• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gishari : Abapolisi bato barenga 950 basoje amasomo

Gishari : Abapolisi bato barenga 950 basoje amasomo

Editorial 01 Jun 2016 Mu Mahanga

Kuri uyu wa 1 Kamena 2016, abapolisi bato 965 barimo 229 b’abakobwa barangije icyiciro (Intake)cya 12 cy’amahugurwa y’ibanze ya gipolisi aho bari bamaze amezi 6 batorezwa mu ishuri rya gipolisi rya Gishari, mu karere ka Rwamagana.

Aba bapolisi bo ku rwego rwa Police Constable batangiye amahugurwa mu kwezi kwa 12 umwaka ushize, aho amasomo y’ibanze ya gipolisi bahawe arimo ayerekeranye no kurinda umutekano, gukoresha intwaro, amategeko n’andi masomo atandukanye azabafasha mu mirimo mishya batangiye.

Umuyobozi w’ishuri rya Police rya Gishari CP Jean Bosco Kabera, yavuze ko amasomo aba bapolisi bahawe abemerera gukora ubutumwa bahabwa ariko ngo bakwiye gukomeza guhabwa amahugurwa ndetse n’abo basanze bakabemenyereza umurimo.

Yagize ati “turabizeza ko amasomo bahawe ahagije kuba basohoza inshingano bazahabwa na polisi, gusa na none bakeneye gukomeza kwiga no kumenyerezwa umurimo akaba ari yo mpamvu dusaba abayobozi b’imitwe bagiye koherezwamo ko baba hafi bakabamenyereza.”

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Sheikh Musa Fazil Harerimana yashimiye aba bapolisi uburyo bahisemo izo nshingano nyamara babizi neza ko zikomeye.

Ministiri Fazil yababwiye ko kugira ngo bagere ku cyifuzo cyabo cyo kuba abapolisi, bakwiye guhora bazirikana ingingo 3 zikunze kugarukwaho na Perezida Kagame mu mbwirwa ruhame zitandukanye.

Yagize ati “ icya mbere ni ubunyarwanda, icyakabiri ni ubunyangamugayo kubera ko buri munyarwanda n’ubwo twifuza ko bose baba inyangamugayo ariko tugira n’ibigarasha. Iya gatatu ni ukubumbatira na yombi ibyagezweho ariko ukabibumbatira ugamije no gutera imbere unashakisha icyateza imbere igihugu cyacu.”

-2835.jpg

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu Fazil Harerimana

Ministiri Fazil yaboneyeho gusaba aba polisi bashya ko bagomba guharanira kurwanya ibyaha aho kubikora cyane cyane bishingikirije ibyo bari byo ahubwo ko uzabikora agafatwa na we azahabwa ibihano biremereye.

Yagize ati “ nyamuneka mwirinde kuba abanyabyaha kandi mushinzwe kubirwanya, musanze polisi ishimwa n’abaturage ….bya bindi bavuga ngo nta byera ngo de, iyo de ibaye ku mupolisi kiba ari cya de kinini icyo cya de kinini rero gihanwa kihanukiriwe.”

Aba bapolisi batangiye ari 986 ariko abagera kuri 21 ntibabashije kurangiza aya mahugurwa kubera impamvu zitandukanye. Abarangije bakaba bagiye kwerekeza mu bice bitandukanye aho bagiye gukomereza inshingano zabo zo kubungabunga umutekano.

Source: Makuruki.rw

2016-06-01
Editorial

IZINDI NKURU

U.S.A: Perezida Donald Trump ari mu mazi abira arashinjwa ubushinyaguzi

U.S.A: Perezida Donald Trump ari mu mazi abira arashinjwa ubushinyaguzi

Editorial 19 Oct 2017
Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Perezida Emmanuel Macron yabaze Tshisededi nta kinya.

Editorial 06 Mar 2023
Nyagatare: Habyarimana akurikiranyweho gushaka guha ruswa umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Tabagwe

Nyagatare: Habyarimana akurikiranyweho gushaka guha ruswa umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Tabagwe

Editorial 23 Mar 2016
u Rwanda rwateye utwatsi ibyatangajwe na Panama Papers kuri  Brig Gen. Ndahiro na Hatari Sekoko

u Rwanda rwateye utwatsi ibyatangajwe na Panama Papers kuri Brig Gen. Ndahiro na Hatari Sekoko

Editorial 11 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga
Uncategorized

Miss Igisabo nanone yanze kwambara utwenda tw’imbere twonyine imbere y’imbaga

Editorial 19 Oct 2017
Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe
IMIKINO

Umunyarwanda uzahiga abandi muri ‘Tour du Rwanda’ yashyiriweho igihembo kidasanzwe

Editorial 10 Nov 2017
Inkuru yabaye impamo, umunyacyaha Cassien Ntamuhanga watorotse gereza mu Rwanda yafatiwe i Maputo
Amakuru

Inkuru yabaye impamo, umunyacyaha Cassien Ntamuhanga watorotse gereza mu Rwanda yafatiwe i Maputo

Editorial 28 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru