• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Canada : Minisitiri Mushikiwabo yitabiriye inama y’Abanyarwandakazi -Rwandan Women Convention

Canada : Minisitiri Mushikiwabo yitabiriye inama y’Abanyarwandakazi -Rwandan Women Convention

Editorial 16 Sep 2016 POLITIKI

Ihuriro ry’Abanyarwandakazi baba mu mahanga (Rwandan Women Convention) ryatumiye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo nk’umushyitsi mukuru mu nama yatangiye none kuwa 16-17 Nzeri 2016 mu mujyi wa Montreal, muri Canada.

Ubu butumire bwatanzwe na Ambasade y’u Rwanda muri Canada mu bufatanye n’ihuriro ry’Abanyarwanda baba hanze, nk’uko bigaragara ku rubuga rw’iri huriro rwa http://www.rwandawomenconvention.ca/

Iri huriro ni ubwa mbere riteranye , rigahuza andi mahuriro akomeye y’Abanyarwanda baba hanze y’igihugu harimo Canadian Association of Rwandan Youth (CARY), International Rwanda Youth for Development (IRYD), Groupe Umurage –Montreal, Association URUMULI –Montreal, Association UMURAGE-Toronto, Communauté Rwandaise de Montréal (CRM).

Insanganyamatsiko y’ibi biganiro igira iti ‘intambwe zitandukanye, mu cyerekezo kimwe’.

Theophile Rwigimba, umuyobozi w’iri huriro agaragaza ko mu byibandwaho muri ibi biganiro harimo kwiga ku kamaro ko gushyigikira uburinganire ku mugore n’urubyiruko ruba muri Canada no mu Rwanda.

Harishimirwa ingero za bamwe mu bagore biteje imbere hashakishwa uko n’abandi babigiraho mu gukora ibikorwa by’indashyikirwa.

Biteganijwe ko habaho ibiganiro binyuranye birebana n’uburinganire aho Minisitiri Mushikiwabo yitezweho gufasha gusobanukirwa uko umugore ashobora nawe kugira uruhare muri politiki, no mu muryango mugari.

Ibi biganiro biragaragaramo abahanzi nyarwanda, hagamijwe gusogongera ku nganzo yabo.

Umwaka ushize wa 2015, muri Leta ya Maryland, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika habaye ihuriro ry’Abanyarwandakazi ariko bo baba muri Amerika.

-4079.jpg

Minisitiri Louise Mushikiwabo

Iri huriroryo ryari ryatumiwemo Madamu Jeannette Kagame, umugore wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda wasabye abagore kuzamura uruhare rwabo mu iterambere ry’igihugu mu kubaka u Rwanda.

Umwanditsi wacu

2016-09-16
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka

Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka

Editorial 28 Jun 2025
Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Kuki hari abumva ko nta kuntu u Rwanda rutaba rufite ingabo muri Kongo?

Editorial 13 Jan 2025
Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’

Nyuma y’indangampunzi, ubu zahawe na ‘Electronic Passport’

Editorial 11 Oct 2018
Uganda: Polisi yaburijemo igitaramo cya Bobi Wine

Uganda: Polisi yaburijemo igitaramo cya Bobi Wine

Editorial 03 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN 2016: Cameroun yabimburiye izindi kipe kugera mu Rwanda
IMIKINO

CHAN 2016: Cameroun yabimburiye izindi kipe kugera mu Rwanda

Editorial 05 Jan 2016
Bernie Sanders akomeje kuzamura amahirwe yo kuzahatana na Donald Trump mu matora
POLITIKI

Bernie Sanders akomeje kuzamura amahirwe yo kuzahatana na Donald Trump mu matora

Editorial 24 Feb 2020
U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA
IMIKINO

U Rwanda rwongeye gusubira inyuma ku rutonde rwa FIFA

Editorial 25 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru