• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»CHAN: Maroc idafite icyo iharanira yandagaje Amavubi 1-4 imbere ya Perezida Kagame

CHAN: Maroc idafite icyo iharanira yandagaje Amavubi 1-4 imbere ya Perezida Kagame

Editorial 25 Jan 2016 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yari yaramaze kwizera kuzamuka mu itsinda rya mbere ari iya mbere, yandagajwe na Lions d’Atlas za Maroc mu mukino usoza iyo muri iri tsinda, itsindwa ibitego 4-1 byose byabonetse mu gice cya mbere cy’umukino.
-1920.jpg

Sugira ahanganye namyugaruriro wa Maroc

Umutoza w’Amavubi, yari yakoze impinduka aho yabanje mu kibuga abakinnyi 8 bose badasanzwe babanza mu kibuga. Mugihe abakinnyi batatu Rwatubyaye Abdul, Nshimiyimana Imran na Sugira Ernest, ari bo bakinnyi bazwi bari muri uyu mukino. Tubibutse ko aba bakinnyi ari nabo babanje mu kibuga igihe u Rwanda rutsinda Gabon.

-1916.jpg

Hegman watsinze kimwe cya Mavubi

Uyu mukino wari ufite byinshi uvuze ku ikipe y’igihugu ya Maroc dore ko yasabwaga gutsinda igategereza ko Gabon yayitabara nibura ikanganya cyangwa igatsindwa na Cote d’Ivoire ariko ku kinyuranyo cy’ibitego bike mu wundi mukino wabereye i Huye.

Maroc yabonye igitego cya mbere ku munota wa 16 w’umukino, gitsinzwe na Abdelghani Mouaoui ku mupira mwiza yahawe na Abdessalam Benjellouni.

Byasabye iminota umunani gusa ngo Maroc ibone igitego cya kabiri cyatsinzwe na Mohamed Aziz ku munota wa 24 w’umukino.

Amavubi yakomeje gusatira Maroc, maze ku mupira wari uvuye kuri Michel Rusheshangoga, Hegman Ngomirakiza atsinda igitego kimwe ku munota wa 27.

-1917.jpg

Umutoza yari yabanjemo bakinnyi bagize ikipe ya kabiri

Maroc yihariye iminota 10 isoza igice cya mbere ndetse ibonamo ibitego bibiri byatsinzwe na Abdeladim Khadrouf ku munota wa 38 ubwo yari ahawe umupira na Abdelghani Mouaoui mu gihe uyu Abdelghani Mouaoui yitsindiye igitego cye cya kabiri muri uyu mukino ku munota wa 43.

-1918.jpg

Perezida Kagame yari yaje kwihera ijisho abasore uko bakina

Amavubi yakoze impinduka hakiri kare ku munota wa 41, Rusheshangoga wavunitse asimburwa na Ombolenga Fitina.

-1919.jpg

Imvura yabanje kungwa ari nyinshi

U Rwanda rukaba rusoje imikino yo mu itsinda rya mbere rufite amanota 6, rukurikiwe na Cote d’ivoire yatsinze Gabon, nayo ifite atandatu mu gihe Maroc ifite 4, Gabon ikagira inota rimwe ku mwanya wa nyuma.

U Rwanda ruzahura n’izaba iya kabiri mu itsinda B mu gihe muri 1/4 Cote d’Ivoire izahura n’izaba iya mbere muri iri tsinda ry’i Huye.

Abakinnyi babanjemo:

RWANDA: 18 Kwizera Olivier, 3 Mwemere Ngirinshuti, 2 Michel Rusheshangoga, 15 Faustin Usengimana, 22 Rwatubyaye Abdul, 20 Hegman Ngomirakiza, 5 Imran Nshimiyimana, 4 Djihad Bizimana, 11 Savio Nshuti, 16 Ernest Sugira, 19 Yussuf Habimana.

MAROC: 1 El Bourkadi, 16 Oulhaj, 5 Achchakir, 15 Aziz, 23 Erraki , 10 El Moubarki, 11 Khadrouf, 6 Nakach, 4 El Yamiq, 9

M.Fils

2016-01-25
Editorial

IZINDI NKURU

Bidatunguranye Lionel Messi yegukanye ” Ballon d’Or “ya gatanu

Bidatunguranye Lionel Messi yegukanye ” Ballon d’Or “ya gatanu

Editorial 13 Jan 2016
Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Komisiyo y’Amatora ya FERWAFA yemeje kandidatire ya Rurangirwa Louis n’iya Nizeyimana Olivier.

Editorial 10 Jun 2021
CECAFA : Amavubi yatsinze umukino wa mbere, atsinze Tanzania ntibyayabuza gusezererwa

CECAFA : Amavubi yatsinze umukino wa mbere, atsinze Tanzania ntibyayabuza gusezererwa

Editorial 09 Dec 2017
Amafoto – Abarimo Jimmy Gatete bageze i Kigali aho baje mu ihuriro ryo gutegura igikombe cy’isi cy’abahoze bakina umupira w’amaguru kizabera mu Rwanda muri 2024

Amafoto – Abarimo Jimmy Gatete bageze i Kigali aho baje mu ihuriro ryo gutegura igikombe cy’isi cy’abahoze bakina umupira w’amaguru kizabera mu Rwanda muri 2024

Editorial 11 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe
Amakuru

FERWACY yatangije irushanwa ry’abato “Rwanda Junior Tour“ rigamije kongerera abakinnyi ubushobozi akozwe umunsi urenze umwe

Editorial 01 Aug 2024
Rulindo: Imbaga yitabiriye itangizwa ryo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi
INKURU NYAMUKURU

Rulindo: Imbaga yitabiriye itangizwa ryo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi

Editorial 13 Aug 2018
Uganda: Abanyarwanda 2 barakekwaho uruhare mu kwica umuturage
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abanyarwanda 2 barakekwaho uruhare mu kwica umuturage

Editorial 03 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru