• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)

Editorial 08 Dec 2017 IMIKINO

Rutahizamu wa Real Madrid, Cristiano Ronaldo, yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza ku Isi ‘Ballon d’Or’ cya gatanu anganya aya mateka na Lionel Messi bahora bahanganye.

Ibi birori byabereye mu Mujyi wa Paris ku Munara wa Tour Eiffel mu Bufaransa, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki ya 7 Ukuboza 2017.

Ronaldo yafashije Real Madrid kwegukana igikombe cya Shampiyona ya Espagne “La Liga” ayitsindiye ibitego 25 mu mikino 29; ayihesha igikombe cya UEFA Champions League ya 2016-2017 ayitsindiye ibitego 12 mu mikino 13 ndetse umwaka wose urangira atsinze ibitego birenga 42 mu marushanwa yose.

Uyu mugabo w’imyaka 32, yatowe n’ikinyamakuru France Football nk’umukinnyi wakoze ibidasanzwe mu mwaka ahigitse rutahizamu wa FC Barcelona, Lionel Messi ubundi wari usanzwe afite agahigo ko kwegukana ‘Ballon d’Or’ eshanu, amateka yari yihariye ku isi.

Ronaldo yaciye aka gahigo kuri ubu na we akaba amaze kwegukana iki gihembo inshuro eshanu harimo iyo mu 2008 yegukanye agikinira Manchester United, yongera kuyitwara mu 2013 na 2014, ayisubiza mu 2016 ndetse n’uyu mwaka akaba yongeye kubikora. Ronaldo yaje ku isonga mu bakinnyi 30 batowe n’itsinda ry’abanyamakuru 173.

Messi ni we wasoje ari uwa kabiri, Neymar aba uwa gatatu, Gianluigi Buffon wa Juventus aba uwa kane ari na we munyezamu waje hafi.

Mu bandi bakinnyi ba Real Madrid bari kuri uru rutonde barimo Luka Modric waje ku mwanya wa gatanu, Sergio Ramos wa gatandatu mu gihe Marcelo ari ku wa 16th, Toni Kroos uwa 17 na Karim Benzema wa 25.

Iyi Ballon d’Or ibaye iya kabiri itanzwe na France Football kuva mu 2016 iki kinyamakuru cyatandukana na FIFA mu bufatanye bwari bumaze imyaka itandatu bahuje iki gihembo n’icya FIFA World Player of the Year, nacyo gihabwa umukinnyi wahize abandi mu mwaka.

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu

Ibi birori byabereye mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa

Cristiano w’imyaka 32 yatowe nk’umukinnyi wakoze ibidasanzwe ahigitse Lionel Messi basanzwe bahanganye

Ronaldo nyuma yo gushyikirizwa umupira wa Zahabu yari afite akanyamuneza

Ronaldo ashimirwa na nyina Maria Dolores dos Santos Aveiro n’umwana we Cristiano Ronaldo Jr nyuma yo gutangazwa ko yegukanye Ballon d’Or

Cristiano Ronaldo yashyize ifoto kuri Instagram mbere yo kwerekeza i Paris mu muhango yaherewemo Ballon d’Or

Nike yari yaciye amarenga ko Ronaldo atwara Ballon d’Or ya gatanu imukorera n’urukweto

Umubyeyi wa Ronaldo yashyize hanze ifoto yandikaho amagambo agaragaza ko yiteguye kwerekeza mu Bufaransa

Umukunzi wa Ronaldo, Georgina Rodriguez, yagaragaje ifoto ye kuri Instagram ari mu ndege yerekeza mu Bufaransa ahatangiwe Ballon d’Or

2017-12-08
Editorial

IZINDI NKURU

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Editorial 06 May 2021
Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Editorial 28 Jun 2016
Mourinho yabwiye Rooney ko niba ashaka gukina agomba kuva muri Manchester United

Mourinho yabwiye Rooney ko niba ashaka gukina agomba kuva muri Manchester United

Editorial 25 Oct 2016
Nyuma ya Iyanya na Timaya, itsinda rya Urban Boyz rigiye gukorana indirimbo na Patoranking

Nyuma ya Iyanya na Timaya, itsinda rya Urban Boyz rigiye gukorana indirimbo na Patoranking

Editorial 07 Mar 2016
Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Editorial 06 May 2021
Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Editorial 28 Jun 2016
Mourinho yabwiye Rooney ko niba ashaka gukina agomba kuva muri Manchester United

Mourinho yabwiye Rooney ko niba ashaka gukina agomba kuva muri Manchester United

Editorial 25 Oct 2016
Nyuma ya Iyanya na Timaya, itsinda rya Urban Boyz rigiye gukorana indirimbo na Patoranking

Nyuma ya Iyanya na Timaya, itsinda rya Urban Boyz rigiye gukorana indirimbo na Patoranking

Editorial 07 Mar 2016
Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Mu maso y’umutoza mushya wa Kiyovu Ndayiragije Etienne, Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports, APR FC itsinda Muhanga FC – Uko imikino yose yagenze

Editorial 06 May 2021
Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Abahanzikazi Charly na Nina bakomeje kwerekana ubuhanga bwabo

Editorial 28 Jun 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru