• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

Ubwanditsi 02 Jan 2016 Mu Mahanga

Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG iravuga ko u Budage bukomeje kuba intangarugero mu guhana abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

CNLG ivuga ko ibindi bihugu by’i Burayi birimo n’u Bufaransa, byagombye gufata urugero ku Budage rwo guhana abagize uruhare muri Jenoside.

Iyi Komisiyo yo kurwanya Jenoside kandi iravuga ko kuba Urukiko rw’Ubujurire mu Budage rwatakiye Onesphore Rwabukombe gufungwa burundu, ari ikimenyetso gikomeye cy’uko u Budage buha agaciro Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 29 Ukuboza 2015 nibwo Urukuko rukuru rw’i Frankfurt mu Budage, rwakatiye Onesphore Rwabukombe wahoze ari Burugumesitiri w’icyahoze ari Komini Muvumba gufungwa burundu kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.

Mu kiganiro ikinyamakuru Izuba Rirashe cyagiranye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Bizimana Jean Damascène, yavuze ko u Rwanda rwishimiye uyu mwanzuro.

Dr Bizimana yavuze ko Onesphore Rwabukombe yagize uruhare mu kwica abatutsi bitari muri Jenoside gusa, ahubwo ngo yatangiye uyu mugambi guhera mu mwaka wa 1990.

Dr Bizimana yagize ati “Ibyakozwe n’Urukiko rw’ubujurire byahujwe neza n’ibyo uyu mugabo yakoze, kuko guhera mu mwaka wa 1990 yagize uruhare rukomeye muri Byumba aho yatotezaga, ndetse akica Abatutsi. Hagati kandi y’umwka wa 1992-1993 nabwo yagiye atoranya Abahutu b’Interahamwe bagahabwa imyitozo n’intwaro zo kwica Abatutsi.”

Dr Bizimana kandi aravuga ko Rwabukombe yafatanyije n’uwitwa Gatete Jean Baptiste mu kwica Abatutsi bari bahungiye kuri Kiliziya ya Kiziguro, ibi akaba yarabikoze nyuma yo guhunga muri Muvumba ahari hamaze gufatwa n’ingabo z’Inkotanyi.

CNLG iravuga ko ibyakozwe n’u Budage bikwiye kubera urugero ibindi bihugu birimo u Bufaransa, abona bucumbagira mu gucira imanza abasize bahekuye u Rwanda.

Yagize ati “u Budage buratanga urugero rwiza, ibindi bihugu bihuriye mu muryango w’ubumwe bw’ibihugu by’iburayi birimo u Bufaransa byagombye gukurikiza iby’iki gihugu gikora, ibihugu nk’u Bubirigi nabyo byagombye gudacibwa intege n’amafaranga bitanga mu kuburanisha imanza nk’izi kuko ubu urabona iki gihugu kirimo gucika intege.”

U Budage kandi bwashimiwe mu kuba bwarakatiye abandi banyarwanda babiri barimo Murwanashyaka Ignace wahoze ari umuyobozi w’umutwe wa FDLR imyaka 13 na Straton Musoni wari umwungirije nawe ahanishwa igifungo cy’imyaka umunani kubera ibyaha byibasiye inyoko muntu by’intambara FDLR bayoboraga yakoreye ku baturage bo mu Burasirazuba bwa bwa Congo Kinshasa.

Hari abandi banyarwanda bagishakishwa mu Budage

Uretse Rwabukombe wakatiwe gufungwa burundu, Dr Bizimana yabwiye iki kinyamakuru ko hari abandi banyarwanda bakiri mu Budage kandi bagize uruhare muri Jenoside.

-1539.jpg

Dr Bizimana Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG (Ifoto/Ububiko)

Aba barimo Maniragaba Baributsa, wahoze ari umwarimu mu ishuri rya Nyakinama, akaba yaranahoze mu ishyaka rya CDR.

Ngo yagendaga atanga imbunda muri Butare zo kwica Abatutsi.

Undi ni Shyirambere Barahira na we wagize uruhare mu gushinga ishyaka rya CDR, nubwo ngo atayikoze ariko kuba yaragize uruhare mu gushinga iri shyaka, ni uko yari afite amatwara nk’ayaryo.

Izuba rirashe

2016-01-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Urubuga rwa Twitter rwasibye konti 418 muri Uganda zishinzwe gutegura Muhoozi Kainerugaba kuzasimbura Museveni nka Perezida wa Uganda

Ubwanditsi 03 Dec 2021
BREWAEYS, UMUNYAMAKURU AKABA N’UMWANDITSI KURI JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI YATABARUTSE.

BREWAEYS, UMUNYAMAKURU AKABA N’UMWANDITSI KURI JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI YATABARUTSE.

Ubwanditsi 04 May 2016
Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu mu karere ka Kirehe

Polisi y’u Rwanda yatanze ubutumwa bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu mu karere ka Kirehe

Ubwanditsi 02 Apr 2016
Inzozi za Tshisekedi zo gukuraho Perezida Kagame zizamusiga amahoro?

Inzozi za Tshisekedi zo gukuraho Perezida Kagame zizamusiga amahoro?

Ubwanditsi 04 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukwabu muri Kaminuza y’u Burundi, abasaga 90 batawe muri yombi
Mu Rwanda

Umukwabu muri Kaminuza y’u Burundi, abasaga 90 batawe muri yombi

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Malawi igiye kujuririra icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda Murekezi ukekwaho Jenoside
ITOHOZA

Malawi igiye kujuririra icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda Murekezi ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi
Amakuru

Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi

Ubwanditsi 07 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru