• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gabiro : Perezida Kagame yasoje itorero ry’Indangamirwa ryinjije bamwe mu gisirikare

Gabiro : Perezida Kagame yasoje itorero ry’Indangamirwa ryinjije bamwe mu gisirikare

Editorial 13 Jul 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame yasoje itorero ridasanzwe ry’Indangamirwa ryari rimaze ukwezi ribera mu Kigo cy’Imyitozo ya Gisirikare cya Gabiro mu Ntara y’Iburasirazuba, rihuje urubyiruko 523 harimo abasore 375 n’abakobwa 148; ryasojwe abagera kuri 65 basabye kujya mu ishuri rya gisirikare abandi mu mutwe w’Inkeragutabara.

Abitabiriye iri torero bize ibintu bitandukanye birimo imyitozo ya gisirikare nko gukoresha intwaro no kumasha, kugenda ku manwa na nijoro, gutegura intambara hifashishijwe igishushanyo mbonera, kwirinda no kurinda abandi mu gihe badafite intwaro n’ibindi.

Ubwo yasozaga iri torero, Perezida Kagame yeretswe ibyo izi ntore zize harimo gutanga amabwiriza ya gisirikare mu gihe cyo gutegura urugamba ndetse bakora n’umwitozo w’igisa n’urugamba aho berekanaga uko bahashya umwanzi.

Umuyobozi w’Itorero ry’Igihugu, Rucagu Boniface, yavuze ko 107 zaturutse mu mahanga zije gutozwa ubwa mbere, abo mu gihugu batsinze neza mu bizamini bya leta baryitabiriye ni 229 na ho 187 bari baratojwe mu byiciro bibanza.

Minisitiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe, yavuze ko bamwe mu ntore bitabiriye iri torero bafite ingo ariko bemeye kuzisiga, bagasiga n’akazi kabo kugira ngo bitabire itorero.

Gen Kabarebe yavuze ko intore 65 zasabye kujya mu gisirikare, abenshi muri bo bakazajya kwiga amasomo ya ‘engineering’ n’ubuvuzi. Abandi basaba kujya mu Nkeragutabara aho bazajya bitabazwa aho bakenewe.

Ati “Izi ntore zabonye umwanya wo gusura ahantu hatandukanye nk’uko babyivugiye, bibonera ubutwari buhebuje bw’ingabo zari iza RPF inkotanyi kandi ziyemeza ko zigiye kugera ikirenge mu cyazo. Ni muri urwo rwego 65 muri izi ndangamirwa bisabiye kujya mu gisirikare binyuze mu ishuri rikuru rya Rwanda military Academy i Gako. Abenshi muri bo bakazajya kwiga Engineering n’ubuvuzi. Naho abandi 72 basabye kujya mu nkeragutabara, bakajya bitabazwa aho bakenewe.”

-7226.jpg

-7227.jpg

-7225.jpg

-7224.jpg

-7222.jpg

-7221.jpg

Indangamirwa

2017-07-13
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Bakina bya gishuti, Rayon Sports yatsinze Musanze FC 2-0, As Kigali itsinda Gasogi United

Amafoto – Bakina bya gishuti, Rayon Sports yatsinze Musanze FC 2-0, As Kigali itsinda Gasogi United

Editorial 06 Aug 2022
Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo

Dr Cyubahiro Bagabe wayoboraga RAB yahagaritswe ku mirimo

Editorial 23 Jan 2018
“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

“Abantu nka Ingabire[ Victoire] urabareka ikibi kibarimo kikaba aricyo kibagiraho ingaruka” – Paul Kagame.

Editorial 14 Jul 2024
Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Abahanga mu mategeko, mu bukungu n’abaganga: Imboni mu bagize guverinoma nshya

Editorial 17 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.
Amakuru

Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Editorial 06 Aug 2021
Bujumbura : Ubutegetsi bwa Nkurunziza  buvuye ku izima bwemeye  imishyikirano n’ababurwanya
Mu Rwanda

Bujumbura : Ubutegetsi bwa Nkurunziza buvuye ku izima bwemeye imishyikirano n’ababurwanya

Editorial 17 Jan 2016
Polisi y’u Rwanda yagize  icyo itangaza ku modoka yahiriye ku Gishushu
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yagize icyo itangaza ku modoka yahiriye ku Gishushu

Editorial 28 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru