• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Dore imigabo n’imigambi Miss Kundwa Doriane afite muri Canada

Dore imigabo n’imigambi Miss Kundwa Doriane afite muri Canada

Ubwanditsi 10 Jan 2018 SHOWBIZ

Miss Kundwa Doriane amaze umwaka n’imisago muri Canada, mu migambi ikomeye afite ku isonga arashaka kwinjira mu bushabitsi no gushaka inzira izageza urubyiruko rwinshi ku kwihangira umurimo.

Kundwa wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu 2015 asigaye atuye mu Ntara ya Ontario muri Canada, yavuye mu Rwanda kuwa 6 Nzeri 2016 yagiye avuga ko ajyanywe no kaminuza mu ishami rya Administration muri Laval University mu Mujyi wa Québec.

Kundwa Doriane yabwiye ikinyamakuru Tap Mag kiri mu byandika ku byamamare muri Canada ko mu bikomeye yishimira muri iki gihe harimo kuba yaragizwe Umuyobozi wungirije w’ihuriro ry’urubyiruko nyarwanda ruba muri Canada ryitwa International Rwanda Youth for Development [IRYD].

Yongeyeho ko muri iki gihe yatangiye kwiga uburyo yakwinjira mu bushabitsi no gushaka inzira izatuma urubyiruko rwo mu Rwanda na Canada rugirana ubufatanye bufite igisobanuro kizima.

Yagize ati “Muri iki gihe ndi gushaka ahantu hose hari amahirwe mu bucuruzi ashobora gufasha urubyiruko rwo mu Rwanda na Canada kugirana ubumwe ariko bufite intego.”

Miss Kundwa yanavuze ko akumbuye mu buryo bukomeye inshuti n’umuryango yasize mu Rwanda ndetse by’umwihariko ngo afite inyota yo kongera kuvuga Ikinyarwanda mu buryo buhoraho.

Yagize ati “Mu by’ukuri nkumbuye kuba ndi mu rugo nkikijwe n’Abanyarwanda n’abantu bose bavuga Ikinyarwanda. Inaha hari igihe nibagirwa ngasubiza mu Kinyarwanda. Ni ibintu bisekeje cyane! Ibi nkeka ko bisobanura uburyo niyumvamo cyane inkomoko yanjye. Mfite umugisha kuko ndi kumwe na bamwe mu bo mu muryango wanjye hano muri Canada, ikindi kandi natangiye kugira inshuti nshya. Iki ni ikintu mpa agaciro cyane.”

Miss Kundwa Doriane yabajijwe imigambi ikomeye afite mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere ashimangira ko ‘yifuza kuzibona yarateye imbere kuri roho, ku mubiri no mu mwuga yifuza kwaguramo ubumenyi.

Yagize ati “Nkunda cyane Imana, ubushabitsi[business] no gushaka ubumenyi. Nahisemo Imana kuko ntacyo wakora utayifite, nkunda ubushabitsi kuko nifuza guhanga imirimo no kugira ubumenyi kuko nibyo bituma umuntu agira amahitamo mazima.”

Yongeraho ati “Muri Canada nkunda cyane kujya mu rusengero rw’abakirisitu kandi niyumvamo ko ndi gukora umurimo w’Imana neza. Mu bushabitsi naho mpagaze neza guhera umunsi ninjiriye muri IRYD, kandi nizera ko urubyiruko rwinshi rw’u Rwanda rufite ibitekerezo bizima mu bushabitsi byabyara inyungu kuri rwo no ku bandi. Nk’uko nabivuze hejuru ndi gukora ku mushinga w’ubucuruzi, nzabamenyesha birambuye ibyawo igihe nikigera cyo kubitangaza.”

 

Kundwa yatangiye gutekereza inzira izageza urubyiruko rwinshi ku kwihangira imirimo mu Rwanda no muri Canada

“Mu myaka itanu iri imbere ndifuza kuba umusemburo mu rubyiruko rw’u Rwanda mu gihe no mu baba mu mahanga kugira umuco wo kwihangira imirimo no gukabya inzozi zabo.”Yanashishikarije abifuza gusura u Rwanda kuza batikandagira kuko ari igihugu gitekanye ndetse avuga ko uzagira amahirwe yo kuhagera wese akwiye gusura Ingagi mu Birunga, Pariki y’Akagera, gutembera mu Kivu, Kigali Convention Centre no gutembera mu kirere cy’u Rwanda mu ndege za Akagera Aviation.

 

Kundwa Doriane avuga ko akumbuye kuvuga Ikinyarwanda mu buzima bwa buri munsi

 

:

 

Kundwa Doriane amaze umwaka urenga muri Canada

 

 

2018-01-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Miss Uwase Honorine ’IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ’Miss Earth 2017’

Miss Uwase Honorine ’IGISABO’ yanze kwambara Bikini bituma abura umudari mu marushanwa ya ’Miss Earth 2017’

Ubwanditsi 15 Oct 2017
Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Ubwanditsi 27 Oct 2017
Floyd Mayweather yatewe n’ Abajura baramucucura yibereye mu kabyiniro n’ Abakobwa

Floyd Mayweather yatewe n’ Abajura baramucucura yibereye mu kabyiniro n’ Abakobwa

Ubwanditsi 03 Mar 2017
Miss Uwase Ndahiro Liliane ashaka kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda

Miss Uwase Ndahiro Liliane ashaka kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Meddy Yishimiye bikomeye n’impano yahawe na Miss Kate Bashabe
IMIKINO

Meddy Yishimiye bikomeye n’impano yahawe na Miss Kate Bashabe

Ubwanditsi 07 Nov 2016
Nyuma yo gutera abanyarwanda za Grenade, Kayumba Nyamwasa akomeje kuvugwa mu bikorwa by’ubugizibwa nabi no gushimuta abantu Kampala
INKURU NYAMUKURU

Nyuma yo gutera abanyarwanda za Grenade, Kayumba Nyamwasa akomeje kuvugwa mu bikorwa by’ubugizibwa nabi no gushimuta abantu Kampala

Ubwanditsi 25 Dec 2017
Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.
Amakuru

Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Ubwanditsi 01 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru