kwica Museveni.

Editorial 31 Jul 2018
Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?
Amakuru

Ni iki gishingirwaho ngo hemezwe ko abaturage b’igihugu runaka bishimye cyangwa bababaye?

Editorial 22 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru