• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Dore imigabo n’imigambi Miss Kundwa Doriane afite muri Canada

Dore imigabo n’imigambi Miss Kundwa Doriane afite muri Canada

Ubwanditsi 10 Jan 2018 SHOWBIZ

Miss Kundwa Doriane amaze umwaka n’imisago muri Canada, mu migambi ikomeye afite ku isonga arashaka kwinjira mu bushabitsi no gushaka inzira izageza urubyiruko rwinshi ku kwihangira umurimo.

Kundwa wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2015 asigaye atuye mu Ntara ya Ontario muri Canada, yavuye mu Rwanda kuwa 6 Nzeri 2016 yagiye avuga ko ajyanywe no kaminuza mu ishami rya Administration muri Laval University mu Mujyi wa Québec.

Kundwa Doriane yabwiye ikinyamakuru Tap Mag kiri mu byandika ku byamamare muri Canada ko mu bikomeye yishimira muri iki gihe harimo kuba yaragizwe Umuyobozi wungirije w’ihuriro ry’urubyiruko nyarwanda ruba muri Canada ryitwa International Rwanda Youth for Development [IRYD].

Yongeyeho ko muri iki gihe yatangiye kwiga uburyo yakwinjira mu bushabitsi no gushaka inzira izatuma urubyiruko rwo mu Rwanda na Canada rugirana ubufatanye bufite igisobanuro kizima.

Yagize ati “Muri iki gihe ndi gushaka ahantu hose hari amahirwe mu bucuruzi ashobora gufasha urubyiruko rwo mu Rwanda na Canada kugirana ubumwe ariko bufite intego.”

Miss Kundwa yanavuze ko akumbuye mu buryo bukomeye inshuti n’umuryango yasize mu Rwanda ndetse by’umwihariko ngo afite inyota yo kongera kuvuga Ikinyarwanda mu buryo buhoraho.

Yagize ati “Mu by’ukuri nkumbuye kuba ndi mu rugo nkikijwe n’Abanyarwanda n’abantu bose bavuga Ikinyarwanda. Inaha hari igihe nibagirwa ngasubiza mu Kinyarwanda. Ni ibintu bisekeje cyane! Ibi nkeka ko bisobanura uburyo niyumvamo cyane inkomoko yanjye. Mfite umugisha kuko ndi kumwe na bamwe mu bo mu muryango wanjye hano muri Canada, ikindi kandi natangiye kugira inshuti nshya. Iki ni ikintu mpa agaciro cyane.”

Miss Kundwa Doriane yabajijwe imigambi ikomeye afite mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere ashimangira ko ‘yifuza kuzibona yarateye imbere kuri roho, ku mubiri no mu mwuga yifuza kwaguramo ubumenyi.

Yagize ati “Nkunda cyane Imana, ubushabitsi[business] no gushaka ubumenyi. Nahisemo Imana kuko ntacyo wakora utayifite, nkunda ubushabitsi kuko nifuza guhanga imirimo no kugira ubumenyi kuko nibyo bituma umuntu agira amahitamo mazima.”

Yongeraho ati “Muri Canada nkunda cyane kujya mu rusengero rw’abakirisitu kandi niyumvamo ko ndi gukora umurimo w’Imana neza. Mu bushabitsi naho mpagaze neza guhera umunsi ninjiriye muri IRYD, kandi nizera ko urubyiruko rwinshi rw’u Rwanda rufite ibitekerezo bizima mu bushabitsi byabyara inyungu kuri rwo no ku bandi. Nk’uko nabivuze hejuru ndi gukora ku mushinga w’ubucuruzi, nzabamenyesha birambuye ibyawo igihe nikigera cyo kubitangaza.”

 

Kundwa yatangiye gutekereza inzira izageza urubyiruko rwinshi ku kwihangira imirimo mu Rwanda no muri Canada

“Mu myaka itanu iri imbere ndifuza kuba umusemburo mu rubyiruko rw’u Rwanda mu gihe no mu baba mu mahanga kugira umuco wo kwihangira imirimo no gukabya inzozi zabo.”Yanashishikarije abifuza gusura u Rwanda kuza batikandagira kuko ari igihugu gitekanye ndetse avuga ko uzagira amahirwe yo kuhagera wese akwiye gusura Ingagi mu Birunga, Pariki y’Akagera, gutembera mu Kivu, Kigali Convention Centre no gutembera mu kirere cy’u Rwanda mu ndege za Akagera Aviation.

 

Kundwa Doriane avuga ko akumbuye kuvuga Ikinyarwanda mu buzima bwa buri munsi

 

:

 

Kundwa Doriane amaze umwaka urenga muri Canada

 

 

2018-01-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we

Agashya mu birori byo guhemba Abanyamakuru ’Anangwe yatunguranye yambika impeta umukunzi we

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Mu magambo aryoheye amatwi, Safi Madiba yamaze amatsiko abirirwa bamushinja gushaka umugore bataberanye

Mu magambo aryoheye amatwi, Safi Madiba yamaze amatsiko abirirwa bamushinja gushaka umugore bataberanye

Ubwanditsi 03 Oct 2017
Clarisse Karasira yamuritse indirimbo yahimbye akomoye ku gutandukana kwa hato na hato kw’abakundana

Clarisse Karasira yamuritse indirimbo yahimbye akomoye ku gutandukana kwa hato na hato kw’abakundana

Ubwanditsi 01 Oct 2021
Diamond Platnumz ari mu mazi abira, arasabwa kuriha Mobetto akayabo ku indezo y’umwana

Diamond Platnumz ari mu mazi abira, arasabwa kuriha Mobetto akayabo ku indezo y’umwana

Ubwanditsi 02 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda
Mu Mahanga

Umunyarwanda yiciwe muri Uganda

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Umutekano  w’Isi  ugerwa ku mashyi kubera Amabuye yo mukirere azwi nk’ ASTEROIDS
ITOHOZA

Umutekano w’Isi ugerwa ku mashyi kubera Amabuye yo mukirere azwi nk’ ASTEROIDS

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera
Amakuru

Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera

RUSHYASHYA 18 May 2026

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru