• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)

Editorial 08 Dec 2017 IMIKINO

Rutahizamu wa Real Madrid, Cristiano Ronaldo, yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza ku Isi ‘Ballon d’Or’ cya gatanu anganya aya mateka na Lionel Messi bahora bahanganye.

Ibi birori byabereye mu Mujyi wa Paris ku Munara wa Tour Eiffel mu Bufaransa, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki ya 7 Ukuboza 2017.

Ronaldo yafashije Real Madrid kwegukana igikombe cya Shampiyona ya Espagne “La Liga” ayitsindiye ibitego 25 mu mikino 29; ayihesha igikombe cya UEFA Champions League ya 2016-2017 ayitsindiye ibitego 12 mu mikino 13 ndetse umwaka wose urangira atsinze ibitego birenga 42 mu marushanwa yose.

Uyu mugabo w’imyaka 32, yatowe n’ikinyamakuru France Football nk’umukinnyi wakoze ibidasanzwe mu mwaka ahigitse rutahizamu wa FC Barcelona, Lionel Messi ubundi wari usanzwe afite agahigo ko kwegukana ‘Ballon d’Or’ eshanu, amateka yari yihariye ku isi.

Ronaldo yaciye aka gahigo kuri ubu na we akaba amaze kwegukana iki gihembo inshuro eshanu harimo iyo mu 2008 yegukanye agikinira Manchester United, yongera kuyitwara mu 2013 na 2014, ayisubiza mu 2016 ndetse n’uyu mwaka akaba yongeye kubikora. Ronaldo yaje ku isonga mu bakinnyi 30 batowe n’itsinda ry’abanyamakuru 173.

Messi ni we wasoje ari uwa kabiri, Neymar aba uwa gatatu, Gianluigi Buffon wa Juventus aba uwa kane ari na we munyezamu waje hafi.

Mu bandi bakinnyi ba Real Madrid bari kuri uru rutonde barimo Luka Modric waje ku mwanya wa gatanu, Sergio Ramos wa gatandatu mu gihe Marcelo ari ku wa 16th, Toni Kroos uwa 17 na Karim Benzema wa 25.

Iyi Ballon d’Or ibaye iya kabiri itanzwe na France Football kuva mu 2016 iki kinyamakuru cyatandukana na FIFA mu bufatanye bwari bumaze imyaka itandatu bahuje iki gihembo n’icya FIFA World Player of the Year, nacyo gihabwa umukinnyi wahize abandi mu mwaka.

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu

Ibi birori byabereye mu Mujyi wa Paris mu Bufaransa

Cristiano w’imyaka 32 yatowe nk’umukinnyi wakoze ibidasanzwe ahigitse Lionel Messi basanzwe bahanganye

Ronaldo nyuma yo gushyikirizwa umupira wa Zahabu yari afite akanyamuneza

Ronaldo ashimirwa na nyina Maria Dolores dos Santos Aveiro n’umwana we Cristiano Ronaldo Jr nyuma yo gutangazwa ko yegukanye Ballon d’Or

Cristiano Ronaldo yashyize ifoto kuri Instagram mbere yo kwerekeza i Paris mu muhango yaherewemo Ballon d’Or

Nike yari yaciye amarenga ko Ronaldo atwara Ballon d’Or ya gatanu imukorera n’urukweto

Umubyeyi wa Ronaldo yashyize hanze ifoto yandikaho amagambo agaragaza ko yiteguye kwerekeza mu Bufaransa

Umukunzi wa Ronaldo, Georgina Rodriguez, yagaragaje ifoto ye kuri Instagram ari mu ndege yerekeza mu Bufaransa ahatangiwe Ballon d’Or

2017-12-08
Editorial

IZINDI NKURU

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.

Jean Claude Hérault wabaye umuyobozi mukuru w’isiganwa rya Tour Du Rwanda mu gihe cy’imyaka 8 yitabye Imana azize Koronavirusi.

Editorial 16 Apr 2021
Amafoto- Bayobowe n’umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Senegal, Guillaume Serge Nzabonimana,    Abanyarwanda baba muri Mali basuye Amavubi U23

Amafoto- Bayobowe n’umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda muri Senegal, Guillaume Serge Nzabonimana, Abanyarwanda baba muri Mali basuye Amavubi U23

Editorial 28 Oct 2022
Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball  yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda

Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda

Editorial 30 Aug 2021
Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Editorial 16 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi bakuru biga mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda (NPC) bari mu rugendoshuri muri Tanzaniya
Mu Rwanda

Abapolisi bakuru biga mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda (NPC) bari mu rugendoshuri muri Tanzaniya

Editorial 21 Jun 2017
Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera
Amakuru

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Ruharwa Laurent Bucyibaruta arashyize ashyikirijwe ubutabera

Editorial 09 May 2022
Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango
Mu Rwanda

Umusirikare ‘wishe umugore’ we i Rulindo yafatatiwe i Kibungo-Lt Col Munyengango

Editorial 11 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru