• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ebola iravuza ubuhuha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Ebola iravuza ubuhuha muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo

Editorial 09 May 2018 Mu Mahanga

Minisiteri y’Ubuzima muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko muri iki gihugu hongeye kugaragara icyorezo cya Ebola mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwacyo, aho kuri uyu wa Kabiri hagaragaye abantu babiri bafite ibimenyetso by’iyi ndwara.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko byemejwe ko Ebola yagarutse muri RDC, nyuma y’aho abantu babiri muri batanu bo mu Mujyi wa Bikoro bagaragaje ibimenyetso byayo bakorewe ibizamini, bikagaragaza bidasubirwaho ko bayirwaye nkuko BBC yabitangaje.

Itangazo Umuyobozi Mukuru Wungirije ushinzwe Ubutabazi bw’Ibanze muri OMS muri DRC, Peter Salama, yashyize ahagaragara riragira riti “Icyo dushyize imbere cyane ni ukugera mu Mujyi wa Bikoro tugafatanya na Guverinoma n’abandi bafatanyabikorwa mu gutanga ubutabazi bwihuse nicyo gikenewe mu guhangana n’iki cyorezo cyica.”

OMS ivuga ko yohereje inzobere mu guhangana n’icyo cyorezo zirenga 50 muri ako gace ndetse ko yamaze kubona inkunga y’arenga miliyoni y’Amadolari ya Amerika yo kwifashisha mu butabazi.

Minisiteri y’Ubuzima muri RDC ivuga ko Ebola yagaragaye bwa mbere muri icyo gihugu mu 1976, yongeye kuhagaragara ku nshuro ya cyenda nyuma y’igihe kirenga umwaka hatangajwe ko hari abandi yari yagaragayeho, ndetse bane ikabica.

Muri Gicurasi 2017, Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (Minisante), yari yatangiye gusuzuma umuriro abantu bose binjira mu Rwanda banyuze ku mipaka ya Rubavu na Rusizi, nyuma y’aho Ebola igaragariye muri RDC, aho yahitanye abagera kuri bane.

Umuryango w’Abaganga Batagira Umupaka (MSF) uvuga ko Ebola ari cyo cyorezo gitwara ubuzima bw’abantu benshi ku Isi, kigafatwa nk’indwara yandura cyane; ishobora kwica 90% by’abayanduye, igateza ihahamuka n’ubwoba muri rubanda kandi ntigire urukingo.

Iterwa n’agakoko gatera kuva amaraso. Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gihangana n’ibyorezo (CDC), kivuga ko ari agatsiko k’udukoko gafata ibice bitandukanye by’umubiri akenshi tugatuma umuntu ava amaraso mumyenge yose y’umubiri.

Bimwe mu bimenyetso bihita bigaragara ku muntu urwaye Ebola ni uguhinda umuriro, gucika intege, kubabara mu ngingo kubabara umutwe no mu muhogo, bishobora kugaragara nyuma y’iminsi ibiri kugeza kuri 21 nyuma y’ubwandu, gusa OMS ivuga ko ibi bimenyetso umuntu ashobora kubanza kubyitiranya n’iby’izindi ndwara nka Malaria, Tifoyide cyangwa Mugiga.

OMS ivuga ko uducurama ari two dusakaza Ebola mu zindi nyamaswa muri Afurika. Abantu bandura Ebola igihe bahuye n’amatembabuzi (amacandwe , ibimwira, amaraso, amazirantoki, ibirutsi,…) y’inyamaswa cyangwa undi muntu wanduye iki cyorezo.

Ebola isanzwe yibasira ibihugu bimwe byo ku Mugabane wa Afurika, mu 2014 yishe abarenga ibihumbi 11 bo muri Guinea, Sierra Leone na Liberia.

2018-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Umupolisi akurikiranyweho gusambanya ku ngufu umwana ufite ubumuga akanamutera inda

Uganda: Umupolisi akurikiranyweho gusambanya ku ngufu umwana ufite ubumuga akanamutera inda

Editorial 29 May 2018
Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016

Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016

Editorial 11 Dec 2016
Dr Sezibera Richard yatorewe gusimbura Senateri Mucyo

Dr Sezibera Richard yatorewe gusimbura Senateri Mucyo

Editorial 01 Dec 2016
Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Abacuruzi bo muri Uganda batangaje igihombo bamaze guhura nacyo nyuma y’amezi 3 umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze Abagande bamaze guhomba akayabo k’Amamiliyari

Editorial 14 Jun 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda
POLITIKI

ACF2019 – Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire yageze mu Rwanda

Editorial 25 Mar 2019
Impinduka mu miyoborere ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu yatorewe kuyobora umuryango, Paul Muvunyi aba umuyobozi w’Ikirenga
Amakuru

Impinduka mu miyoborere ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu yatorewe kuyobora umuryango, Paul Muvunyi aba umuyobozi w’Ikirenga

Editorial 18 Nov 2024
Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya
INKURU NYAMUKURU

Uganda irakeka ko u Rwanda rwaba rugiye kugura intwaro za rutura n’u Burusiya

Editorial 05 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru