• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Perezida Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019

Perezida Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019

Ubwanditsi 08 Mar 2019 POLITIKI

Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron ashobora gusura u Rwanda muri Mata 2019, ubwo u Rwanda ruzaba rwunamira ku nshuro ya 25 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Perezida Emmanuel Macron aramutse asuye u Rwanda, yaba ari indi ntambwe mu mubano w’ibihugu byombi wagiye ugaragaza ibimenyetso byo gutera imbere cyane cyane ku buyobozi bwa perezida Macron.

Ikinyamakuru Jeune Afrique dukesha iyi nkuru kivuga ko gifite amakuru avugako mu ntangiriro z’iki cyumweru ari bwo u Rwanda rwagejeje ubutumire kuri perezida w’u Bufaransa, bumusaba kuzifatanya n’abanyarwanda ndetse n’isi mu kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uruzinduko rwa Perezida Macron ruramutse rubaye, rwaba ari urw’amateka kuko yaba abaye perezida wa kabiri w’u Bufaransa nyuma ya Jenoside usuye u Rwanda, akaba yaba akurikira Francois Sarkozy wasuye u Rwanda mu 2010.

Perezida Kagame aheruka mu Bufaransa mu Gushyingo 2018, ubwo yari yitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku mahoro (Forum International de la Paix), inama yanarangiye bikavugwa ko Perezida w’u Rwanda yanatumiye mugenzi we w’u Bufaransa mu Rwanda mu ntangiriro za 2019.

Mu 2017, ubwo perezida Macron yari amaze igihe gito atowe, Perezida Kagame yabajijwe na Jeune Afrique icyo atekereza kuri perezida mushya w’u Bufaransa abasubira muri aya magambo.

“Turizera ko hari imikorere mishya izabaho ku buyobozi bwa Perezida Macron, nko gushyira akadomo ku myaka ishize y’urujijo.”

Ubwo u Rwanda rwasabaga u Bufaransa ijwi mu matora y’Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa, Perezida Macron yarushyigikiye atajuyaje.

Yavuze ko umutima wa Francophonie uri muri Afurika bityo, kandidatire iyo ariyo yose yaturuka kuri uyu mugabane ari yo yaba ifite agaciro kanini.

Yagize ati “Mushikiwabo avuga neza ururimi rw’Igifaransa mu gihugu kiyoborwa na Perezida ukunze gukoresha Icyongereza. Ikindi, kimwe cya kabiri muri iki gihugu kugeza magingo aya baracyakoresha Igifaransa, bitandukanye n’ibyo benshi bajya kuvuga. Iki gihugu ni kimwe mu bigize Francophonie mu buryo bweruye… ni yo mpamvu nzamushyigikira.”

Src : KT

2019-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi:Gen.Evariste Ndayishimiye niwe uzahagararira ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Burundi:Gen.Evariste Ndayishimiye niwe uzahagararira ishyaka CNDD-FDD mu matora y’Umukuru w’Igihugu

Ubwanditsi 26 Jan 2020
Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege

Perezida Kagame arasaba Minisitiri w’Intebe kwima amatwi abayobozi bamuca intege

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Perezida Kagame na Nkurunziza w’u Burundi bagiye guhurira i Bukavu

Perezida Kagame na Nkurunziza w’u Burundi bagiye guhurira i Bukavu

Ubwanditsi 07 Oct 2019
RDC: Perezida Tshisekedi yarekuye imfungwa 700 ziganjemo iza polikiti

RDC: Perezida Tshisekedi yarekuye imfungwa 700 ziganjemo iza polikiti

Ubwanditsi 14 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashimangiye uruhare rwo gukemura ibibazo by’ingufu mu guteza imbere Afurika
POLITIKI

Perezida Kagame yashimangiye uruhare rwo gukemura ibibazo by’ingufu mu guteza imbere Afurika

Ubwanditsi 29 Feb 2016
Niba uribwa mu nda mu gihe cy’imihango? Dore inama
IMIKINO

Niba uribwa mu nda mu gihe cy’imihango? Dore inama

Ubwanditsi 02 Mar 2016
Kubera iki Leta ya Nkurunziza idakozwa igitekerezo cy’inzibacyuho, igashyira imbere ko ibibazo bikemurwa n’ibihugu bigize EAC?
INKURU NYAMUKURU

Kubera iki Leta ya Nkurunziza idakozwa igitekerezo cy’inzibacyuho, igashyira imbere ko ibibazo bikemurwa n’ibihugu bigize EAC?

Ubwanditsi 01 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru