• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nkunshuro ya mbere umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Nkunshuro ya mbere umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 ugiye kuyoborwa na Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Jul 2016 Mu Mahanga

Nkunshuro ya mbere umuhango wo guha impamyabumenyi abanyeshuri basaga 8500 barangije muri Kaminuza y’u Rwanda, ugiye kuyoborwa na Nyakubahwa Perezida Kagame.

Kuri uyu wa Gatanu biteganijwe ko aba banyeshuri bose bazahurizwa hamwe kuri Stade Amahoro, kuko ubusanzwe buri koleji yagiraga umunsi wayo ariko ubu uko ari esheshatu byakorewe rimwe.

Harimo Koleji y’Ubumenyi Rusange (CASS), Koleji y’Ubuhinzi n’Ubuvuzi bw’Amatungo (CAVM), Koleji y’Imari n’Ubukungu, (CBE), Koleji y’Ubuvuzi n’Ubumenyi mu by’Ubuzima (CMHS), Koleji y’Uburezi (CE) na Koleji y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga (CST).

Babiri mu bayirangijemo bazahabwa impamyabumenyi z’ikirenga [PhD], 324 bahabwe iz’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (Masters), mu gihe 687 bazahabwa impamyabumenyi z’amasomo bize nyuma yo gusoza ay’icyiciro cya kabiri cya Kaminuza (post-graduate), naho abagera ku 6365 bahabwe impamyabumenyi z’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelors).

Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda asobanura impamvu nyamukuru yatumye hategurwa umunsi umwe w’ibirori byo gusoza amasomo ku barangirije amashuri makuru na za kaminuza muri Kaminuza y’u Rwanda avuga ko guhuriza hamwe amakoreji yose y’iyi kaminuza mu birori bimwe ari ikimenyetso cyo kwihuriza hamwe nka Kaminuza imwe.

Ubusanzwe muri kaminuza y’u Rwanda habagaho iminsi itanu y’ibirori byo kwishimira isozwa ry’amasomo buri koreji igakora ibirori byayo byihariye ariko nabyo bikabera ku kicaro gikuru cya kaminuza y’u Rwanda.

Benshi bagiye bibaza byinshi ku mpamvu yatumye Kaminuza y’u Rwanda itegura umunsi umwe w’ ibirori ku barangije amashuri makuru na za Kaminuza, ndetse bamwe barabyishimira abandi barabyinubira nkuko bigenda kenshi iyo habaye impinduka ku bintu runaka.

-3440.jpg

Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda Prof. Philip Cotton

Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda Prof. Philip Cotton mu kiganiro yagiranye na The Newtimes yasobanuye impamvu yo guhuriza hamwe abasoje amasomo mu birori bimwe avuga ko ari ikimenyetso cyo kwihuriza hamwe nka Kaminuza imwe.

Prof.Cotton yagize ati: ” Nka kaminuza, turi ikigo kimwe gihuriyemo amashami atandukanye, turashaka kubyishimira kandi tukabigaragaza, turashaka kwishimira insinzi y’abanyeshuri bacu n’iy’amashami atandukanye ndetse n’abayobozi bayo”

Yakomeje avuga ko mu banyeshuri 8,500 bazarangiza amasomo mu byiciro bitandukanye harimo abantu badasanzwe kandi bakiri bato u Rwanda rwitezeho umusaruro udasanzwe mu gihe kizaza.

Ati: “Nzi neza ko mu banyeshuri 8,500 basoje amasomo yabo harimo abantu bakiri bato badasanzwe, bamwe babigaragarije mu mikoro bagiye bahabwa gukora muri kaminuza, abandi na bo bagiye babigaragariza mu gukorera hamwe bagamije kubaka umuryango nyarwanda”

Nkuko Prof. Philip Cotton, akomeza abitangaza, ngo mu bazasoza amasomo yabo muri uyu mwaka harimo babiri bazahabwa impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza (PhDs), hakabamo 324 bazahabwa impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Masters degree), 687 bazahabwa impamyabumenyi z’amasomo bize nyuma yo gusoza ay’icyiciro cya mbere cya Kaminuza (post-graduate) n’abandi 6,365 bazahabwa impamyabumenyi z’icyiciro cya mbere cya kaminuza (bachelor’s degrees)

Umwaka ushize, ku nshuro yayo ya kabiri kaminuza y’u Rwanda yahaye impamyabumenyi abagera ku bihumbi umunani (8,000) nyuma yo guhurizwamo amakoreji arindwi muri 2013 ari na bwo yiswe kaminuza y’u Rwanda (UR).

-3441.jpg

Abanyeshuri barangiza Kaminuza

2016-07-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.

PSG yageze muri 1/2 cya UEFA Champions League isezereye Bayern Munichen, rutahizamu wayo Neymar atangaza ko azaguma muri iyi kipe.

Ubwanditsi 14 Apr 2021
Umunyarwanda uba mu Bubiligi RUTAYISIRE Boniface  yagize icyo avuga kuri Casimiry  Kayumba witabye Imana

Umunyarwanda uba mu Bubiligi RUTAYISIRE Boniface yagize icyo avuga kuri Casimiry Kayumba witabye Imana

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Ubwanditsi 11 Jun 2018
Afurika yifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka Abatutsi bazize Jenoside

Afurika yifatanyije n’u Rwanda mu kwibuka Abatutsi bazize Jenoside

Ubwanditsi 07 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwizera Peace yatorewe kuba Miss Naïades
IMIKINO

Kwizera Peace yatorewe kuba Miss Naïades

Ubwanditsi 13 Nov 2016
INDORO BY CHARLY & NINA FT BIG FIZZO (Official Video)
Video Clips

INDORO BY CHARLY & NINA FT BIG FIZZO (Official Video)

Ubwanditsi 10 Aug 2016
APR WBBC na REG W BBC zageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka zikuyemo GS Marie Reine Rwaza na Kepler WBBC
Amakuru

APR WBBC na REG W BBC zageze ku mukino wa nyuma wa kamarampaka zikuyemo GS Marie Reine Rwaza na Kepler WBBC

Ubwanditsi 03 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru