• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ceasar Kayizari, Sam Kaka, Rwarakabije, Mugambage na Rwigamba batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

Ceasar Kayizari, Sam Kaka, Rwarakabije, Mugambage na Rwigamba batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

Editorial 12 Jul 2016 Mu Mahanga

Ku nshuro ya 4 kuva mu mwaka wa 2013, igisirikari cy’u Rwanda cyasezereye abandi basirikari kibohereza mu kiruhuko cy’izabukuru, muri bo hakaba harimo n’abo ku rwego rwa Jenerali.

Lt General Ceaser Kayizari, Maj Gen Sam Kaka, Maj Gen Frank Mugambage, Maj Gen Paul Rwarakabije na Brig Gen George Rwigamba ni bamwe mu batangiye icyo kiruhuko.

Muri rusange kuri iyi nshuro abasirikari ba RDF basezerewe ku mirimo yabo bakoherezwa mu kiruhuko cy’izabukuru, bose hamwe ni 371, nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ingabo.

Umuhango wo kubasezerera ku mugaragaro wabereye ku Cyicaro cya Minisiteri y”ingabo uyobowe na Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe, kuri uyu wa 11 Nyakanga 2016, ukaba wari wanitabiriwe n’abo bashakanye.

Gen Kabarebe yabashimiye uruhare rukomeye bagize mu kubohora u Rwanda no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, n’ubwitange bagaragaje nyuma yaho mu kubaka igihugu.

Yagize ati “Mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo, ndashimira abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru uyu munsi, ndabashimira uburyo bitangiye igihugu batizigamyemu rugamba rwo kwibohora ndetse no gukomeza kubaka iterambere ry’igihugu.”

Yunzemo ati “Buri wese muri mwe yagize uruhare mu kugira u Rwanda igihugu duterwa ishema no kubamo. Yabasabye gukoresha inararibonye bafite mu gukomeza kubaka igihugu.

Lt Gen Ceasar Kayizari wavuze mu izina rya bagenzi be bagiye gutangira ikiruhuko cy’izabukuru, yashimiye ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda n’Umugaba Mukuru wazo Paul Kagame.

Yagize ati “Twagendanye mu rugendo rw’ingirakamaro, twarwanye dushyize hamwe, dufitanye isano ya hafi na RDF yatwubatse ikaduteza imbere, aho tugiye ntituzabatenguha.”

Gen Caesar yongeyeho ko nubwo bagiye mu zabukuru bidasobanuye ko bari barambiwe gukorera igihugu.

-3274.jpg

Abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru muri uyu mwaka wa 2016, bose hamwe ni 775 bakaba barimo 371 bakoraga igisirikari nk’umwuga, 353 barangije kontaro bari bafitanye na RDF, n’abandi 51 basezerewe kubera ibibazo by’uburwayi.

Abasirikari 775 bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Umwanditsi wacu

2016-07-12
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda mu bukangurambaga bugamije guca ikoreshwa nabi ry’imirongo y’ubutabazi

Polisi y’u Rwanda mu bukangurambaga bugamije guca ikoreshwa nabi ry’imirongo y’ubutabazi

Editorial 25 Nov 2016
Nyamasheke: Yafashwe atwaye imodoka afite perimi y’impimbano

Nyamasheke: Yafashwe atwaye imodoka afite perimi y’impimbano

Editorial 06 Jan 2016
Umunyarwanda uba mu Bubiligi RUTAYISIRE Boniface  yagize icyo avuga kuri Casimiry  Kayumba witabye Imana

Umunyarwanda uba mu Bubiligi RUTAYISIRE Boniface yagize icyo avuga kuri Casimiry Kayumba witabye Imana

Editorial 17 Jan 2018
Kongo yataye muri yombi abakekwaho kwica abantu 890

Kongo yataye muri yombi abakekwaho kwica abantu 890

Editorial 13 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen Kale Kayihura ashobora gushinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, gushimuta, ubutasi n’ubugambanyi
ITOHOZA

Uganda: Gen Kale Kayihura ashobora gushinjwa ibyaha birimo ubwicanyi, gushimuta, ubutasi n’ubugambanyi

Editorial 15 Jun 2018
U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

Editorial 24 Mar 2020
Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu
HIRYA NO HINO

Gabon : Abateramakofe batatu b’Abarundi bafatiriwe muri Hotel kubera kubura ubwishyu

Editorial 20 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru