• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Abanyeshuri 855 basobanuriwe ububi bw’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 19 Feb 2016 Mu Mahanga

​Ku itariki 17 Gashyantare, Polisi y’u Rwanda mu turere twa Ruhango na Nyabihu yagiranye ibiganiro n’abanyeshuri 855 bo mu bigo bibiri byo muri utu turere ibabwira ubwoko bw’ibiyobyabwenge, ingaruka mbi zabyo, uburyo babyirinda, n’uruhare rwabo mu kubirwanya.

Mu karere ka Ruhango higishijwe abanyeshuri 217 bo mu Rwunge rw’amashuri rwa Nyamagana ruherereye mu murenge wa Ruhango, bakaba barigishijwe na Inspector of Police (IP) Angélique Abijuru, naho mu karere ka Nyabihu hakaba harahuguwe 638 bo muri Collège Adventiste de Rwankeri, ibarizwa mu murenge wa Mukamira, bakaba bo barahawe ubwo bumenyi na Assistant Inspector of Police (AIP) Marie Rose Uwizera.

Aba bombi bashinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage ndetse n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano muri utu turere twombi.

Uretse abo banyeshuri, ibyo biganiro byitabiriwe kandi n’abayobozi ndetse n’abarezi babo.

IP Abijuru yabwiye abo mu Rwunge rw’amashuri rwa Nyamagana ko, urumogi kimwe n’ibindi biyobyabwenge bishobora gutuma bishora mu ngeso mbi nk’ubusambanyi bukurikirwa n’ingaruka mbi zirimo gutwara inda zitateganyijwe, cyangwa kwandura zimwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Yababwiye ati:”Muri kwiga kugira ngo ubwanyu muzibesheho neza, mubesheho neza imiryango yanyu, kandi mugire uruhare mu iterambere ry’igihugu. Nta munywi w’ibiyobyabwenge ushobora kugera kuri iyo ntego. Mukwiye rero kubyirinda, ndetse n’ikindi kintu cyose gishobora kwangiza ahazaza hanyu”.

AIP Uwizera yabwiye abo muri Collège Adventiste de Rwankeri ko ibiyobyabwenge bitera uwabinyoye gukora ibyaha nko gusambanya abana, gukubita no gukomeretsa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina, no gufata ku ngufu.

Yagize ati :”Ibyo bikorwa byabo, uretse kuba ari ibyaha, bibangamira ituze ry’abantu muri rusange. Ni yo mpamvu buri wese akwiye kutabinywa, kutabicuruza, no kutabitunda, kandi agatanga amakuru ku gihe y’ababikora.”

Ushinzwe amasomo muri Collège Adventiste de Rwankeri, Mutabazi Jean Paul, yashimye Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyabihu ku nama yagiriye abo banyeshuri abereye umwe mu bayobozi, maze abasaba kuzikurikiza.

Abo mu Rwunge rw’amashuri rwa Nyamagana bashyizeho ihuriro ryo kurwanya ibyaha (Anti–crime club), naho abo muri Collège Adventiste de Rwankeri bashyiraho Komite nshya y’iyabo.

Aba banyeshuri b’ibi bigo byombi bakanguriwe kandi kwirinda maraliya, ibi bakabikora baryama buri gihe mu nzitiramubu iteye umuti, gutema ibihuru biri hafi y’inzu, gutera mu nzu imiti yagenewe kwica imibu, no kwirinda ibidendezi by’amazi hafi y’aho batuye kuko bishobora kororokeramo imibu.

RNP

2016-02-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abagabo babiri bagenzura imyitwarire y’abamotari batawe muri yombi bazira  kwaka ruswa

Abagabo babiri bagenzura imyitwarire y’abamotari batawe muri yombi bazira kwaka ruswa

Ubwanditsi 04 Aug 2016
Joseph Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere wifuza intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada

Joseph Hakizimana, Umunyarwanda wa mbere wifuza intebe mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada

Ubwanditsi 12 Sep 2019
Umukongomani Nyamuhombeza, indashima  isebya u Rwanda rwamuhaye byose ubwo yari  mu nkambi mu Rwanda.

Umukongomani Nyamuhombeza, indashima isebya u Rwanda rwamuhaye byose ubwo yari mu nkambi mu Rwanda.

Ubwanditsi 08 Nov 2023
Kaminuza yigenga ya Kigali ULK irakataje mu gutanga ubumenyi

Kaminuza yigenga ya Kigali ULK irakataje mu gutanga ubumenyi

Ubwanditsi 11 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Londres : Tshisekedi yeruriye abanyecongo ko nta na santimetero igihugu cye kizatakaza.
POLITIKI

Londres : Tshisekedi yeruriye abanyecongo ko nta na santimetero igihugu cye kizatakaza.

Ubwanditsi 20 Jan 2020
Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger
Amakuru

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Ubwanditsi 04 Aug 2023
Loni yasabye ko amasezerano y’amahoro mu Burundi yasinywa mbere ya 2020
INKURU NYAMUKURU

Loni yasabye ko amasezerano y’amahoro mu Burundi yasinywa mbere ya 2020

Ubwanditsi 23 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru